• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

Ubwanditsi 15 Jan 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Intebe aravuga ko Abanyarwanda bashima Imana ku byo yabagejejeho mu mwaka wa 2015, by’umwihariko bagashima uburyo bayobowe neza na Perezida Kagame.

Anastaze Murekezi aravuga ko umwaka wa 2015, urangiye Perezida Paul Kagame ari we rwego rwakunzwe n’abaturage cyane, ibi bikagaragazwa ngo n’uburyo referundumu yatowe kuri 98.3%.

Ibi yabivuze mu masengesho ngarukamwaka yo gusabira igihugu umugisha (National Prayer Breakfast) yabaye kuri iki cyumweru afite insanganyamatsiko igira iti “gushimangira umurage w’ubudashyikirwa mu miyoborere myiza.”

Minisitiri w’intebe Murekezi wari uhagarariye Perezida Kagame, yavuze ko Abanyarwanda bashima mu buryo bukomeye uko Imana yabafashije mu mwaka wa 2015, ukaba wararangiye u Rwanda ruri mu bihugu ntangarugero ku isi.

Uyu muyobozi wa guverinoma yabwiye imbaga yitabiriye aya masengesho ko uyu mwaka urangiye, Abanyarwanda bakoze igikorwa gikomeye kirimo no kuba barahinduye itegeko nshinga, bakemerera Perezida Kagame kuzongera kwiyamamaza muri 2017.

Mu kwerekana uko Perezida Kagame yaje imbere y’izindi nzego gukundwa cyane, yavuze ko yashingiye ku byegeranyo bitandukanye.

Yagize ati “Raporo y’ikigo cy’imiyoborere (RGB) ku ishusho y’imiyoborere n’uburyo iberereye abaturage, yagaraje ko muri rusange ugereranyije 2014 na 2015, abaturage bishimira serivise bahabwa n’inzego zibanze kuko byiyongereyo 11.5%, byavuye kuri 59.6% bigera kuri 71.1%.”

Yunzemo ati “Abaturage bishimiye imirimo ikorwa n’inzego za gisirikare na polisi ku rugero rwa 98%, naho Polisi bikaba 97%.”

Yakomeje agira ati “Kuri Perezida Kagame ho ni agahebuzo kuko Abanyarwanda hafi ya bose bamufitiye icyizere kuruta izindi nzego zose, murabizi na we ubwe burya ni urwego, ibi birashimangirwa n’umubare munini cyane w’abaturage bangana na 98.3% batoye yego muri referendumu yabaye mu Kuboza 2015.”

Murekezi yagaragaje kandi ibyo Imana yafashijemo u Rwanda

Minisitiri w’intebe kandi yongeye kugaragaza ko uretse kuba Abanyarwanda bafitiye icyizere abayobozi babo, ku rwego rw’isi naho umwaka 2015 warangiye u Rwanda ruri mu bihugu ntangarugero.

Agira ati “Icyegeranyo cya banki y’isi cyo Mukuboza 2015, cyagaragaje ko Umujyi wa Kigali uri mu mijyi 6 ya mbere ku isi ifite iterambere rirambye, ku rwego rw’Afurika raporo ya global competiveness yo mu Kwakira 2015 yashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu byerekeye guverinoma zikora neza muri Afurika, Raporo ya banki y’isi yo mu kwakira 2015, ku korohereza abashoramari yashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya Afurika.”

-1741.jpg

Anastase Murekezi Minisitiri w’Intebe

Mu bindi uyu muyobozi wa guverinoma avuga ko u Rwanda rushimira Imana, birimo ko raporo ya global competitiveness yo mu Gushyingo 2015, yashize u Rwanda muri Afurika ku mwanya wa mbere aho abagore bishimira kuba bameze neza, no ku mwanya wa 6 ku isi.

Muri rusange Abanyarwanda bakaba basabwa gukomeza no kurinda ibyo bamaze kugeraho, ku buryo ngo mu mwaka wa 2016 bakomeza kwiragiza Imana ngo ibafashe mu iterambere bifuza kugeraho.

Mu masengesho ngarukamwaka yo gusabira igihugu umugisha, abayobozi b’igihugu baboneraho umwanya wo guhura bakibukiranya inshingano zabo ari nako basaba Imana ngo ibafashe mu kazi kabo, iy’uyu mwaka ikaba yaranitabiriwemo n’inshuti z’u Rwanda ziturutse mu bihugu 10 hirya no hino ku isi.

Umwanditsi wacu

2016-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Ubwanditsi 25 Jun 2022
Hakomeje kwibazwa aho ADF iri gukura ingufu zo gusebya Monusco na FARDC ku rugamba

Hakomeje kwibazwa aho ADF iri gukura ingufu zo gusebya Monusco na FARDC ku rugamba

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Ubwanditsi 11 Oct 2016
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye muri Village Urugwiro ku wa gatanu tariki ya 03/02/2017

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye muri Village Urugwiro ku wa gatanu tariki ya 03/02/2017

Ubwanditsi 06 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hafashwe ngamba zikaze  ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu
Mu Rwanda

Hafashwe ngamba zikaze ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Ubwanditsi 22 Aug 2017
ULK yahigitse izindi Kaminuza zigisha Amategeko ‘ International Humanitarian Law national Moot Court ‘
Mu Mahanga

ULK yahigitse izindi Kaminuza zigisha Amategeko ‘ International Humanitarian Law national Moot Court ‘

Ubwanditsi 15 Oct 2016
AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu
IMIKINO

AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu

Ubwanditsi 12 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru