• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

Ubwanditsi 15 Jan 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Intebe aravuga ko Abanyarwanda bashima Imana ku byo yabagejejeho mu mwaka wa 2015, by’umwihariko bagashima uburyo bayobowe neza na Perezida Kagame.

Anastaze Murekezi aravuga ko umwaka wa 2015, urangiye Perezida Paul Kagame ari we rwego rwakunzwe n’abaturage cyane, ibi bikagaragazwa ngo n’uburyo referundumu yatowe kuri 98.3%.

Ibi yabivuze mu masengesho ngarukamwaka yo gusabira igihugu umugisha (National Prayer Breakfast) yabaye kuri iki cyumweru afite insanganyamatsiko igira iti “gushimangira umurage w’ubudashyikirwa mu miyoborere myiza.”

Minisitiri w’intebe Murekezi wari uhagarariye Perezida Kagame, yavuze ko Abanyarwanda bashima mu buryo bukomeye uko Imana yabafashije mu mwaka wa 2015, ukaba wararangiye u Rwanda ruri mu bihugu ntangarugero ku isi.

Uyu muyobozi wa guverinoma yabwiye imbaga yitabiriye aya masengesho ko uyu mwaka urangiye, Abanyarwanda bakoze igikorwa gikomeye kirimo no kuba barahinduye itegeko nshinga, bakemerera Perezida Kagame kuzongera kwiyamamaza muri 2017.

Mu kwerekana uko Perezida Kagame yaje imbere y’izindi nzego gukundwa cyane, yavuze ko yashingiye ku byegeranyo bitandukanye.

Yagize ati “Raporo y’ikigo cy’imiyoborere (RGB) ku ishusho y’imiyoborere n’uburyo iberereye abaturage, yagaraje ko muri rusange ugereranyije 2014 na 2015, abaturage bishimira serivise bahabwa n’inzego zibanze kuko byiyongereyo 11.5%, byavuye kuri 59.6% bigera kuri 71.1%.”

Yunzemo ati “Abaturage bishimiye imirimo ikorwa n’inzego za gisirikare na polisi ku rugero rwa 98%, naho Polisi bikaba 97%.”

Yakomeje agira ati “Kuri Perezida Kagame ho ni agahebuzo kuko Abanyarwanda hafi ya bose bamufitiye icyizere kuruta izindi nzego zose, murabizi na we ubwe burya ni urwego, ibi birashimangirwa n’umubare munini cyane w’abaturage bangana na 98.3% batoye yego muri referendumu yabaye mu Kuboza 2015.”

Murekezi yagaragaje kandi ibyo Imana yafashijemo u Rwanda

Minisitiri w’intebe kandi yongeye kugaragaza ko uretse kuba Abanyarwanda bafitiye icyizere abayobozi babo, ku rwego rw’isi naho umwaka 2015 warangiye u Rwanda ruri mu bihugu ntangarugero.

Agira ati “Icyegeranyo cya banki y’isi cyo Mukuboza 2015, cyagaragaje ko Umujyi wa Kigali uri mu mijyi 6 ya mbere ku isi ifite iterambere rirambye, ku rwego rw’Afurika raporo ya global competiveness yo mu Kwakira 2015 yashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu byerekeye guverinoma zikora neza muri Afurika, Raporo ya banki y’isi yo mu kwakira 2015, ku korohereza abashoramari yashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya Afurika.”

-1741.jpg

Anastase Murekezi Minisitiri w’Intebe

Mu bindi uyu muyobozi wa guverinoma avuga ko u Rwanda rushimira Imana, birimo ko raporo ya global competitiveness yo mu Gushyingo 2015, yashize u Rwanda muri Afurika ku mwanya wa mbere aho abagore bishimira kuba bameze neza, no ku mwanya wa 6 ku isi.

Muri rusange Abanyarwanda bakaba basabwa gukomeza no kurinda ibyo bamaze kugeraho, ku buryo ngo mu mwaka wa 2016 bakomeza kwiragiza Imana ngo ibafashe mu iterambere bifuza kugeraho.

Mu masengesho ngarukamwaka yo gusabira igihugu umugisha, abayobozi b’igihugu baboneraho umwanya wo guhura bakibukiranya inshingano zabo ari nako basaba Imana ngo ibafashe mu kazi kabo, iy’uyu mwaka ikaba yaranitabiriwemo n’inshuti z’u Rwanda ziturutse mu bihugu 10 hirya no hino ku isi.

Umwanditsi wacu

2016-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ubwanditsi 04 May 2024
Jacob Zuma wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo yagejejwe imbere y’urukiko

Jacob Zuma wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize

Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize

Ubwanditsi 20 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Clare Akamanzi yasimbuye Gatare ku buyobozi bwa RDB
Mu Mahanga

Clare Akamanzi yasimbuye Gatare ku buyobozi bwa RDB

Ubwanditsi 04 Feb 2017
Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR
Mu Mahanga

Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR

Ubwanditsi 09 Jan 2017
Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda
Mu Mahanga

Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda

Ubwanditsi 22 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru