• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Editorial 06 Oct 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ndagijimana Jean Marie Vianney, ni urugero nyarwo rw’umujenosideri wabanje kwiyorobeka ariko ubugome n’ubujura yari ajunditse bikanga bikamutamaza none ubu aracyasembera mu Bufaransa.

Uyu ni mwene Ntasangirwa na Ntamabyariro.  Akaba yakoreye leta ya Habyarimana yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, maze Ndagimana akaba riwe wirirwaga ashaka inkunga z’ibikoresho byo guyikoresha, doreko yari ambassaderi w’u Rwanda mu Bufaransa

Yagizwe Minisitiri w’ububanyi n’amahanga muri Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda, ariko yaje kuruhemukira ubwo yibaga amafaranga yari agenewe ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na mission y’u Rwanda muri Loni.

Nk’umuntu Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye adahari, u Rwanda rwamwibeshyeho, rumugira uhagarariye ububanyi n’amahanga,  nyamara ubugome, urwango n’amacakubiri yigishijwe na leta yakoreraga mbere, bwari bwuzuye mubwonko ndetse igihe cyari kigeze ngo abugaragaze

Amaze kugirwa Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, ubumwe bwe n’abajenosideri bari barahungiye muri Zaire (Congo-Kinshasa y’ubu) ntibwahagaze, ahubwo baramwegereye bamwumvisha uko akwiye kwitandukanya na FPR yari imaze guhagarika Jenoside no kubohora u Rwanda.

Uko ndagijimana yibye amafaranga yari agenewe Amabasade z’u Rwanda 

Kuwa 19 Ukwakira 1994 uwari Perezida w’u Rwanda Pasteur Bizimungu yajyane n’itsinda ry’Abanyarwanda muri Amerika mu Nama ya Loni bari kumwe na Ndagijimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yari agiye no gutangiza Ambasade y’u Rwanda muri Amerika, na mission muri Loni. 

Yari yahawe Amadolari ya Amerika $187,000 yo gutangiza izi Ambasade zombi ari na yo yaje kwibana ubugegera buteye isoni.  

Igihe cyo gukoresha ya mafaranga kigeze, Ndagijimana yagombaga guha aya mafaranga Abambasaderi maze Ndagijimana asohotse mu cyumba cy’inama barimo muri hoteli, avuga ko agiye kuyazana mu cyumba yari yarayemo.

Aho gusubira muri cya cyumba cy’inama ngo ayashyikirize bene yo, yasohotse muri hoteli akandagiza imitwe y’amano, anyonyomba bujangwe ngo badatahura ko agiye.

Yageze hanze ya hoteli afumyamo yiruka taritari, ivumbi ribudika ikirere cy’i New York. Abo yari asize muri cya cyumba cyarimo itsinda ry’abayobozi b’u Rwanda barategereza baraheba.

Polisi ya New York yaje gutahura ko yatorotse anyuze ku Kibuga cy’Indege cya ‘John F. Kennedy International Airport’ ajya mu Bufaransa.

Nguko uko igisambo Ndagijimana Jean Marie Vianney cyatangiye gukeracyera mubuhungiro. 

Uko ubujura bwivanze n’ubuterahamwe.

Nkuko byavuzwe haruguru, Ndagimana niwe warushinzwe gushakira inkunga interahamwe mu bihugu by’I buraya, bisobanuye ko ubuterahamwe bwari muri we kuva cyera. 

Akimara kwiba amafaranga rero yatangije imiryango itandukanye igamije gukwirakwiza ingengabitekerezo ya genocide ndetse no kubiba amacakubiri mubanyarwanda baba mumahanga ari nako akoresha iyo miryango atekera umutwe abanyamahanga akabakuramo akayabo ko gutera inkunga benewabo bari mu mashyamba ya DRC.

Yakomeje gufatanya n’abo bicanyi basize bahekuye u Rwanda ngo barebeko bakongera kurushora mu macakubiri ariko byarabananiye. 

Ndagijimana yahisemo gukomeza kwifatanya n’andi matsinda y’inkorabusa zokamwe n’ingengabitekerezo y’ubugome ndentse n’urwango babibwemo ingoma yateguye ikanashyira mubikorwa genocide yakorewe abatutsi.

Nkuko umuhanga yabivuze, icyiciro cya nyuma cya genoside ni ukuyihakana no kugereka ibyaha kubayikorewe. Bikavugwa bigakwirakwizwa bikigishwa muburyo bumwe nkubwo kuyitegura. Rero ntawatinya kuvuga ko Ndagijimana Jean Marie Vianney nawe ari umujenosideri  mubandi, ndetse ninakabuhariwe kuko ari mubategura bakanashyiramubikorwa icyiciro cya nyuma cyo kuyihakana, kuyipfobya ndetse no gukwirakwiza ingengabitekerezo yayo. 

Aherutse gukwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga ibyo yise gahunda yo kwibuka jenoside yakorewe abahutu, agamije kuyobya amahanga ndetse n’abanyarwanda b’urubyiruko ko habaye jenoside ebyiri.

Uyu mugabo byose abiterwa nuko yananiwe kwakira intsinzwi ya sebuja Habyarimana na guverinoma ye, none aracyasaza imigeri ko habayeho jenoside ebyiri.  Ibi kandi abivanga n’ubujura bwo kwiba amafaranga abo yita abgizweho ingaruka niyo Jenoside mpimbano abemeza ko azabavuganira ikemerwa. 

Nguko uko bigenda iyo ubujura bwivanze n’ubujenosideri, uwo byombi bihuriyemo ahinduka inyangabirama.  Ndagijimana rero n’agatsiko k’interahamwe bakwiye kwiyakira kuko ikibi cyaratsinzwe, nta Jenoside izongera kuba mu Rwanda ndetse n’ingengabitekerezo yayo izatsindwa ruhenu. 

2022-10-06
Editorial

IZINDI NKURU

Kayumba Nyamwasa arabazwa Ben Rutabana aho kuvuga uruhare rwe akigira umuvugizi wa Uganda

Kayumba Nyamwasa arabazwa Ben Rutabana aho kuvuga uruhare rwe akigira umuvugizi wa Uganda

Editorial 03 Jul 2020
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Editorial 11 Sep 2024
Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.

Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.

Editorial 21 Apr 2021
Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Editorial 14 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UK :  RNC mu nama yo kuburizamo kandidature ya Mushikiwabo
INKURU NYAMUKURU

UK : RNC mu nama yo kuburizamo kandidature ya Mushikiwabo

Editorial 08 Oct 2018
Rayon Sports yanganyije  na Gor Mahia mu mukino w’amateka
IMIKINO

Rayon Sports yanganyije na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Editorial 07 May 2018
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa
Amakuru

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Editorial 10 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru