• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Uganda : Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Ubwanditsi 08 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

 

Hon. John Baptist Nambeshe nyuma yo gutanga impano ku bitaro bya Bududa

Umudepite wa NRM muri Uganda nawe yahisemo gutangaho impano mu bitaro, amafaranga yahawe na bagenzi be muri gahunda yo guhidura itegeko nshinga.

Hon. John Baptist Nambeshe, umudepite w’umugande ubarizwa mw’ishyaka NRM rriri k’ubutegetsi yatanze impano ya miliyoni 29 z’amashilingi ya Uganda ku bitaro bya Bududa, biherereye muri ako gace ari nako ahagarariye mu nteko nshingamategeko ya Uganda.

Iyi mpano ibitaro bya Bududa byayikoresheje bigura imashini itunganywa amaraso y’abarwayi ndetse n’ibindi byuma bisuzuma (x-ray machines) .

Abadepite bereka itangazamakuru amafaranga banze

Ibi kandi biri kuba nyuma yaho Abadepite batavuga rumwe na leta ya Uganda banze ako kayabo ka miliyoni 29 z’amashilingi bahawe ngo bige ku guhindura ingingo y’Itegeko Nshinga igena imyaka perezida w’icyo gihugu agomba kuba atarengeje.

Abanze ayo mafaranga uko ari umunani bagiye mu kiganiro n’abanyamakuru mu mujyi wa Kampala bitwaje ibikapu bitukura byuzuye izo noti, basobanura ko banze gukora igikorwa kinyuranyije n’umutimanama wabo. Abo ni depite Ibrahim Ssemujju, Muwanga Kivumbi, William Nzoghu, Angelina Osege, Robinah Ssentongo, Ana Adeke, Betty Aol na Moses Kasibante. Bose basaba bagenzi babo bo mu ishyaka rya NRM n’andi atavuga rumwe na leta gusubiza ayo mafaranga kuko azabatera kubogama.

Ubusabane ku mafaranga yo guhindura Itegeko nshinga mu gace ka Namutunda

 

 

 

Umudepite uhagarariya agace ka Namutunda we yahisemo kuyafata maze ajya mu baturage ahagarariye arasengera karahava. Bamwe mu baturage bari mu muhango wo “kwiyakira” bagaragaye mu byishimo nyuma yaho intumwa yabo abasengereye “pillawo”, umuceri n’inyama abayisilamu bamenyereweho gutaka iyo barangije igisibo.

 

Ibaruwa Hon Gerald Karuhanga yandikiya banki asaba gusubiza miliyoni 29 z’amagande

Uyu munsi Taliki ya 8 Ugushyingo, Hon Gerald Karuhanga, uhagarariye Ntungamo yandikiye banki ye asaba ko akayabo ka miliyoni 29 z’amashilingi yahawe yasubizwa aho yavuye, yongeraho ko atayakeneye azajya akoresha ayo yizigamiye ariko mu bikorwa biteza imbere agace ahagarariye.

 

 

 

 

 

 

Abayoboke ba NRM batera akavuyo ubyo bari bimwe amafaranga basezeranijwe”

Muri week end ishize, umudepite witwa Hajj Abdul Nadduli yari ahitanywe n’abayoboke ba NRM mu duce twa Buvuma, Mukono, Buikwe na Kayunga nyuma yo kubizeza amafaranga ngo bitabire ntiyayabaha. Kubera uburakari bwinshi, abari bitabiriye bafashe ibikoresho byari aho byose bashaka kubitwika ariko ku bw’amahirwe polisi iratabara.

Guhindura ingingo ivuga ku myaka bikomeje kwamaganwa bikomeye n’abatavuga rumwe na leta, abanyamadini, abanyamategeko na sosiyete sivile. Si abarwanya leta gusa kuko no muri NRM umwuka atari mwiza kuko hari abadepite bahitamo kuryumaho bakayafata ariko ntacyo mu byukuri bazakora.

2017-11-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu karere ka Gisagara, amabandi yitwaje intwaro yateye abaturage anakomeretsa Gitifu

Mu karere ka Gisagara, amabandi yitwaje intwaro yateye abaturage anakomeretsa Gitifu

Ubwanditsi 11 Jul 2018
“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

RUSHYASHYA 02 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi
INKURU NYAMUKURU

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Bishop Rugagi, Apotre Rwandamura, Rev Ntambara na bagenzi babo baracyakurikiranwa  n’ubwo babaye barekuwe n’Ubushinjacyaha
Mu Rwanda

Bishop Rugagi, Apotre Rwandamura, Rev Ntambara na bagenzi babo baracyakurikiranwa n’ubwo babaye barekuwe n’Ubushinjacyaha

Ubwanditsi 16 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru