• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Murukiko rwa Gisilikare Brig.Gen. Rusagara yagaramye ibyo ashinjwa n’abatangabuhamya

Murukiko rwa Gisilikare Brig.Gen. Rusagara yagaramye ibyo ashinjwa n’abatangabuhamya

Editorial 09 Jan 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatatu m’Urukiko rukuru rwa gisilikare rukorera i Kanombe hakomeje urubanza Ubushinjacyaha bwa gisirikare buregamo Brig. Gen (Rtd) Frank Rusagara, Col Tom Byabagamba na Rtd Sgt Francois Kabayiza.

K’umunsi w’ejo kuwa Kabiri, Rusagara yatangiye kwiregura ku nyandikomvugo zakoreshejwe z’abatangabuhamya bamushinja.

Gen. Rusagara yahereye ku nyandikomvugo zakoreshejwe Rtd Capt. David Kabuye, umunsi urangira yireguye no ku zakoreshejwe Col Jill Rutaremara na Gen. Maj. Richard Rutatina.

Mu byaha Kabuye ashinja Rusagara harimo icyo kwamamaza ibihuha yangisha abaturage ubutegetsi buriho, hashingiwe ku magambo yakoreshaga Ubushinjacyaha bufata nk’akangurira abo yabwiraga, kutayoboka ubutegetsi buriho. Ibyo biganiro ngo yabigiranaga n’abasirikare bakuru, umuto ari ufite ipeti rya Colonel.

Rusagara kandi yashinjijwe kuba yaravugiye ku Mukuru w’Igihugu ati “our guy is finished”. Umushinjacyaha ati “kuvuga ngo Umukuru w’igihugu yararangiye ni nko kuvuga ko nta n’ikindi mu gihugu kiba kikiriho.”

Umushinjacyaha yakomeje avuga ko Rusagara yashimagizaga abarwanya leta bazwi nka RNC avuga ko bari kugenda bongera imbaraga. Yakomeje avuga ati “mutekereze Jenerali ashimagiza umwanzi, abibwira abasirikare bakuru.”

Umushinjacyaha kandi yavuze ko Rusagara yahuzaga abasirikare akabangisha ubutegetsi kugeza ubwo yabivugiye no mu nama y’ubukwe mu kabari, kimwe n’abandi basirikare bakuru abaha “ivanjili y’umwanzi.”

Yagize ati “Abajenerali na ba Colonel batanu iyo ibyo bintu babyemera bakabibwira ingabo zabo, murumva intugunda byari gutera mu gihugu?”

Rusagara yabigaramye

Rusagara yabanje kugaruka ku buryo yafashwemo nyuma yo guhamagarwa mu biro no kwihanangirizwa na Gen. Jack Nziza wamubwiye ko ari kwitwara nabi, nyuma yo kubwirana byinshi, Gen. Nziza amubwira ko azabona uwo ari we (You will see who I am).

Captain Kabuye yakoreshejwe inyandikomvugo eshatu; Iya mbere yiyandikiye n’intoki ku wa 19 Kanama 2014 avugamo ko atigeze yumva Rusagara anenga Umukuru w’Igihugu.

Mu zindi zakurikiye yakoze afunze, Kabuye yemeje ko kuri Tennis Club Nyarutarama, ‘Rusagara yanengaga politiki y’u Rwanda, avuga ko Umukuru w’Igihugu ategekesha igitugu, gahunda ya Ndi umunyarwanda yizwe nabi, u Rwanda rwashyizeho ikigega Agaciro ngo hakatwe imishahara y’abakozi nyuma yo guhagarikirwa inkunga…’

Kabuye ngo yavuze ko ibyo bintu atigeze abimenyesha mbere ubuyobozi bubishinzwe ndetse anabisabira imbabazi.

Rusagara yahakanye ko yanenze Ikigega Agaciro kandi ubwe yaragitanzemo miliyoni eshatu, kimwe no kuvuga ko gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ yizwe nabi kandi ngo yarayikozemo, akabihemberwa, akabyishimira ndetse akabiherwa Impamyabushobozi.

-1652.jpg

Gen. Rusagara n’abamushinja

-1659.jpg

Gen.Rusagara yururuka mu modoka itwara imfungwa

-1658.jpg

Gen. Rusagara ajya inama na Col. Tom Byabagamba

Me Buhuru wunganira Gen. Rusagara yavuze ko Capt David Kabuye, inyandikomvugo ya mbere yayanditse yisanzuye ikaba irimo ukuri, ariko ngo izindi zakurikiyeho yazikoze afunze, avuguruza iya mbere.

Rusagara we yanasabye ko Kabuye yazazanwa mu Rukiko agasobanura uko byamugendekeye.

Umushinjacyaha yavuze ko inyandiko ya mbere Capt Kabuye yayanditse uko ashaka, bityo ngo izakurikiyeho ni zo zikwiye kuba ziganirwaho mu mategeko. Yanavuze ko uretse ibyo Kabuye yemeza, n’ubuhamya bw’ abandi babajijwe bugenda buhura n’ibyo Kabuye ashinja Rusagara.

Rusagara yababajwe n’ubuhamya bwa Col Rutaremara

Mu nyandikomvugo Col Jill Rutaremara yakoreshejwe n’Ubushinjacyaha kuwa 20 Kanama, yabajijwe niba hari ubucuti budasanzwe afitanye na Rtd Brig Gen Frank Rusagara, avuga ko nta buhari.

-1657.jpg

Rusagara mu rukiko

Uregwa we avuga ko baziranye ku bintu byinshi birimo ko yamugiriye inama ubwo yakurwaga ku buperefe mu Mutara, akamusaba kujya kwiga ndetse ngo bajyaga basurana, rimwe na rimwe Col Rutaremara akamutwara mu modoka ye.

Guhakana ko nta bucuti bafitanye byatinzweho mu mpaka, ariko Ubushinjacyaha buvuga ko ibyo Rusagara n’umwunganizi we bitwaza ko Rutaremara yahakanye ko ari inshuti ye, ari uko uwo yitaga inshuti ye magara yamuvuyemo n’ubwo yatinze bwose.

Rusagara ashinjwa gukangurira Col. Jill Rutaremara kumva Radio Itahuka ya RNC, kugeza ubwo ngo yamuhaye ‘ecouteur’ ngo ayumvire muri Ipad ye, ubwo yari yamusuye aho yabaga wenyine.

Ngo hari n’aho Rusagara yamubajije niba akiri umuvugizi wa Leta, ariko uregwa agahakana ko ntabyo yavuze cyane ko ngo atari kwibeshya ku nshingano ze, ko yabaye umuvugizi w’ingabo.

Col Rutaremara ashinja Rusagara ko yavuze ko u Rwanda ruri gusaba amafaranga yo kubaka Kigali Convention Center rutazabona aho ruyakura. Gen. Rusagara avuga ko nk’umuntu wize ‘Political Science’ na Col Jill wize ‘International relations’ batari kuganira ibintu nk’ibyo, ndetse ngo n’iyo babiganira ntibyari kuba mu buryo abiregwamo.

Col Rutaremara kandi yashinje Rusagara ko yamukanguriye gusoma igitabo cya Gahima wo muri RNC cyitwa ‘Transitional Justice in Rwanda: Accountability for Atrocity’, ariko ngo Col Jill amubwira ko umuntu yakwibwira ibirimo, ahubwo abaza impamvu atabyandikaga mbere atarahunga.

Ubushinjacyaha buvuga ko ‘ugisomye aba akangurirwa kurwanya ubutegetsi buriho.’
Ihuriro ry’ubuhamya bwa Col Jill na Gen. Rutatina
Gen Maj Richard Rutatina na we yagarutsweho ku nyandikomvugo yakoreshejwe n’Ubushinjacyaha, aho yavuze byinshi kuri Rusagara, ariko anavuga ko ibiri mu buhamya bwe ari ibyo yabwiwe na Col Rutaremara.

Col Jill yavuze ko nyuma y’uko amahanga yahagarikiye u Rwanda inkunga, Rusagara yavuze ati ‘reka bazifunge ni abashinzwe dipolomasi batabyitwaramo neza.’

Gen. Rutatina we, nk’uko byasomwaga n’uregwa hamwe n’umwunganizi we, hari aho avuga ko Col Rutaremara yamubwiye ko abazungu guhagarika inkunga bahaga u Rwanda ‘byanejeje’ Brig. Gen Rusagara, avuga ko ari imbaraga za politiki mbi.
Gusa ubwo Col Rutaremara we yabazwaga niba hari ukwishima kwabayeho kuri Rusagara, yagize ati ‘‘ntabwo navuze ngo yarishimye.’’

Me Buhuru wunganira Rusagara yavuze ko urukiko rwazasuzuma izi mvugo zombi bo bafata nk’izivuguruzanya, rukazazifataho umwanzuro. Ibyo kandi we n’uwo yunganira babihuje n’uko mu gitabo Rusagara yasabye Col Jill gusoma, mu nyandikomvugo z’aba bombi, umwe yavuze ko ari igitabo cya Charles Gahima, undi avuga Gerard Gahima.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ko Gahima buvuga ari uwabaye Umushinjacyaha mukuru, ari we Gerard.

Mu nyandikomvugo ye, Gen. Maj. Rutatina yavuze ko kuva na kera amagambo ya Rusagara arwanya guverinoma (antigovernment), ariko we avuga ko atumva uburyo umusirikare mukuru yavuga ko umuntu arwanya guverinoma kandi n’ibyinshi avuga akekeranya, asa n’utanga ibitekerezo bye.

Me Valery wunganira Col Byabagamba yavuze ko ubuhamya bwa Gen. Rutatina budakwiye guhabwa agaciro, kuko umutangabuhamya aba agomba gushingira ku byo yumvishe cyangwa yabonye, mu gihe Rutatina avuga ko we ibikubiye mu nyandikomvugo ye ari ibyo Col Jill yamubwiye ko na we yabibwiwe na Gen Rusagara.

Umwanditsi wacu

2016-01-09
Editorial

IZINDI NKURU

Umuyobozi Muri Polisi Ya Uganda Yapfiriye Mu Kabari

Umuyobozi Muri Polisi Ya Uganda Yapfiriye Mu Kabari

Editorial 18 Jul 2018
Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Editorial 18 May 2022
U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

Editorial 26 Nov 2017
Akaga k’abasirikari b’u Burundi bari muri Kongo, nk’uko kavugwa na ba nyirako

Akaga k’abasirikari b’u Burundi bari muri Kongo, nk’uko kavugwa na ba nyirako

Editorial 23 Jan 2025
Umuyobozi Muri Polisi Ya Uganda Yapfiriye Mu Kabari

Umuyobozi Muri Polisi Ya Uganda Yapfiriye Mu Kabari

Editorial 18 Jul 2018
Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Editorial 18 May 2022
U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

Editorial 26 Nov 2017
Akaga k’abasirikari b’u Burundi bari muri Kongo, nk’uko kavugwa na ba nyirako

Akaga k’abasirikari b’u Burundi bari muri Kongo, nk’uko kavugwa na ba nyirako

Editorial 23 Jan 2025
Umuyobozi Muri Polisi Ya Uganda Yapfiriye Mu Kabari

Umuyobozi Muri Polisi Ya Uganda Yapfiriye Mu Kabari

Editorial 18 Jul 2018
Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Editorial 18 May 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru