• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ikipe izakina na APR FC yihaye imihigo yo gutsinda igakora amateka

Ikipe izakina na APR FC yihaye imihigo yo gutsinda igakora amateka

Ubwanditsi 11 Feb 2016 IMIKINO

Umuyobozi w’ikipe ya Mbabane Swallows yitegura kwakira APR FC mu mukino ubanza w’ijonjora ribanza rya Orange CAF Champions League, yatangaje ko bafite ikizere cyo kwitwara neza muri uyu mukino ndetse ahamagarira abakunzi b’iyi kipe kuzitabira umukino ari benshi.

-2058.jpg

Mbabane Swallows izakira APR FC ni ku Cyumweru tariki ya 14 Gashyantare 2016, kuri Somhlolo National Stadium mu gihe ikipe ya APR FC yaraye ihagurukanye abakinnyi 18 yerekeza muri Swaziland.

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru ryo muri Swaziland kuri uyu wa Gatatu, Sibusiso Manana, umuyobozi wa Mbabane Swallows yavuze ko asanga ikipe ye itazatenguha abafana.

“Imyiteguro irakomeje kandi ndahamya ko tuzaba tubiteguye neza ku Cyumweru. Ntabwo ari umukino usanzwe, ni yo mpamvu natwe twiteguye bikomeye. Dufite intego yo kuba twakomeza, turaharanira ishema ry’igihugu, tuzamura ibendera ryacyo. Ntabwo tuzaba dukina nka Mbabane Swallows ahubwo nk’igihugu cya Swaziland kuko tuzi icyo bisobanuye.”

Sibusiso Manana akaba yakomeje asaba abafana batandukanye bo muri Swaziland kuzaza gushyigikira ikipe yabo kuko ngo bizeye intsinzi.

Amateka ya Mbabane Swallows muri iri rushanwa:

Mbabane Swallows ni ikipe yashinzwe mu 1948, bivuze ko imaze imyaka 68. Ikaba igiye gukina CAF Champions League ku nshuro ya 4 yikurikiranya, iya 6 mu myaka 10 ishize, ariko ntirarenga ijonjora ribanza.

Mu nshuro ebyiri zibanza yakuwemo n’amakipe yo muri Afurika y’Epfo; Orlando Pirates (2006), Supersport United (2009) mu gihe mu nshuro eshatu ziheruka yagiye ikurwamo n’amakipe yo muri Zambia; Zanaco (2013), Nkana (2014), na Zesco United (2015). Aha, hose habaga ari mu ijonjora ribanza.

Abasifuzi b’uyu mukino:

Uyu mukino wa Mbabane Swallows na APR FC uzayoborwa n’abasufuzi batatu bo muri Zimbabwe: Norman MATEMERA, Salani NCUBE na Edgar RUMECK.

Umutoza w’ikipe ya APR FC, Rubona Emmanuel yamaze gushyira hanze urutonde rw’abakinnyi 18 arahagurukana nabo kuri uyu wa gatatu bakerekeza mu gihugu cya Swaziland, gukina umukino ubanza na Mbabane Swallows.
-2059.jpg
Ni mu irushanwa rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo, Orange CAF Champions League muri 2016, riratangira kuri uyu wa gatanu, mu mikino y’amajonjora.
Abakinnyi 18, umutoza Rubona azifashisha:

Abazamu:

1 . Ndoli Jean Claude
2. Kwizera Olivier

Abakina inyuma:

3. Rusheshangoga Michel
4. Ngabo Albert
5. Rutanga Eric
6. Bayisenge Emery
7.nshutinamagara Ismaeil
8. Usengimana Faustin
9. Rwatubyaye Abdul

Abakina Hagati:

10. Mukunzi Yannick
11. Ntamuhanga Tumaine
12. Butera Andrew
13. Bizimana Djihad
14. Benedata Janvier
15. Iranzi J Claude
16. Sibomana Patrick

Ba Rutahizamu:

17. Ndahinduka Michel
18. Mubumbyi Bernabeu
Umutoza mukuru: Rubona Emmanuel

Umutoza Wungirije: Bizimana Didier
Umutoza w’Abazamu: Mugabo Alex

Kalisa Adolphe bita Camarade, akaba ari we uyoboye iyi delegatiyo y’aba bakinnyi ba APR FC bazakina uyu mukino na Mbabane Swallows kuri iki cyumweru.

Ikipe ya Mbabane Swallows irahura na APR FC mu mukino ubanza wa Champions League, Rubona Emmanuel avuga ko nta makuru menshi ayifiteho, buretse amashusho macye yabashije kubona kuri Youtube ikina.

Ku rundi ruhande, umuyobozi wa Mbabane Swallows, yatangarije ikinyamakuru Swazi Observer, ku ikipe ya APR FC ifite abakinnyi 15 b’abanyamahanga igenderaho, mu gihe iyi kipe imaze imyaka 4 nta mukinnyi igikoresha w’umunyamahanga.

M.Fils

2016-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunya – Eritrea, Merhawi Kudus, niwe wegukanye Tour du Rwanda 2019

Umunya – Eritrea, Merhawi Kudus, niwe wegukanye Tour du Rwanda 2019

Ubwanditsi 03 Mar 2019
Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Ubwanditsi 06 Sep 2023
APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

Ubwanditsi 20 May 2021
CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi
ITOHOZA

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Ubwanditsi 21 Mar 2017
Uganda: Minisitiri W’umutekano, Gen. Tumwiine Aravugwaho Kwigarurira Ku Ngufu Ubutaka Bw’abaturage
POLITIKI

Uganda: Minisitiri W’umutekano, Gen. Tumwiine Aravugwaho Kwigarurira Ku Ngufu Ubutaka Bw’abaturage

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Diamond yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru avuga kuri Shaddyboo n’indirimbo yakoranye na Meddy
HIRYA NO HINO

Diamond yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru avuga kuri Shaddyboo n’indirimbo yakoranye na Meddy

Ubwanditsi 16 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru