• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uwahoze ari Meya wa Rutsiro yatawe muri yombi

Uwahoze ari Meya wa Rutsiro yatawe muri yombi

Editorial 03 Mar 2016 Mu Mahanga

Byukusenge Gaspard,wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro yatawe muri yombi na Polisi acyekwaho ibyaha byo kwigwizaho umutungo wa Leta no kwaka ruswa.

Byukusenge Gaspard yatawe muri yombi, ubu afungiye mu Mujyi wa Kigali.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Celestin Twahirwa yatangaje ko urwego rw’Umuvunyi ari rwo rukurikiranye Byukusenge.

Mu magambo make yagize ati “Polisi ni yo ifunga, ariko Urwego rw’Umuvunyi nirwo rumukurikiranye.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Umuvunyi, Nkurunziza Jean Pierre, yatangaje ko Byukusenge yatawe muri yombi tariki ya 2 Werurwe 2016. Ubu ari mu maboko y’ubugenzacyaha, iminsi itanu nishira azashyikirizwa ubushinjacyaha.

Yagize ati “Yatawe muri yombi ku wa kabiri, yaje i Kigali aje kwitaba Urwego rw’Umuvunyi ahita atabwa muri yombi. Akurikiranweho icyaha cyo kwaka ruswa umushoramari wagombaga kubaka ‘Guest house’ ya Rutsiro hamwe no kwigwizaho umutungo.”

Icyaha cyo kwigwizaho umutungo kiramutse kimuhamye yahanishwa ingingo ya 636 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda.

Iyo ngingo iteganya ko “umukozi wa Leta cyangwa undi muntu wese wigwizaho umutungo adashobora kugaragaza aho yawukomoye binyuze mu kuri kandi byemewe n’amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri kugeza ku myaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku nshuro ebyiri kugeza ku nshuro 10 z’agaciro k’umutungo adashobora kugaragaza aho yawukomoye mu buryo bwemewe n’amategeko.

Icyaha cyo kwaka ruswa kimuhamye yahanishwa ingingo ya 634 mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda igira iti ‘Umuntu wese usaba, ku buryo bweruye cyangwa buteruye, wakira, ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, impano cyangwa indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa wemera amasezerano yabyo kugira ngo abone kugira icyo akora kiri mu nshingano ze cyangwa yifashishije imirimo ye, ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri (2) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro k’indonke yatswe.

-83.png

Byukusenge Gaspard

Uwahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro atawe muri yombi nyuma y’uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Karere, Murenzi Thomas watawe muri yombi mu Ugushyingo 2015, akaba yareguye ku mirimo ye tariki ya 6 Mutarama 2016 ari muri gereza.

Umwanditsi wacu

2016-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

Kicukiro:  Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Kicukiro: Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Editorial 27 Oct 2016
Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Editorial 13 Aug 2021
Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Editorial 19 Jun 2018
Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Editorial 16 Jun 2016
Kicukiro:  Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Kicukiro: Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Editorial 27 Oct 2016
Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Editorial 13 Aug 2021
Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Editorial 19 Jun 2018
Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Editorial 16 Jun 2016
Kicukiro:  Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Kicukiro: Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Editorial 27 Oct 2016
Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Editorial 13 Aug 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru