• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rwanda : Impamvu Perezida Kagame yagize Brig Gen. George Rwigamba umuyobozi w’amagereza

Rwanda : Impamvu Perezida Kagame yagize Brig Gen. George Rwigamba umuyobozi w’amagereza

Ubwanditsi 01 Apr 2016 Mu Mahanga

Brig Gen. George Rwigamba yasimbuye CGP Paul Rwarakabije wahoze mu ngabo zatsinwe ( FAR), akaza kugirwa Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe imfungwa n’Abagororwa( RCS), naho Mary Gahonzire wari usanzwe ari Komiseri Mukuru Wungirije asimburwa na Lt Col Chantal Ujeneza.

Ni umwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe 2016, iyobowe na Perezida Paul Kagame.

Ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya mu nzego zinyuranye Perezida Paul Kagame mu ijambo rigufi cyane yasabye abarahiriye imirimo mishya gukorana neza mu bufatanye na bagenzi babo kugira ngo igihugu gikomeze kujya mbere.

Yagarutse cyane ku mutekano nk’umusingi w’iterambere ry’Abanyarwanda abasaba gukomeza kuwushimangira.

Ati “Twese turabizi ko umutekano ari ngombwa kugira ngo iterambere rigerweho.”
Kagame yasabye abayobozi bashya, biganjemo ab’ingabo, guharanira guha abaturage umutekano uzabafasha kugera ku majyambere bifuza, n’ay’igihugu muri rusange.

Mu rwego rwo gukaza umutekano iyi ikaba ari imwe mu mpamvu zaba zatumye Perezida Kagame asezerera CGP Paul Rwarakabije wayoboraga Urwego rw’Igihugu Rushinzwe imfungwa n’Abagororwa kuva mu 2011, ubwo yasimburaga Mary Gahonzire wari usanzwe aruyobora rukitwa Urwego rw’Igihugu rw’amagereza, National Prisons Service (NPS).

Brig Gen. George Rwigamba wahawe kuyobora RCS ni muntu
ki ?

-2568.jpg

Ni umwe mu basirikare bafashe iyambere mu kubohora igihugu mu 1990, kandi akaba yarayoboye ingabo mu Intara y’Amajyepfo, akaba yaragiye mu butumwa butandukanye haze yigihugu aho yabaga ayoboye ingabo z’u Rwanda za RDF.

Gen. George Rwigamba yagiye ashyirwa ahantu hatandukanye nko muri National Prisons Service NPS atamaze igihe kubera ubwumvikane buke yagiranye nuwari umuyobozi wugirije Mme Gahonzire Mary.

-2570.jpg

Mme Gahonzire Mary.

Nyuma yo kugirana ubwivikane buke na Gahonzire, Brig. Gen. Rwigamba agasubizwa muri RDF, yahise yoherezwa mu butumwa bwakazi kuko yari atakaje umwanya yari yahawe n’ubuyobozi bwa RDF, nkuko umukuru w’igihugu yari yatanze amabwiriza ko amagereza agomba gucungwa n’abasilikare kugirango hakazwe umutekano wazo cyane cyane kuko muri icyo gihe hagaragaraga umutekano muke mu magereza zimwe zifatwa n’inkongi y’umurira muburyo budasobanutse.

Icyo gihe Brig. Gen. Rwigamba kubera kunanizwa akazi we nabagenzi be bari bavanye ku masomo yibijyanye n’amagereza, bityo Gahonzire akaza kubananiza ku nyungu ze bwite, kuburyo n’abandi basilikare bari bazanye na Rwigamba baje gusubizwa mu ngabo, aho babarizwaga mbere yuko bamenyeshwa ko bagiye kujyanwa mu masomo, kugirago bakomeze gukorera igihugu, kugeza nubu bamwe muri bo bakaba bagitegereje indi myanya bazahabwa kuko Gahonzire yabakomye mu nkokora.

Ikindi ni uko mu minsi ishize abagorowa batorotse muri gereza ya Kimironko bagenda bambaye imyenda y’abacunga gereza, baburirwa irengero. Amakuru akavuga ko aba ari bamwe 4, bibye amadorali muri Congo , ibi byakurikiwe n’abandi bagororwa 7, bashatse gutoroka barafatwa, batararenga umutaru na none ibi byabereye aho muri gereza ya Kimironko.

Lt Col Chantal Ujeneza, ni muntu ki?

-2569.jpg

Amakuru avuga ko ari umwe mubasilikare bahoze muri Ex.FAR, aza guhungira mu gihugu cya Gabon aho yavuyeyo azanywe na Ge. James Kabarebe, bwambere mu ndege, niwe wari ufashe idarapo ry’igihugu igihe Perezida Kagame arahira muri 2010, amakuru avuga ko ari umugore w’umuhanga cyane, akagira n’umugabo w’umusilikare muri RDF, Lt Col Chantal Ujeneza nkumwe mu bagore bake bari muri RDF yagiye ahabwa amahugurwa atandukanye nkaho ubwo yari kwipeti rya Major yahuguwe kuri byishi cyane nko gusobanukirwa ibibazo by’umutekano w’akarere n’inzira ziboneye z’uko byakemurwa, icyo gihe ibihugu byo mukarere dutuyemo byari biteraniye hano mu Rwanda bihabwa ayo masono ninararibonye zo mu burayi ndetse na Amerika.

Umwanditsi wacu

2016-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 28 Jul 2024
Umunyarwanda yiciwe muri Uganda

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 18 Jul 2022
Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano

Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano

Ubwanditsi 17 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg
IMIKINO

Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg

Ubwanditsi 10 Dec 2019
Abapolisi bari mu myitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo
Amakuru

Abapolisi bari mu myitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo

Ubwanditsi 10 Feb 2017
Twagiramungu yabonye ubuhungiro muri MRCD cyangwa ni uguhungira ubwayi mu kigunda
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu yabonye ubuhungiro muri MRCD cyangwa ni uguhungira ubwayi mu kigunda

Ubwanditsi 19 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru