• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Apr 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, arasaba abashakashatsi n’abanditsi b’amateka gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Minisitiri Dr Musafiri yabibasabye kuri uyu wa 12 Mata 2016, ubwo Minisiteri y’Uburezi yari mu gikorwa cyo kwibuka abari abakozi bayo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iki gikorwa kibaye ku nshuro ya gatandatu, ngo gifasha abakozi b’iyi Minisiteri kuzirikana bagenzi babo bagera kuri 77, bapfuye bazira uko bavutse, gusa ngo si aba bonyine ahubwo ni uko ari bo babashije kumenyekana ndetse bakanashyingurwa.

Mu ijambo Minisitiri Dr Musafiri yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa, yavuze ko abanditsi n’abashakashatsi bafite uruhare runini mu guhangana n’abapfobya Jenoside.

Yagize ati “Mboneyeho gusaba abashakashatsi n’abanditsi b’amateka gukomeza kwitabira kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi , hibandwa cyane cyane ku kuvuguruza inyandiko zandikwa n’abashyigikiye ingengabitekerezo ya Jenoside, ahanini bagamije kuyipfobya kubera inyungu za Politiki”.

Akomeza avuga ko ari ngombwa ko Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bumva akamaro ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, banafata ingamba zihamye zo kurwanya ingengabitekerezo yayo mu ngeri zose, cyane ko ngo igenda ihindura isura umunsi ku wundi.

Mukabaziga Patricia warokotse Jenoside, wari ufite umugabo wakoraga muri Minisiteri y’Uburezi, yavuze uko umugabo we yishwe.

Ati “Umugabo wanjye yanyohereje mu rugo rw’umujandarume twari duturanye ngo bampishe, njyayo n’abana baratwakira, ariko uwaduhishe ni we wahuruje interahamwe zisanga umugabo wanjye aho yari ari ziramwica, maze aza mu rugo avuga ngo haruguru aho bahiciye akagabo, nanjye ndamubwira nti nyamara uwo bishe ni umugabo wanjye”.

Akomeza avuga ko ikibazo cyari gisigaye cyari icyo kumushyingura, gusa ngo yaje kubona ababimufasha n’ubwo byari bigoye, babikora uko bashoboye.

Uwari uhagarariye Ikigo cy’Igihugu cyo Kurwanya Jenoside (CNLG) muri uyu muhango, Ruzindana Jean, yavuze ko kimwe mu byafasha guhangana na Jenoside, ari uko hagira inzibutso zashyirwa mu murage w’isi.

Ati “Uretse ko byaba biri mu byafasha guhangana n’abahakana n’abapfo bya Jenoside, ariko na none ni uburyo bwatuma Abanyarwanda bumva ko isi ihaye agaciro icyaha ndengakamere bakorewe, bikaba byanafasha kwemera ko no mu nyigisho hazajyamo Jenoside yakorewe Abatutsi”.

Muri uyu muhango, Minisiteri y’Uburezi yagaragaje amazina y’aba 77 bishwe babashije kumenyekana, ariko ngo ubushakashatsi burakomeje kugira ngo n’abandi babashe kugaragazwa, na bo bazajye bibukwa muri iyigahunda ngarukamwaka.

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

Ubwanditsi 30 Sep 2016
Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Ubwanditsi 19 May 2021
Ababiligi bemerera abagizi ba nabi gukorera politiki ku butaka bwabo amateka azabarega ubufatanyacyaha

Ababiligi bemerera abagizi ba nabi gukorera politiki ku butaka bwabo amateka azabarega ubufatanyacyaha

Ubwanditsi 30 Sep 2022
Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Ubwanditsi 22 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isi irashaje!! Umukinnyi wa filme muri Leta z’unze ubumwe za America yafashwe arimo gusambana n’umwana ufite imyaka 15
HIRYA NO HINO

Isi irashaje!! Umukinnyi wa filme muri Leta z’unze ubumwe za America yafashwe arimo gusambana n’umwana ufite imyaka 15

Ubwanditsi 13 May 2017
Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye
INKURU NYAMUKURU

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Ubwanditsi 20 Feb 2020
Muramu wa Rwigara [ Ben Rutabana ]na Edgar Tabaro mu mugambi wo kwagura RNC mu karere ushyigikiwe na Museveni
INKURU NYAMUKURU

Muramu wa Rwigara [ Ben Rutabana ]na Edgar Tabaro mu mugambi wo kwagura RNC mu karere ushyigikiwe na Museveni

Ubwanditsi 18 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru