• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Ubwanditsi 19 Apr 2016 Mu Mahanga

​ Mu gihe cy’iminsi itatu, Polisi y’u Rwanda mu karere ka Burera yagiranye ibiganiro n’ababyeyi bafite abana bataye ishuri, abayobozi b’inzego z’ibanze, abarezi mu bigo by’amashuri yo muri aka karere, bose ibakangurira gusenyera umugozi umwe mu kurwanya ihohoterwa iryo ari ryo ryose rikorerwa abana.

Inama babisabiwemo zabereye mu mirenge yose 17 igize aka karere kuva ku itariki 13 kugeza ku wa 15 Mata.

Mu batanze ibyo biganiro harimo abayobozi ba Sitasiyo za Polisi y’u Rwanda muri aka karere n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge izo nama zabereyemo.

Aganira n’abo mu murenge wa Cyeru ku itariki 15 Mata, ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano mu karere ka Burera, Assistant Inspector of Police (AIP) Phélin Nshimiyumukiza yababwiye ko umwana afite uburenganzira bwo kwandikishwa igihe avutse, ubwo kubaho, uburenganzira bwo kuvuzwa, ubwo kumenya ababyeyi be, ubwo kugaragaza igitekerezo, ubwo kuruhuka, n’uburenganzira bwo kwidagadura.

Yakomeje ababwira ko umwana agomba na none kurindwa ivangura, kurindwa ishimutwa, kurindwa gucuruzwa, kurindwa imirimo ivunanye, ndetse n’ikindi kintu cyose kinyuranije n’uburenganzira bwe.

AIP Nshimiyumukiza yababwiye ati:”Abana bose bagomba kwiga kuko ari uburenganzira bwabo. Ababyeyi n’abandi bantu bavana abana mu ishuri kugira ngo babafashe mu mirimo nk’ubuhinzi bakwiye kubireka. Abana bataye ishuri bagomba kurisubizwamo.”

Yabwiye abo babyeyi ko intonganya, ubuharike, n’amakimbirane biri mu bituma abana bahunga iwabo bakajya ku mihanda , maze abasaba kubyirinda.

Yabasobanuriye ko guhohotera umwana harimo kumukubita, kumukoresha imirimo ivunanye, kumuha ibihano bikomeye, kumusambanya, kumuta, kwihekura, no kuvanamo inda.

AIP Nshimiyumukiza yabwiye abari muri iyo nama ko imirimo itemewe ikoreshwa abana harimo kubakoresha mu birombe, gusoroma icyayi, gucukura umucanga, ibumba, n’ingwa, no kwikorera imitwaro mu isoko bashaka amafaranga.

Yababwiye ko ufite amakuru ajyanye n’ihohoterwa ryakorewe umwana yayatanga kuri Sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda imwegereye cyangwa agahamagara nomero ya terefone itishyurwa 116.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyeru, Twiringiyimana Theogene yashimye Polisi y’u Rwanda muri aka karere ku mpanuro yahaye abari muri iyo nama, kandi abasaba kuzizirikana ndetse no kuzikurikiza.

Yagize ati:”Uretse ubuzima bubi bagirira ku mihanda, abana bayobotse iyo nzira bakora ibyaha birimo ubujura no kunywa ibiyobyabwenge. Reka twese dufatanye kurwanya ikintu cyose gishobora gutuma umwana ata ishuri akajya ku muhanda, kandi duharanire ko uburenganzira bwe aho buva bukagera bwubahirijwe.”

Umwe muri abo babyeyi witwa Karekezi Sebastien yagize ati:”Impamvu zatumye umwana wanjye ata ishuri ngiye kuzishakira umuti urambye ku buryo atazongera kurita, kandi amashuri natangira nzahita musubizamo, ndetse nzakomeza kujya musobanurira akamaro ko kwiga.”

Umwe mu barezi bitabiriye iyo nama wo mu rwunge rw’amashuri rwa Jean de la Menais witwa Nsanzimana Janvier yagize ati:”Ubufatanye hagati y’ababyeyi, abarezi, n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ni ngombwa kugira ngo tubashe kurerera igihugu uko bikwiye. Uruhare rwanjye narushijeho kurusobanukirwa, kandi nzashyira mu bikorwa ibyo nsabwa.”

Yasabye abarezi bagenzi be kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, baba abo bigisha ndetse n’abandi muri rusange.

RNP

2016-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 25 Feb 2017
Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Ubwanditsi 08 Mar 2024
Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Ubwanditsi 21 Sep 2016
Ibibazo by’Uburezi mu Rwanda

Ibibazo by’Uburezi mu Rwanda

Ubwanditsi 14 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

LIN MUYIZERE YAKORESHEJE IBIRORI BYO KWISHIMIRA IFUNGWA RYA INGABIRE VICTOIRE.
ITOHOZA

LIN MUYIZERE YAKORESHEJE IBIRORI BYO KWISHIMIRA IFUNGWA RYA INGABIRE VICTOIRE.

Ubwanditsi 16 Mar 2016
BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%
UBUKUNGU

BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

Ubwanditsi 25 Sep 2018
Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu
Amakuru

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Ubwanditsi 18 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru