• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abakozi 10 b’ibitaro batawe muri yombi bakekwaho gukoresha nabi umutungo

Abakozi 10 b’ibitaro batawe muri yombi bakekwaho gukoresha nabi umutungo

Ubwanditsi 13 May 2016 Amakuru

Abakozi 10 b’ibitaro bya Kirehe, Huye na Nyamasheke batawe muri yombi ku italiki ya 11 Gicurasi bakekwaho gukoresha nabi imitungo y’ibitaro bakoreraga

Abakekwa, barimo abahoze bayobora cyangwa bakiyobora ibitaro, abacungamari, abashinzwe abakozi n’abagenzuzi, bakaba bakekwaho kunyereza no gukoresha nabi agera kuri miliyoni 800 z’amanyarwanda.

Batanu muri abo bafashwe bagikorwaho iperereza ku bitaro bya Kirehe, barimo uwahoze abiyobora, Dr. Jean Nepomscene Uwiringiyemungu, Zophonie Gapingi Hakizimana wari ushinzwe abakozi, umucungamari witwa Mukantagara Angelique, umugenzuzi witwa Niyonzima Tadeyo ndetse n’ushinzwe imirire witwa Dukuzeyezu Diogene.

Bivugwako amafaranga yaburiwe irengero ku bitaro bya Kirehe hakoreshejwe impapuro mpimbano.

Ku bitaro bya Kibogora mu karere ka Nyamasheke, abakozi batatu babyo barimo umuyobozi wabyo, Dr. Nsabimana Damien, ushinzwe ubuyobozi witwa Kadogo Aimable ndetse n’umucungamari witwa Izabiriza Bernadette, ubu bose bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruharambuga.

Hagati aho kandi, ku bitaro bya Nyanza, uwahoze ari umucungamari wabyo witwa Mukamana Damarce nawe yatawe muri yombi hamwe n’undi wahoze ari umucungamari muri ibyo bitaro witwa Umutesi Placidie, nyuma y’igenzura ryakozwe na Minisiteri y’Ubuzima kuri ibyo bitaro.

Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yagize ati:”Kurwanya no gukumira ibijyanye na ruswa no kunyereza ibya rubanda, ni bimwe mu bigize akazi kacu ka buri munsi.”

Yongeyeho ati:” Dukurikirana kandi tukarwanya ibyaha byose , iyo hatanzwe amakuru, biciye mu igenzura cyangwa mu bundi buryo bwose harimo n’abaduha amakuru, ko hari ufite aho ahuriye na ruswa cyangwa ibindi byaha, dutabara byihuse.”

ACP Twahirwa yavuze ko kurwanya ruswa biri mu byo Polisi ishyize imbere ari nayo mpamvu yashyizeho umutwe wihariye wo kurwanya ruswa n’ibyaha bimunga umutungo .

Yarangije agira ati:” Turimo gukorana n’izindi nzego zirimo izishinzwe igenzuramutungo kugira ngo hatazagira inyereza narimwe ridakurikiranwa.”

RNP

2016-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Ubwanditsi 09 May 2021
Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Ubwanditsi 22 Oct 2020
APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha

APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha

RUSHYASHYA 28 Nov 2025
Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Ubwanditsi 18 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sena yatangaje ibyavuye mu bushakashatsi ku ihakana n’ipfobya bya jenoside bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya
POLITIKI

Sena yatangaje ibyavuye mu bushakashatsi ku ihakana n’ipfobya bya jenoside bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Biramahire Abeddy wari uherutse kongera amaseserano muri Rayon Sports agiye kwerekeza muri Entente Sportive Sétifienne yo muri Algeria
Amakuru

Biramahire Abeddy wari uherutse kongera amaseserano muri Rayon Sports agiye kwerekeza muri Entente Sportive Sétifienne yo muri Algeria

Ubwanditsi 25 Jul 2025
Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110
HIRYA NO HINO

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Ubwanditsi 09 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru