• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda, uvuga ko ari umwunganizi wa Ingabire Victoire yatangiye gupfobya genocide ( yagaragaye ahura na Gratien Kabiligi )

Nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda, uvuga ko ari umwunganizi wa Ingabire Victoire yatangiye gupfobya genocide ( yagaragaye ahura na Gratien Kabiligi )

Ubwanditsi 12 Jun 2016 ITOHOZA

Nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda, umunyamategeko w’Umuholandi, Caroline Buisman, uvuga ko ari umwunganizi wa Ingabire Victoire yatangiye umugambi wo gupfobya Genocide yakorewe Abatutsi 1994.

Uyu Caroline Buisman aherutse gutegekwa kuva mu Rwanda igitaraganya kubera ikibazo cy’ibyangombwa nyuma yo kugenzurwa n’Ikigo Gishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda gishimangira ko cyasabye Buisman kuva mu gihugu, nyuma y’uko hagaragaye ko yinjiye mu Rwanda agakora ibinyuranye nibyo visa yamwereraga gukora.

Taliki 06 Kamena 2016, Buisman yagaragaye aburanira mu rukiko I Hague Jean Claude Iyamuremye na Jean Baptiste Mugimba baburanishwa ibyaha bya Genocide banasabirwa koherezwa mu Rwanda kuryozwa ibyo bakoze.

Muri urwo rubanza Buisman yumvikanye avuga ko leta y’u Rwanda ikoresha Genocide yakorewe Abatutsi nk’ikiturufu mukugera ku migambi yayo, ibyo yise mu ndimi z’amahanga “manipulation” abibwira urukiko ruri Hague mu Buholandi.

-2908.jpg

Caroline Buisman, Uvuga ko ari umwunganizi mu mategeko wa Ingabire Victoire

Muri Nyakanga 2013, ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka mu Buholandi, byambuye Mugimba Jean Baptiste inyandiko ze z’inzira, kubera ko akekwaho ibyaha bya Jenoside hakurikijwe inyandiko zo kumufata Leta y’u Rwanda yari yaratanze hose ku Isi.

Yaje gutabwa muri yombi tariki ya 23 Mutarama 2014 nyuma y’amezi 14 ashakishwa ngo yisobanure ku ruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, aho yabaga mu Mujyi wa Kigali ahitwa mu Nyakabanda.

Uyu mugabo wari umunyamabanga w’ishyaka rya CDR ashinjwa gukora urutonde rw’Abatutsi bagombaga kwicwa, gutegura no gushyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside mu Nyakabanda ndetse no gutanga intwaro ku nsoresore yashishikarizaga kwica Abatutsi.

Ubunshinjacyaha bw’Ubuholandi bukomeje gusaba ko aba bagabo boherezwa mu Rwanda kuburanishwa ibyaha bakoze; umwanzuro kuri uru rubanza utegerejwe taliki ya 15/07/2016.

Iri pfobya ry’Umunyamategeko Buisman agaragaje nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda rikomeje kuvugisha inzego nyinshi harimo na Ambassade y’u Rwanda mu Buholandi yatanze inyandiko zamagana ibyavuzwe na Buisman.

CNLG nayo yamaganiye kure iri pfobya maze inagaragaza ko ibi ntakindi kiri kubitera usibye ugushaka kwihimura ku Rwanda aruvuga nabi.

-2909.jpg

Caroline Buisman yagaragaye ahura na Gratien Kabiligi, general wahoze mu ngabo (ex-FAR) wafunguwe na ICTR

Ingengabihe ya Buisman Caroline igaragaza ko yinjiye mu Rwanda kuwa 9 Gicurasi 2016, agendera kuri visa ihabwa ba mukerarugendo bo muri Afurika y’Uburasirazuba gusa, yaboneye muri Kenya ku kibuga cy’indege cya Jomo Kenyatta.

Ageze mu Rwanda, nyuma y’icyumweru kimwe, ku itariki ya 16 Gicurasi 2016 yagerageje gusura Ingabire Victoire muri Gereza Nkuru ya Kigali avuga ko ari umwunganizi we, ariko ubuyobozi bwayo bumwangira kwinjira nk’uko amategeko y’Urwego Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa abiteganya.

Kuwa 18 Gicurasi yabajijwe n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda isano iri hagati y’ibyo yaziye mu Rwanda n’ibyo yashakaga gukora, Buisman yemera neza ko ari amakosa yakoze gukora ibinyuranye anabisabira imbabazi. Buisman yahise asabwa kuva mu Rwanda, aho yavuye kuwa 19 Gicurasi 2016.

Cyiza Davidson

2016-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kohereza Umugogo w’Umwami Kigeli mu Rwanda : Gutsindwa kwa Rujugiro na RNC

Kohereza Umugogo w’Umwami Kigeli mu Rwanda : Gutsindwa kwa Rujugiro na RNC

Ubwanditsi 11 Jan 2017
Ibaruwa ndende Museveni yandikiye Kagame yemera ko yahuye na Mukankusi wo muri RNC na Eugene Gasana  wahoze ari Ambasaderi muri Loni

Ibaruwa ndende Museveni yandikiye Kagame yemera ko yahuye na Mukankusi wo muri RNC na Eugene Gasana wahoze ari Ambasaderi muri Loni

Ubwanditsi 19 Mar 2019
RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

Ubwanditsi 15 Feb 2019
Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Ubwanditsi 31 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Se wa Rihanna arifuza ko yasubirana na Chris Brown
IMIKINO

Se wa Rihanna arifuza ko yasubirana na Chris Brown

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Nkuyu mukobwa wa mugira iyihe nama koko!!
IMIKINO

Nkuyu mukobwa wa mugira iyihe nama koko!!

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yahawe igihembo cya Nobel 2019 gihabwa uwaharaniye amahoro ku isi
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yahawe igihembo cya Nobel 2019 gihabwa uwaharaniye amahoro ku isi

Ubwanditsi 11 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru