• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Editorial 27 Jun 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa Mbere ubwo yaganiraga n’urubyiruko rugera ku 2000 ruhuriye mu itorero ’Inkomezamihigo’ , Perezida Kagame yasabye abayobozi kuzuza inshingano zabo bagakora ibiri mu nyungu z’abaturage, nk’uburyo burambye bwo gusigasira ibyagezweho, bakibanda ku gukora ibintu bizima, ibibazo by’abaturage bigakemuka.

Yagize ati “N’iyo haje ikibazo giturutse ahandi ukababwira uti mutabare, baraza, kubera ko bazi inyungu babifitemo, abayobozi uko bakora, uko bitwara, bababonamo ko bakorera inyungu zabo. Iyo batabibona, buri wese yikorera uko abyishakiye bakabona ibikorwa biri mu nyungu z’abantu bake bitari uko babyifuza, iyo ubahamagaye ntibaza, bati ba bandi babifitemo inyungu nibajyeyo.”

Yabihuje n’ibibazo byugarije ibihugu bikomeye, yirinda kugira igihugu akomozaho, avuga ko yizeye ko urubyiruko rukurikirana amakuru mpuzamahanga agezweho uyu munsi, bakaba baragiye banakurikirana abagiye bavuga ku Rwanda barunenga.

Yagize ati “Uburyo bwa mbere, njyewe namwe mwese ni uko dukora ibitureba kandi tukabikora neza bikaduhira. Ibindi byo kujya gusubiza cyangwa gutukana ntukabiteho umwanya. Wowe reba ibikureba ubundi ukore ibyo ushaka, biguhire. Igisubizo cya kabiri gituruka ku bo bayobora.”

“Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo. Bwajya gucya mu gitondo, abaturage bakababwira bati ‘mwaratumenyereye cyane. Twarabizeye, tubaha ububasha murangije mujya gukora mu nyungu zabo, murangije mujya kwita ku gihugu cy’abandi none muje kudushakamo amajwi, uyu munsi ntabwo tubatora.’”

Yakomeje avuga ko ibiri kubabaho biza kubasigira isomo, ati “Ibi byose mureba, sinirirwa mvuga aho ari ho n’ibyo ari byo, ariko buriya baraza batwumve, bavuge bati’ namwe buriya mufite ubwenge mushobora gukora ibintu bikabahira twe ibyacu bikatugaruka? Ibisubizo barabyiha.”

-3064.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aganira n’urubyiruko rusaga 2000, rwo mu itorero ’Inkomezamihigo’

-3063.jpg

-3065.jpg

Inkomezamihigo

2016-06-27
Editorial

IZINDI NKURU

Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Editorial 22 Dec 2023
RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

Editorial 24 May 2018
Niduhitamo guhangana, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza –Perezida Kagame

Niduhitamo guhangana, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza –Perezida Kagame

Editorial 05 Nov 2016
Kirehe: Uwaretse ibiyobyabwenge arakangurira abandi kubyirinda

Kirehe: Uwaretse ibiyobyabwenge arakangurira abandi kubyirinda

Editorial 05 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi
Amakuru

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Editorial 31 Mar 2024
Murukiko rwa Gisilikare Brig.Gen. Rusagara yagaramye ibyo ashinjwa n’abatangabuhamya
Mu Mahanga

Murukiko rwa Gisilikare Brig.Gen. Rusagara yagaramye ibyo ashinjwa n’abatangabuhamya

Editorial 09 Jan 2016
Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo  batawe muri yombi
ITOHOZA

Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo batawe muri yombi

Editorial 10 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru