• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Portugal ya Christiano yakatishije itike y’umukino wa nyuma

Portugal ya Christiano yakatishije itike y’umukino wa nyuma

Editorial 07 Jul 2016 IMIKINO

kipe y’igihugu ya Portugal yaherukaga kugera ku mukino wa nyuma w’irushanwa rihuza ibihugu byo ku mugabane w’u Burayi muri 2004 yongeye kuhagera uyu mwaka itsinze Wales ibitego bibiri ku busa muri 1/2.

-3201.jpg
-3205.jpg
Ronaldo atsinda igitego cyumutwe

Mu mukino wari ukomeye wabaye kuri uyu wa Gatatu kuri Stade des Lumières mu mujyi wa Lyon, Cristiano Ronaldo yafashije igihugu cye kuyobora umukino ubwo yatsindaga igitego ku munota wa 50 agitsindishije umutwe.

-3203.jpg
-3202.jpg
Gareth Bale wakomeje kotsa igitutu abinyuma ba Portugal bakomeza kuba ibamba

-3215.jpg
-3216.jpg
Nani atsinda igitego cya kabiri

Nyuma y’iminota itatu gusa Nani yahise ashyiramo icya kabiri cyahaye Portugal umutuzo wo gukina nta gihunga.

-3221.jpg

Muri uyu mukino ikipe ya Wales yaje muri iri rushanwa nta mahirwe yo kugera kure ihabwa, nayo yagaragaje ko ari imwe mu makipe akomeye by’umwihariko rutahizamu wayo Gareth Bale nubwo nta gitego yatsinze ariko ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza.

-3214.jpg
Ramsey wabuze mu mukino

Wales yagize icyuho cyo kubura umukinnyi wo hagati mu kibuga Aaron Ramsey , wigaragaje cyane kuva irushanwa ryatangira.

Portugal yaherukaga ku mukino wa nyuma mu myaka 12 ishize ubwo yatsindwaga n’u Bugereki igitego 1-0 muri Euro yabereye muri Portugal.

-3220.jpg

Ronaldo na bagenzi be bagomba gutegereza ikipe irokoka hagati y’u Bufaransa n’u Budage zirakina uyu munsi, irokoka ikaba ariyo bazahurira ku mukino wa nyuma uzaba tariki 10 Nyakanga 2016.

2016-07-07
Editorial

IZINDI NKURU

Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose  bagatsinda umukino wa mbere

Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose bagatsinda umukino wa mbere

Editorial 14 Jan 2016
Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Editorial 15 Apr 2022
Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Editorial 23 Dec 2018
Nzafashwanayo Jean Claude na Ingabire Diane irushanwa ryiswe Human Rights Race ryabereye I Rubavu

Nzafashwanayo Jean Claude na Ingabire Diane irushanwa ryiswe Human Rights Race ryabereye I Rubavu

Editorial 09 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abagize Komite zo kwicungira umutekano  mu turere twa Burera na Kamonyi basabwe kuba inyangamugayo
Mu Mahanga

Abagize Komite zo kwicungira umutekano mu turere twa Burera na Kamonyi basabwe kuba inyangamugayo

Editorial 27 Jan 2016
Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama
Amakuru

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Editorial 20 Apr 2024
Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije
UBUKERARUGENDO

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Editorial 07 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru