• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana

Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana

Ubwanditsi 21 Jul 2016 Amakuru

Ubwo bagaragarizwaga ibyavuye mu gikorwa cyo kugenzura ibikorwa by’ubukerarugendo byakozwe na Komisiyo y’Iterambere ry’ubukungu n’imari mu nteko ishinga amategeko, bamwe mu basenateri bavuze ko ibigaragara mu ngoro ndangamateka y’Abaperezida bitera urujijo, Sen. Tito Rutaremara we avuga ko iyi nzu itashyirwamo ibyiza ahubwo ikwiye gushyirwamo ibibi byose byakozwe mu Rwanda.

-3360.jpg

Amakuru dukesha umuseke.rw , avuga ko amashusho y’incamake z’uru rugendo rwakozwe n’Abasenateri bagize iyi komisiyo yo mu mutwe wa Sena, agaragaramo kutemeranya n’ibikorwa biri muri zimwe mu ngoro ndangamateka z’u Rwanda nk’iy’abakuru b’igihugu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana.

Avuga ku mafoto agaragaza ibikorwa bya Jenoside nk’imyitozo y’Interahamwe basanze muri iyi Ngoro, (muri aya mashusho yeretswe) Senateri Karangwa Chrysologue, yaagize ati “ Murashaka kwigisha iki? Murashaka kwerekana iki? Uko Jenoside yateguwe?”

-3357.jpg

Senateri Karangwa Chrysologue

Mu bitekerezo byatanzwe nyuma yo kwerekwa iyi Raporo n’aya mashusho y’incamake yayo, Abasenateri bavuze ko ibikorwa bigaragara muri iyi nzu bitaga iyo kwa ‘Habyarimana’ bitera urujijo ku buryo hagenwa imikorere yayo cyangwa igafungwa burundu.

Hon Sen Jean Damascene Ntawukuriryayo ati “ …None se kutubwira ngo twagiye kuyisura dusanga bashyizemo amafoto kubera ko twari mu gihe cy’icyunamo, ubwo twe tuzi icyo imaze cyangwa twe twagiyeyo tuzi icyo itumariye.”

-3356.jpg

Hon Sen Jean Damascene Ntawukuriryayo

Senateri Tito Rutaremara atanga igitekerezo kuri ibi bikorwa basanze muri iyi nzu, yagize ati “ Ntabwo wajya kwerekana ubuzima bwiza bwa Habyarimana kandi ni we wayubatse ayijyamo, ni ugushaka ibintu bigaragaza ibyo yakoze koko akaba ari byo bijyamo,…

-3362.jpg

Senateri Tito Rutaremara

Ahubwo se twatanze ibitekerezo iyi nzu ikazaba musée yo kwerekana ibyo Habyarimana yakoze, cyangwa ibibi byose byakozwe mu Rwanda.”

Abasenateri bagize iyi Komisiyo yasuye iyi ngoro ndangamateka bavuga ko babwiwe ko aya mashusho agaragaza amahano ya Jenoside ashyirwamo mu bihe byo kwibuka ubundi agakurwamo.

Ngo n’abasobanura ibiri muri iyi ngoro ntibabizi…

Senateri Bizimana Evariste uri muri iyi komisiyo yasuye ibi bikorwa, yavuze ko ibisobanurwa n’abagaragaza ibikorwa biri muri iyi ngoro ndangamateka y’Abaperezida ntaho bihuriye n’ukuri.

-3358.jpg

Senateri Bizimana Evariste

Ati “ Abatanga amateka kwa Habyarimana ntibabizi, ubabaza igiti cy’umurinzi gihari bakakubwira ko ari icyo Habyarimana yateye, nyamara wakireba ugasanga gishobora kuba gifite nk’imyaka 200.

Bakakubwira ngo piscine ihari ni aho uruziramire rwabaga, wareba neza ugasanga ni ikarita y’u Rwanda.”

Senateri Bizimana ukomeza kunenga ibiri muri iyi ngoro, avuga ko irimo abaperezida batatu gusa nyamara yitwa ko ari ingoro ndangamateka y’abakuru b’igihugu bayoboye u Rwanda.

Ati “ Harimo Habyarimana, Kayibanda na Sindikubwabo, ukababaza uti se ko ari ingoro y’abaperezida, abandi bakuru b’ibihugu barihe? bakarebana.”

Iyo kwa Richard Kandt yo ngo iri kugirwa ahororerwa inyamaswa zirya abantu

Abasenateri banengaga ibyagaragaye mu ngoro ndangamateka z’u Rwanda, banagarutse ku nyamaswa zikomeje gushyirwa mu ngoro ndangamateka y’Umudage Richard Kandt ufatwa nk’uwatangije umurwa mukuru w’u Rwanda.

Izi ntumwa za rubanda zivuga ko iyi nyubako yakwiye kugaragaza amateka y’uyu mudage ariko ntitandukire ngo ishyirwemo izi nyamaswa zirimo n’izirya abantu nk’inzoka n’ingona, bateganya kuzana.

Hon Bizimana ati “ Iyo winjiye muri iriya nzu ubona handitse ngo amateka ya Kandt, wageramo imbere ugasangamo inzoka.”

Sen. Prof Karangwa Chrysologue we yavuze ko iyi nzu idakwiye kwitirirwa Kandt kuko basenye umwimerere wayo, yavuze ko ikwiye gushyirwamo amateka y’ubukoloni bwakorewe Abanyarwanda.

Senateri Mukankusi Perina uyobora iyi Komisiyo y’Iterambere ry’ubukungu n’imari muri Sena yasuye ibi bikorwa, yavuze ko uru rujijo rw’ibikorwa bigaragara muri izi ngoro ndangamateka rwarahawe icyuho n’itegeko rizishyiraho kuko ritagena inshingano z’izi ngoro ahubwo rikagena ko bigenwa n’Iteka.

-3361.jpg

Senateri Mukankusi Perina

2016-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Senegal yatangaje  abakinnyi 31 batarimo Sadio Mane bazavamo abazakina n’u Rwanda

Senegal yatangaje abakinnyi 31 batarimo Sadio Mane bazavamo abazakina n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Aug 2023
Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

RUSHYASHYA 20 Apr 2026
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burera : Perezida Kagame yavuze ko “Ababuza u Rwanda umutekano bakina n’umuriro nibawegera uzabotsa”
INKURU NYAMUKURU

Burera : Perezida Kagame yavuze ko “Ababuza u Rwanda umutekano bakina n’umuriro nibawegera uzabotsa”

Ubwanditsi 08 May 2019
Police FC iyoboye shampiyona, nyuma y’intsinzi i Musanze
Mu Rwanda

Police FC iyoboye shampiyona, nyuma y’intsinzi i Musanze

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri
Amakuru

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Ubwanditsi 20 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru