• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mu muhezo Perezida Kagame yahuriye i Rubavu na Perezida Kabila ( Yavuguruwe )

Mu muhezo Perezida Kagame yahuriye i Rubavu na Perezida Kabila ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 12 Aug 2016 Mu Rwanda

Ahagana saa tanu n’igice zo kuri uyu wa Gatanu nibwo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasesekaye i Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba aho yaganiriye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Uyu mubonano wa Perezida Kagame na Perezida Kabila wabereye mu muhezo kuko nta tangazamakuru ryemerewe kuhagera.

Ibiro bya Perezida w’u Rwanda ‘Urugwiro’ byatangaje kuri Twitter ko muri ibi biganiro, ba Perezida bombi bibanda cyane ku mibanire y’ibihugu byombi, n’imikoranire y’akarere ibihugu byombi biherereyemo (regional cooperation).

-3610.jpg

Gahunda nk’iyi hagati y’abakuru b’ibihugu byombi yaherukaga tariki 6 Kanama 2009 i Goma aho Kagame yagaragaye agenda ku maguru asuhuza abaturage b’aho yanyuraga !

Ntabwo ari ubwa mbere Perezida Kabila akora ingendo nk’izo zo guhura n’abakuru b’ibihugu bituranyi kuko aherutse guhurira na Perezida Yoweri Kaguta Museveni
i Kasese muri Uganda aho bagiranye ibiganiro bitatangajwe.

Ingendo nk’izo za Kabila zije mu gihe ari mu bibazo bitoroshye muri politike. Mu kwa cumi na kumwe uyu mwaka nibwo hateganyijwe amatora ya perezida muri icyo gihugu ariko komisiyo y’amatora (CENI ) yarangije gutangaza yuko ayo matora ashobora kutazaba ngo kuko nta mafaranga ahari yo gufasha ngo akorwe.

-3611.jpg

Umutekano wari wakajijwe k’umupaka w’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo

Ku byerekeranye n’amatora kandi muri DRC ni uko ubu nta rutonde ruhari rw’abemerewe gutora, mbega nta rutonde rw’itora ruhari ubu bakaba aribwo batangiye kurukora. Abashishozi bakavuga yuko iryo korwa ry’urwo rutonde kimwe no kuba nta mafaranga yo gukoresha mu matora bishobora gutuma Kabila aguma ku butegetsi nibura indi myaka itatu.

Ibi bishobora kuzana imvururu muri icyo gihugu, bikaba bishoboka yuko Kabila aribyo aza Kuganiraho na Kagame nk’uko binashoboka yuko ahanini ari nabyo yaganiriyeho na Museveni n’ubwo banavuze ku bahoze ari abarwanyi ba M23 bahungiye muri Uganda nyuma yokumeneshwa n’ingabo nyafurika zari ziyobowe na Tanzania !

-3610.jpg

-3615.jpg

-3614.jpg

-3612.jpg

-3616.jpg

Umwanditsi wacu

2016-08-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu  Bubiligi

Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu Bubiligi

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Umuhanzi Danny Vumbi yakebuye abanyamashyari ndetse n’ababiba urwango muri bagenzi babo.

Umuhanzi Danny Vumbi yakebuye abanyamashyari ndetse n’ababiba urwango muri bagenzi babo.

Ubwanditsi 31 May 2021
Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Ubwanditsi 03 Jun 2025
Aline Gahongayire yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Ni yo yabikoze’ ivuga ku buzima yaciyemo-VIDEO

Aline Gahongayire yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Ni yo yabikoze’ ivuga ku buzima yaciyemo-VIDEO

Ubwanditsi 14 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi
Mu Rwanda

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

Ubwanditsi 22 Apr 2017
Gen Kabarebe yashimye ubwitange bw’Inkeragutabara mu gukorera igihugu
HIRYA NO HINO

Gen Kabarebe yashimye ubwitange bw’Inkeragutabara mu gukorera igihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro tariki ya 19/02/2016
Mu Mahanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro tariki ya 19/02/2016

Ubwanditsi 23 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru