• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»IGP Gasana yasabye sosiyete zitwara abagenzi gukora kinyamwuga no kubahiriza amategeko y’umuhanda

IGP Gasana yasabye sosiyete zitwara abagenzi gukora kinyamwuga no kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 25 Aug 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana yibukije abahagarariye amasosiyete atwara abagenzi guhora buri gihe bagenzura imikorere y’imodoka zabo nka bumwe mu buryo bwo gukumira impanuka.

Ibi yabibasabye tariki ya 24 Kanama 2016 mu nama yagiranye nabo ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, iyi nama ikaba yari yanitabiriwe na bamwe muri ba ofisiye bakuru muri Polisi y’u Rwanda.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yagize ati:” U Rwanda rurimo gutera imbere cyane ku buryo hari n’umubare munini w’abantu bifuza serivisi zanyu. Nanone kandi, twakira abashyitsi benshi baturutse hanze y’igihugu baje mu bikorwa bitandukanye; nkamwe rero mufite amasosiyeti ajyanye no gutwara abo bantu, mugomba kumenya ko ako kazi kagomba gukorwa kinyamwuga kandi mu buryo bwiza”.

-3821.jpg

IGP Emmanuel K Gasana

Yasabye amasosiyete atwara abagenzi gushyiraho ingamba, intego ndetse n’icyerekezo cy’akazi, hashingiwe ku muvuduko w’iterambere igihugu cyacu gifite muri iki gihe. Yagize ati:” Igenamigambi ry’ibikorwa ndetse n’imiyoborere iboneye by’amasosiyete atwara abagenzi, birushaho guteza imbere ubucuruzi ndetse bikarinda n’impanuka zo mu muhanda”.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye amasosiyeti atwara abagenzi kwihutisha ishyirwaho ry’iryo genamigambi mu buryo bwo kubahiriza amategeko y’umuhanda, akazi kagakorwa kinyamwuga kandi mu buryo buboneye.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe ubukungu, Parfait Busabizwa, we yagize ati:” Ubukungu bwa mbere u Rwanda rufite ni abaturage barwo;niyo mpamvu rero dufite inshingano zo kubarinda icyo aricyo cyose cyahungabanya ubuzima bwabo”.

Yakomeje yihanangiriza abatwara ibinyabiziga bamwe na bamwe bakoresha ibiyobyabwenge; aho yavuze ko hari zimwe muri raporo zerekanye ko hariho abanywa urumogi mu gihe batwaye ibinyabiziga. Yakomeje avuga ko uretse kuba bishyira ubuzima bwabo mu kaga, n’abagenzi ubwabo bibakururira ibibazo bikomeye.

Yerekana uburyo za sosiyete zitwara abagenzi zigomba gushyira imbaraga mu gukumira impanuka zo mu muhanda, Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi, yagaragaje uko imibare y’impanuka zo mu muhanda yifashe mu mezi 14 ashize ku modoka zitwara abagenzi.

Yavuze ko kuva mu kwezi kwa Nyakanga 2015 kugera muri Kanama 2016, habayeho impanuka z’imodoka zitwara abagenzi 245, aho zaguyemo abantu 91 mu gihe abandi 408 bakomeretse ku buryo bukomeye.

Imodoka zitwara abagenzi zirimo Bisi nini 11, izo mu bwoko bwa kwasiteri (coasters) 128 ndetse n’izindi za minibisi 106 nizo zakoze impanuka zavuzwe hejuru.

CP Rumanzi yakomeje avuga ko izi mpanuka ziterwa n’umuvuduko ukabije, kugenda nabi mu muhanda, kutubahiriza ibimenyetso by’umuhanda birimo amatara, ibyapa,… kuvugira kuri terefone utwaye ikinyabiziga, n’ibindi. Yavuze ko ingaruka z’izi mpanuka zitakwihanganirwa.

-3824.jpg

Umuyobozi w’ishyirahamwe nyarwanda ry’amakoperative atwara abagenzi (RFTC) Colonel (rtd) Ludoviko Twahirwa yavuze ko hashyizweho ishuri ryihariye ryo gufasha by’umwihariko abatwara za bisi.

Yagize ati:” Ntitugomba gukoresha umushoferi uwo ariwe wese udafite icyemezo cy’umukoresha we wa mbere kuko byagaragaye ko hari igihe umushoferi ava ahantu runaka kubera kwitwara nabi mu kazi akajya kwaka akazi mu yindi sosiyete. Iki rero ni ikibazo tugomba guhagurukira tukagikemura burundu”.

-3820.jpg

Inama yasojwe yemeza ko mu kwezi kumwe mu modoka zitwara abagenzi hazakomeza gushyirwamo utwuma dupima umuvuduko w’imodoka; abatwara abagenzi bagahabwa amakarita y’akazi ndetse bakanamenyekana imyirondoro yabo ishyirwa ahabugenewe mu gihe cyavuzwe hejuru.

RNP

2016-08-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Ubwanditsi 24 May 2023
How RPF Soldiers Rescued 2000 Tutsi at Saint Paul Centre

How RPF Soldiers Rescued 2000 Tutsi at Saint Paul Centre

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza bashyizeho ubuyobozi bushya

Abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza bashyizeho ubuyobozi bushya

Ubwanditsi 30 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka
Mu Mahanga

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Uganda: Perezida Museveni yohereje abashinzwe ibya gisirikare bashya mu Burundi na Afurika y’Epfo
POLITIKI

Uganda: Perezida Museveni yohereje abashinzwe ibya gisirikare bashya mu Burundi na Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Perezida Kagame yiteguwe muri Nyamagabe yagiye irangwamo ibibazo by’umutekano mu gihe gishize
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yiteguwe muri Nyamagabe yagiye irangwamo ibibazo by’umutekano mu gihe gishize

Ubwanditsi 25 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru