• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Burera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Burera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Editorial 12 Sep 2016 Mu Mahanga

Ushinzwe uburinganire n’iterambere ry’umuryango mu karere ka Burera, Iyakaremye Jeannette yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze muri aka karere kongera imbaraga mu kurwanya no gukumira ihohoterwa rikorerwa abana.

Ubu butumwa yabutanze mu mpera z’icyumweru gishize mu nama yagiranye n’abashinzwe irangamimerere, abashinzwe imibereho myiza y’abaturage n’abashinzwe kubahiriza ihame ry’uburinganire mu mirenge ya Bungwe, Cyanika, Kivuye, Butaro, Kinyababa, Kagogo, Kinoni na Rugarama.

Iyo nama yitabiriwe kandi n’ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego mu karere ka Burera, Assistant Inspector of Police (AIP) Phelin Nshimiyumukiza, akaba mu butumwa bwe yarasabye abo bayobozi kujya basobanurira abo bayobora ko kutandikisha umwana mu bitabo by’irangamimerere; cyangwa gutinda kubikora, kutamuvuza, kumuvana mu ishuri no kumwima urubuga rwo gutanga ibitekerezo cyangwa kwidagadura ari ukumuvutsa uburenganzira, kandi ko ari ibyaha bihanwa mu Rwanda.

Yagize ati:”Hari abavana abana babo cyangwa abo barerera mu ishuri kugira ngo babafashe imirimo imwe n’imwe nko guhinga cyangwa gucuruza, abandi babakoresha mu bucukuzi bw’amabuye yo kubakisha. Murasabwa guca burundu ibyo bikorwa; ndetse n’ibindi binyuranije n’uburenganzira bwabo.”

Iyakaremye yababwiye kandi ati:”Mujye musobanurira abo muyobora ko kubahiriza uburenganzira bw’umwana no kumurera neza ari ukurerera igihugu kubera ko bituma bavamo abaturage beza bagiteza imbere; kandi na bo batisize. Umwana agomba rero kurindwa ihohoterwa iryo ari ryo ryose.”

Mu ijambo rye, AIP Nshimiyumukiza yabwiye abo bayobozi ko guhohotera umwana harimo kumukoresha imirimo ivunanye, kumuha ibihano bidahwanye n’icyo yakoze, kumucuruza (icuruzwa ry’abantu), kumushimuta, no kumusambanya.

Yabasabye kujya bakangurira abatuye mu bice bayobora kwirinda amakimbirane kuko ari mu bituma abana bahunga iwabo; aho bamwe bava mu ishuri bakajya kwibera ku mihanda aho bakorera ibinyuranije n’amategeko nko kwishora mu biyobyabwenge.

AIP Nshimiyumukiza yababwiye kandi ati:”Mujye mubakangurira kudahishira bene iryo hohoterwa; ahubwo batange amakuru y’uwarikorewe ndetse n’uwarikoze kugira ngo bikurikiranwe mu maguru mashya. Ntimukabure kandi kubasaba kwirinda ibiyobyabwenge mubabwira ko bitera ababinyoye guhohotera abana babasambanya, kubakubira, n’ibindi byaha.”

-4033.jpg

Yabibukije ko amakuru y’ihohoterwa ryakorewe abana atangwa kuri Sitasiyo ya Polisi, cyangwa uyafite agahamagara nomero za telefone zitishyurwa 116 na 3029 (Isange One Stop Center).

RNP

2016-09-12
Editorial

IZINDI NKURU

Batatu batawe muri yombi  bagerageza guha Ruswa abapolisi

Batatu batawe muri yombi bagerageza guha Ruswa abapolisi

Editorial 27 Oct 2016
Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

Administrator 29 Oct 2025
Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Editorial 23 Aug 2016
Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Editorial 18 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa
Amakuru

Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Editorial 22 Dec 2021
Tour du Rwanda:Ndayisenga Valens  niwe wegukanye agace ka Kigali –Karongi
IMIKINO

Tour du Rwanda:Ndayisenga Valens niwe wegukanye agace ka Kigali –Karongi

Editorial 15 Nov 2016
Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe
Mu Mahanga

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Editorial 07 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru