• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubufatanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano urambye , IGP Gasana

Ubufatanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano urambye , IGP Gasana

Ubwanditsi 19 Sep 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Emmanuel K. Gasana yavuze ko ubufatanye mu gukumira ibyaha ari inkingi ya mwamba y’ituze n’umutekano birambye.

Ibi yabivuze ku wa 18 Nzeri ubwo yasozaga umwiherero w’iminsi itatu waberaga ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru w’abahuzabikorwa ku rwego rw’uturere b’urubyiruko rw’abakorerabushake mu kubumbatira umutekano n’abofisiye ba Polisi bashinzwe imikoranire yayo n’abaturage ndetse n’izindi nzego mu turere.

Mu butumwa bwe, IGP Gasana yabwiye urwo rubyiruko ko “Igihugu kivuye kure kubera ibihe kivuyemo by’icuraburindi bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatewe n’imiyoborere mibi yaranzwe no gukangurira abenegihugu urwango n’amacakubiri, maze arusaba kwiha no kwiyemeza kugera ku ntego y’ubufatanye mu kuzana impinduka zirambye mu iterambere n’umutekano.

Uwo mwiherero wari ugamije kunoza imikoranire no kwagura ibikorwa by’ubufatanye hagati y’uru rubyiruko na Polisi y’u Rwanda mu kubumbatira no gusigasira umutekano, wibanze ku ngingo zirimo imiyoborere , serivisi nziza, kurengera ibidukikije no kurwanya ibyaha nka ruswa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, icuruzwa ry’abantu, ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakanguriye urwo rubyiruko kuba ijwi n’umusemburo w’impinduka nziza agira ati:”Ushobora gukora ikosa mu kazi, ariko ntukwiriye gukora iry’imyumvire.”

Yabasabye kuba abenegihugu beza, bakunda igihugu cyabo, bareba kure mu ngamba n’ibyemezo bafata, bajyana n’igihe, kandi barangwa no kwihangana ndetse n’umuhati mu byo bakora.

IGP Gasana yakomeje ababwira ati:”Ibyo igihugu kimaze kugeraho ntibyapfuye kwizana, byaraharaniwe; murasabwa kugira uruhare mu kubisigasira no gufatanya muri gahunda z’iterambere rirambye.”

Kuva ryashyirwaho mu 2013, iri huriro ry’urubyiruko rigira uruhare rukomeye mu kubumbatira umutekano binyuze mu bukangurambaga bwo kurwanya no gukumira ibyaha. Kugeza ubu, rigizwe n’abanyamuryango bagera ku 50,000 barimo abiga muri Kaminuza, Amashuri makuru n’ayisumbuye ndetse n’ababirangije .

Mu ijambo rye, ushinzwe ubutegetsi n’imiyoborere myiza muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Fred Mufuruki yasabye urwo rubyiruko kuba amaso, amatwi n’ijwi ry’imiyoborere myiza; bagira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda za Leta.

Mu isozwa ry’uwo mwiherero wabaye kuva ku wa 16 kugeza ku wa 18 Nzeri, urwo rubyiruko rwiyemeje guhuriza hamwe imbaraga mu kurwanya akarengane, ibiyobyabwenge, n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gukora ubukangurambaga bwo kurwanya ingengabitekerezo y’ubutagondwa n’ubuhezanguni.

Rwiyemeje kandi gufatanya mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano , gushyiraho gahunda ihamye y’imikorere no kunoza imikoranire yabo n’izindi nzego.

Mu bindi rwiyemeje harimo kongera umubare w’abanyamuryango ku buryo mu mpera z’uyu mwaka bagera kuri miliyoni imwe.

-4091.jpg

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana

RNP

2016-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

How RPF Soldiers Rescued 2000 Tutsi at Saint Paul Centre

How RPF Soldiers Rescued 2000 Tutsi at Saint Paul Centre

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Ubwanditsi 03 Dec 2024
Polisi y’u Rwanda yafashe agatsiko k’abantu bakwirakwiza amafaranga  y’amiganano.

Polisi y’u Rwanda yafashe agatsiko k’abantu bakwirakwiza amafaranga y’amiganano.

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.

Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.

Ubwanditsi 26 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma ya Australia yahaye nyirantarengwa,  abakinnyi barimo Abanyarwanda bahatorokeye
ITOHOZA

Guverinoma ya Australia yahaye nyirantarengwa, abakinnyi barimo Abanyarwanda bahatorokeye

Ubwanditsi 15 May 2018
Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique na Darfur bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka
Mu Rwanda

Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique na Darfur bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka

Ubwanditsi 09 Apr 2016
BREWAEYS, UMUNYAMAKURU AKABA N’UMWANDITSI KURI JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI YATABARUTSE.
Mu Mahanga

BREWAEYS, UMUNYAMAKURU AKABA N’UMWANDITSI KURI JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI YATABARUTSE.

Ubwanditsi 04 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru