• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»DRC: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yigijwe inyuma imyaka ibiri

DRC: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yigijwe inyuma imyaka ibiri

Ubwanditsi 02 Oct 2016 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Amatora muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yatangaje ko amatora y’Umukuru w’Igihugu yari ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka adashobora kuba mbere y’uko kwezi mu 2018.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ukwakira 2016 na Crow Naanga uyobora iyo Komisiyo, mu biganiro biri guhuza abahagarariye Leta y’iki gihugu, Sosiyete Sivile ndetse n’abo ku ruhande rutavuga rumwe na leta, mu Murwa Mukuru Kinshasa kuva ku wa Gatanu w’iki cyumweru aho bari gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bya politiki biri muri iki gihugu.

Crow Naanga yatangaje ko amatora yimuwe kugira ngo hakosorwe ibitabo by’itora na lisiti y’abagomba kuzatora byose byari bitarashyirwa ku murongo.

Uyu mugabo kandi yanagaragaje ko hari ibibazo by’amafaranga adahagije ibyo byose ngo biri mu mpamvu zatumye aya matora yigizwa inyuma ho imyaka ibiri.

Imbanzirizamasezerano yagejejwe imbere y’abitabiriye ibi biganiro ivuga ko hazashyirwaho ubuyobozi bw’inzibacyuho buzaba bushinzwe gutegura aya matora.

Gusa mbere yo gushyira umukono ku masezerano ayo ari yo yose, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Joseph Kabila bitabiriye ibi biganiro, basabye ko Perezida Kabila agomba kubanza kwemera ko ataziyamamaza muri manda ya gatatu nkuko Itegeko Nshinga ry’iki gihugu ribiteganya.

Ishyaka rya Etienne Tshisekedi uzwiho kudacana uwaka na Perezida Kabila, ryamaganye ibi biganiro bigamije gushakira ibisubizo ibibazo bya politiki muri iki gihugu, ariko risaba Kabila kuva ku butegetsi nkuko biteganywa n’Itegeko Nshinga iki gihugu kigenderaho.

Tshisekedi yagiye akunda kugaragaza impungenge z’uko Perezida Kabila yaguma ku butegetsi nyuma y’uko manda ye irangira.

Ève Bazaiba Masudi,wo mu ishyaka MLC rya Jean-Pierre Bemba udacana uwaka n’ubutegetsi buriho muri Congo, yatangaje ko adashobora gushyigikira iki cyemezo cya Komisiyo y’Amatora.

Aganira na BBC, Bazaiba yagize ati “Naanga yaje asa n’ushaka kwica Itegeko Nshinga ndetse no guha amahirwe Perezida Kabila yo kwiyongerera manda.”

Manda ya kabiri ya Perezida Kabila izarangira tariki ya 20 Ukuboza uyu mwaka, abatavuga rumwe bifuza ko nyuma y’iyi tariki uyu muyobozi yahita ava ku butegetsi.

Abantu batari bake biciwe mu myigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi babaga bari gusaba ko Kabila arekura ubutegetsi mu gihe manda ye ya kabiri izaba irangiye mu Ukuboza uyu mwaka.

-4210.jpg

Perezida Joseph Kabila

Imibare y’abamaze kugwa mu mvururu yatangajwe n’abatavuga rumwe na leta, igaragaza ko hapfuye abari hagati ya 50 na 100, ariko abo ku ruhande rwa Leta bo bemeza ko abantu 10 ari bo bamaze kugwa muri izo mvururu.

Source: Igihe

2016-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Ubwanditsi 20 May 2021
Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Ubwanditsi 30 Apr 2017
Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Ubwanditsi 27 Apr 2021
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zambia mu nzira yo kohereza mu Rwanda abasize bakoze jenoside bagahungirayo
POLITIKI

Zambia mu nzira yo kohereza mu Rwanda abasize bakoze jenoside bagahungirayo

Ubwanditsi 02 Jul 2017
Sud – Kivu intambara iraca ibintu : Inyeshyamba 12 zishwe, batatu ba FARDC batwarwa n’umugezi
HIRYA NO HINO

Sud – Kivu intambara iraca ibintu : Inyeshyamba 12 zishwe, batatu ba FARDC batwarwa n’umugezi

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Kagame Insitute of Good Governance!”-Edith Mukantagara
Mu Mahanga

Kagame Insitute of Good Governance!”-Edith Mukantagara

Ubwanditsi 16 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru