• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Editorial 06 Oct 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yavuguruye Guverinoma y’u Rwanda, maze Minisiteri yari isanzwe ishinzwe gahunda z’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC) isenyerwa muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM).

Iki ni igikorwa cyongerera imbaraga Minisiteri yari isanzwe ari iy’Ubucuruzi n’Inganda, kandi bijyanye koko n’inshingano zayo.

Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba, EAC, ni umuryango w’ubukungu, ugamije guteza imbere ibihugu biwugize binyuze mu guteza imbere ubucuruzi, inganda, urujya n’uruza rw’abantu, guhuza za gasutamo, n’ibindi, byose bigamije iterambere ry’ibi bihugu byishyize hamwe.

Ahanini inshingano zawo zuzurizwa muri Minisiteri yari isanzwe ari iy’Ubucuruzi n’Inganda iyobowe na François Kanimba.

Usanga ingingo nyinshi zikubiye mu masezerano ashyiraho EAC ahanini ziri mu nshingano za MINICOM, ari yo kuri ubu yabaye “Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda n’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba”.

Nk’umutwe wa 11 w’amasezerano ashyiraho EAC, uvuga ubufatanye mu guhuza ubucuruzi n’ibikorwa by’iterambere. Naho umutwe wa 12, ukavuga ubufatanye mu ishoramari n’iterambere ry’inganda, umutwe wa 20, ubufatanye mu bukerarugendo no kurinda inyamaswa. Ibi byose kimwe n’ibindi, bisanzwe bigaragara mu nshingano za Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda.

Ikindi kandi, ubucuruzi bw’u Rwanda ku gipimo cyo hejuru bukorwa n’ibihugu byo muri EAC. Nk’urugero, mu gihembwe gishize cya kabiri cya 2016, ni ukuvuga amezi ya Mata, Gicurasi na Kamena, igihugu cya Kenya ni cyo kiza imbere y’ibindi ku isi u Rwanda rwoherejemo ibicuruzwa byinshi, aho herekeje 29.10% by’ibyoherejwe hanze byose, bingana n’amadorali y’Amerika miliyoni 26,85 muri miliyoni 92,24.

By’umwihariko, ibyoherejwe mu bihugu bya EAC gusa, ni 34.87% by’ibyo u Rwanda rwohereje hanze, mu gihe ibicuruzwa rwakuye hanze mu bihugu bitanu bya mbere havuye byinshi bibiri ni ibyo muri EAC, aho Uganda iza ku mwanya wa kabiri, Kenya ikaza ku wa kane. Muri rusange, muri EAC havuye ibicuruzwa bihagaze mu gaciro k’amadolari y’Amerika miliyoni 111.17 muri miliyoni 483.86 (hatabariwemo Sudani y’Amajyepfo), ni ukuvuga 22.98%.

Ikindi cyerekana ko byari ngombwa guhuza ziriya Minisiteri, kuri ubu hari gahunda ikomeye y’Umuryango EAC yo guca caguwa mu rwego rwo guteza imbere ibikorwa n’inganda zo mu karere. Iyi ni inshingano ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, ibi bikazarushaho gukorwa neza kubera ko Minisitiri wari ubifite mu nshingano ubu ari na we ushinzwe gahunda z’Umuryango EAC by’umwihariko.

Iyi gahunda yaje kubyara “Made in Rwanda” igamije guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda. Nk’uko bigaragara, ibi bikorerwa mu Rwanda nta handi byagurishirizwa ku rwego rwo hejuru uretse mu bihugu bya EAC. Ibi byanozwa neza na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda n’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba.

Iyi gahunda kandi u Rwanda ruyihuriyeho na buri gihugu cya EAC hagamijwe guteza imbere inganda zo mu karere, ubucuruzi ndetse no kwigira muri rusange.

Ibi bijyana n’uko ibikomoka mu gihugu runaka cya EAC igihe byinjira mu bihugu bindi bya EAC bitakwa imisoro, ibi bikaba biri mu rwego rw’Ubucuruzi, bityo bireba cyane Minisiteri nshya y’Ubucuruzi n’Inganda n’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba, aho yanafasha mu bukemurampaka muri uru rwego rw’ubucuruzi no kugaragaza ibibazo byabayemo kuko Minisitiri ni we bwite uzajya yigererayo.

Guhuza izi Minisiteri bizatuma Minisitiri wari usanzwe ushizwe Ubucuruzi n’Inganda gusa azaba anafite mu biganza gahunda z’Umuryango EAC no kuzishyira mu bikorwa kuko azajya yitabira inama z’umuryango ari na we uzashyira mu bikorwa ibyavuye muri izo nama.

Ibikazoroshya imikorere n’imikoranirane cyane mu rwego rw’iterambere rishingira ku iterambere ry’ubucuruzi n’iry’inganda.

Ariko kandi nta wabura kuvuga ko Minisitiri François Kanimba ubu agize akazi katoroshye ko kumenyekanisha Umuryango EAC mu baturage kuko imikorere yawo n’imikoranire y’ibihugu biwugize byari bitracengera mu Banyarwanda.

Ni na cyo cya ngombwa cyane kuko ibikorwa byose by’uyu Muryango bigamije iterambere ry’abaturage b’ibihugu biwugize ari nayo mpamvu u Rwanda rwawinjiyemo.

-4253.jpg

Minisitiri Francois Kanimba

Abamaze gusobanukirwa n’Umuryango EAC batangiye kubyaza inyungu amahirwe awubonekamo. Kuri ubu rero, abacuruzi n’abanyenganda kimwe n’abanyabukorikori bashyizwe igorora kuko bari basanzwe bashinzwe Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, noneho rero kuri ubu izajya ibafasha byoroshye kugera ku isoko ryagutse rya EAC, inabagezaho impinduka zabaho mu buryo bwihuse muri uyu muryango, ibi bikaba bizanoza ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Kugeza ubu isoko riragutse muri EAC, ni isoko ry’abaturage miliyoni 146 bo mu bihugu bitandatu ari byo Uganda, Kenya, Tanzania, u Burundi, u Rwanda na Sudan y’Amajyepfo. Abacuruzi b’Abanyarwanda rero ntibakwiye gucikwa n’amahirwe aboneka kuri iri soko ryagutse.

2016-10-06
Editorial

IZINDI NKURU

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Editorial 07 Nov 2024
Impamvu Jambo asbl ntacyo ikwiye kuvuga ku matora yabereye mu Rwanda

Impamvu Jambo asbl ntacyo ikwiye kuvuga ku matora yabereye mu Rwanda

Editorial 22 Jul 2024
Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Editorial 29 Sep 2021
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Editorial 08 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore
Amakuru

Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Editorial 25 Nov 2020
“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.
Mu Rwanda

“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

Editorial 23 May 2018
Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke yavuze ko ataretse ibikorwa byo gusetsa ajya imbere y’abantu bizwi nka Standup Comedy, asobanura ko kuri ubu ahubwo yahisemo kuyikora mu buryo bwa Filimi
Amakuru

Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke yavuze ko ataretse ibikorwa byo gusetsa ajya imbere y’abantu bizwi nka Standup Comedy, asobanura ko kuri ubu ahubwo yahisemo kuyikora mu buryo bwa Filimi

Editorial 11 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru