• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ubwanditsi 06 Oct 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yavuguruye Guverinoma y’u Rwanda, maze Minisiteri yari isanzwe ishinzwe gahunda z’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC) isenyerwa muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM).

Iki ni igikorwa cyongerera imbaraga Minisiteri yari isanzwe ari iy’Ubucuruzi n’Inganda, kandi bijyanye koko n’inshingano zayo.

Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba, EAC, ni umuryango w’ubukungu, ugamije guteza imbere ibihugu biwugize binyuze mu guteza imbere ubucuruzi, inganda, urujya n’uruza rw’abantu, guhuza za gasutamo, n’ibindi, byose bigamije iterambere ry’ibi bihugu byishyize hamwe.

Ahanini inshingano zawo zuzurizwa muri Minisiteri yari isanzwe ari iy’Ubucuruzi n’Inganda iyobowe na François Kanimba.

Usanga ingingo nyinshi zikubiye mu masezerano ashyiraho EAC ahanini ziri mu nshingano za MINICOM, ari yo kuri ubu yabaye “Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda n’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba”.

Nk’umutwe wa 11 w’amasezerano ashyiraho EAC, uvuga ubufatanye mu guhuza ubucuruzi n’ibikorwa by’iterambere. Naho umutwe wa 12, ukavuga ubufatanye mu ishoramari n’iterambere ry’inganda, umutwe wa 20, ubufatanye mu bukerarugendo no kurinda inyamaswa. Ibi byose kimwe n’ibindi, bisanzwe bigaragara mu nshingano za Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda.

Ikindi kandi, ubucuruzi bw’u Rwanda ku gipimo cyo hejuru bukorwa n’ibihugu byo muri EAC. Nk’urugero, mu gihembwe gishize cya kabiri cya 2016, ni ukuvuga amezi ya Mata, Gicurasi na Kamena, igihugu cya Kenya ni cyo kiza imbere y’ibindi ku isi u Rwanda rwoherejemo ibicuruzwa byinshi, aho herekeje 29.10% by’ibyoherejwe hanze byose, bingana n’amadorali y’Amerika miliyoni 26,85 muri miliyoni 92,24.

By’umwihariko, ibyoherejwe mu bihugu bya EAC gusa, ni 34.87% by’ibyo u Rwanda rwohereje hanze, mu gihe ibicuruzwa rwakuye hanze mu bihugu bitanu bya mbere havuye byinshi bibiri ni ibyo muri EAC, aho Uganda iza ku mwanya wa kabiri, Kenya ikaza ku wa kane. Muri rusange, muri EAC havuye ibicuruzwa bihagaze mu gaciro k’amadolari y’Amerika miliyoni 111.17 muri miliyoni 483.86 (hatabariwemo Sudani y’Amajyepfo), ni ukuvuga 22.98%.

Ikindi cyerekana ko byari ngombwa guhuza ziriya Minisiteri, kuri ubu hari gahunda ikomeye y’Umuryango EAC yo guca caguwa mu rwego rwo guteza imbere ibikorwa n’inganda zo mu karere. Iyi ni inshingano ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, ibi bikazarushaho gukorwa neza kubera ko Minisitiri wari ubifite mu nshingano ubu ari na we ushinzwe gahunda z’Umuryango EAC by’umwihariko.

Iyi gahunda yaje kubyara “Made in Rwanda” igamije guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda. Nk’uko bigaragara, ibi bikorerwa mu Rwanda nta handi byagurishirizwa ku rwego rwo hejuru uretse mu bihugu bya EAC. Ibi byanozwa neza na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda n’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba.

Iyi gahunda kandi u Rwanda ruyihuriyeho na buri gihugu cya EAC hagamijwe guteza imbere inganda zo mu karere, ubucuruzi ndetse no kwigira muri rusange.

Ibi bijyana n’uko ibikomoka mu gihugu runaka cya EAC igihe byinjira mu bihugu bindi bya EAC bitakwa imisoro, ibi bikaba biri mu rwego rw’Ubucuruzi, bityo bireba cyane Minisiteri nshya y’Ubucuruzi n’Inganda n’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba, aho yanafasha mu bukemurampaka muri uru rwego rw’ubucuruzi no kugaragaza ibibazo byabayemo kuko Minisitiri ni we bwite uzajya yigererayo.

Guhuza izi Minisiteri bizatuma Minisitiri wari usanzwe ushizwe Ubucuruzi n’Inganda gusa azaba anafite mu biganza gahunda z’Umuryango EAC no kuzishyira mu bikorwa kuko azajya yitabira inama z’umuryango ari na we uzashyira mu bikorwa ibyavuye muri izo nama.

Ibikazoroshya imikorere n’imikoranirane cyane mu rwego rw’iterambere rishingira ku iterambere ry’ubucuruzi n’iry’inganda.

Ariko kandi nta wabura kuvuga ko Minisitiri François Kanimba ubu agize akazi katoroshye ko kumenyekanisha Umuryango EAC mu baturage kuko imikorere yawo n’imikoranire y’ibihugu biwugize byari bitracengera mu Banyarwanda.

Ni na cyo cya ngombwa cyane kuko ibikorwa byose by’uyu Muryango bigamije iterambere ry’abaturage b’ibihugu biwugize ari nayo mpamvu u Rwanda rwawinjiyemo.

-4253.jpg

Minisitiri Francois Kanimba

Abamaze gusobanukirwa n’Umuryango EAC batangiye kubyaza inyungu amahirwe awubonekamo. Kuri ubu rero, abacuruzi n’abanyenganda kimwe n’abanyabukorikori bashyizwe igorora kuko bari basanzwe bashinzwe Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, noneho rero kuri ubu izajya ibafasha byoroshye kugera ku isoko ryagutse rya EAC, inabagezaho impinduka zabaho mu buryo bwihuse muri uyu muryango, ibi bikaba bizanoza ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Kugeza ubu isoko riragutse muri EAC, ni isoko ry’abaturage miliyoni 146 bo mu bihugu bitandatu ari byo Uganda, Kenya, Tanzania, u Burundi, u Rwanda na Sudan y’Amajyepfo. Abacuruzi b’Abanyarwanda rero ntibakwiye gucikwa n’amahirwe aboneka kuri iri soko ryagutse.

2016-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia

Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Ubwanditsi 28 Jul 2016
Umuryango w’uwari umushoferi wa Bobi Wine wanze amafaranga wohererejwe na Museveni

Umuryango w’uwari umushoferi wa Bobi Wine wanze amafaranga wohererejwe na Museveni

Ubwanditsi 24 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashimangiye uruhare rwo gukemura ibibazo by’ingufu mu guteza imbere Afurika
POLITIKI

Perezida Kagame yashimangiye uruhare rwo gukemura ibibazo by’ingufu mu guteza imbere Afurika

Ubwanditsi 29 Feb 2016
Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abayobozi b’ikigo cy’igihugu giteza imbere Uburezi (REB)
INKURU NYAMUKURU

Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abayobozi b’ikigo cy’igihugu giteza imbere Uburezi (REB)

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Intambara hagati ya Mai Mai n’abanyamurenge yatumye bahunga ingo zabo
HIRYA NO HINO

Intambara hagati ya Mai Mai n’abanyamurenge yatumye bahunga ingo zabo

Ubwanditsi 06 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru