• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Ubwanditsi 13 Oct 2016 Amakuru

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko hari imbaraga nyinshi abantu bafite zo gukemura ibibazo bafite ari yo mpamvu ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere yita ko ricagase.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 13 Ukwakira 2016 ubwo yitabiraga inama ya 28 y’ibihugu byasinye amasezerano ya Montreal Protocol ibera muri Kigali Convention Centre.

Amasezerano ya Montreal ni amasezerano mpuzamahanga agamije kurinda akayunguruzo k’izuba hifashishijwe ingamba zo guhagarika iboneka ry’ibikoresho byangiza aka kayunguruzo n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Kubera aya masezerano hagabanijwe ibyuka byangiza akayunguruzo ku Isi, ubu karimo gusubirana bitazarenza 2050.

U Rwanda ruzwiho uruhare mu gushyira mu bikorwa amasezerano ya Montreal, rugakora ndetse ibirenze ku ntego zari ziteganyijwe, ndetse no kuzuza inshingano mbere y’igihe.

Perezda Kagame yavuze ko abayobozi bafite inshingano yo kwirinda ko ihindagurika ry’ibihe rikomeza kugira ingaruka ku baturage babo n’ibidukikije.

Yagize ati “Ubutumwa bwanjye uyu munsi ni ukubahamagarira mwese gukora ibyo twiyemeje kandi tukabikora neza. Uyu munsi kubera aya masezerano, akayunguruzo k’imirasire y’Izuba karagenda gakira buhoro buhoro. Isi ntabwo igenda ikena, ahubwo tumaze kubona impinduka zikomeye mu bukungu aho imibereho myiza yiyongera.”

Yunzemo ati “Ntidukwiye guhora twumva ko kwita ku bidukikije hari ibyo bisigaza inyuma. Ntabwo tugomba kunyurwa n’iterambere ricagase kandi dufite imbaraga zo gukemura ibibazo byose dufite.”

Umukuru w’Igihugu kandi avuga ko uko byinshi bikorwa ari nako ikiguzi cy’ibikorwa kigabanuka, ari nako nako umutwaro w’ibidukikije uzagabanuka ku bo mu gihe kizaza.

Yagize ati “Inshigano zo gukora ntabwo zifitwe na za Leta gusa, ahubwo n’abahanga mu bya siyanse ndetse n’abikorera tugomba gufatanya. Tugomba guhora twibuka ko twungukira cyane mu gushyira mu bikorwa ibyo tuba twiyemeje.”

Perezida Kagame agaragaza ko buri wese akoze neza bizagabanya ibyangiza ikirere ku kigero cyo hejuru, bityo bakomeze kurinda agakingirizo k’imirasire y’Izuba.

Abahagarariye ibihugu 197 bateraniye i Kigali mu nama ya 28 y’Ibihugu byasinye Amasezerano Mpuzamahanga ya Montreal ajyanye no kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba.

Biteganyijwe ko iyi nama izafata icyemezo gikomeye mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere kuva hakemezwa Amasezerano ya Paris: ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal.

-4345.jpg

-4347.jpg

-4346.jpg

Iri vugururwa ry’Amasezerano ya Montreal riramutse ryemejwe ryaca burundu ikora n’ikoreshwa ry’imyuka izwi nka “hydrofluorocarbons” yifashishwa mu byuma bikonjesha ariko ikaba ifite ubukana bukabije mu kuzamura urugero rw’ubushyuhe bw’isi.

Mu gihe aya masezerano yavugururwa, abatuye Isi baba birinze izamuka ry’ubushyuhe ringana na 0.5°C mbere y’uko iki kinyejana kirangira. Ibi kandi byanagabanya hagati ya toni 100 na 200 z’ibyuka bihumanya ikirere bizwi nka “carbones” bitarenze umwaka wa 2050.

Source : Izuba rirashe

2016-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

RUSHYASHYA 30 Oct 2025
Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri

Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri

Ubwanditsi 25 Jan 2023
Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Ubwanditsi 26 Nov 2020
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Ubwanditsi 28 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isoko rihuriweho ry’ibihugu bya Afurika risobanuye iki ku Rwanda?
POLITIKI

Isoko rihuriweho ry’ibihugu bya Afurika risobanuye iki ku Rwanda?

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Fatima-Portugal: Habaye umuhango wo gusezera kuri Kigeli V, ikimenyetso cy’Ubugambanyi bwa Benzinge na Bushayija
ITOHOZA

Fatima-Portugal: Habaye umuhango wo gusezera kuri Kigeli V, ikimenyetso cy’Ubugambanyi bwa Benzinge na Bushayija

Ubwanditsi 16 Jan 2017
Iherezo ry”Umutwe wa Kayumba Nyamwasa” ryasembuwe na Raporo y’ impuguke za Loni
INKURU NYAMUKURU

Iherezo ry”Umutwe wa Kayumba Nyamwasa” ryasembuwe na Raporo y’ impuguke za Loni

Ubwanditsi 22 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru