• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatakaje amanota i Rusizi mbere yo guhura na AS Kigali

Rayon Sports yatakaje amanota i Rusizi mbere yo guhura na AS Kigali

Ubwanditsi 23 Oct 2016 IMIKINO

Rayon Sports yaburaga bamwe mu bakinnyi babanza mu kibuga yanganyirije na Espoir kuri stade ya Rusizi itakaza amanota ya mbere muri shampiyona igeze ku munsi wa kabiri mbere yo guhura na AS Kigali.

Rayon Sports yari yatsinze Police FC ibitego 3-0 ku munsi ufungura shampiyona yari i Rusizi nta ba myugariro Manzi Thierry (wavunitse) na Mutsinzi Ange (uri mu bizamini), Mugheni Fabrice na Moussa Camara bafite imvune.

Ibi byatumye umutoza wa Rayon Sports Masudi Djuma aha umwanya Mugisha Francois “Master” akinana na Munezero Fiston mu mutima wa ba myugariro, Rwigema Yves na Nzayisenga Jean d’Amour bugarira ku mpande naho Nsengiyumva Moustafa akina nka rutahizamu.

Mu gice cya mbere, Espoir yabonye uburyo bubiri bwo gutsinda ibitego, abakinnyi bayo bakagwa mu rubuga rwa Rayon Sports, abafana bari muri stade bakavuga ko ari penaliti umusifuzi aryumaho.

Imiterere y’ikibuga ntiyoroheye amakipe yombi mu kubaka umukino, Espoir irusha Rayon Sports kukimenyera ikina imipira miremire.

Uburyo bukomeye mu gice cya mbere Rayon Sports yabonye ni aho Kwizera Pierre yagerageje gutungura umunyezamu wa Espoir, Sozera Anselme wahoze akinira AS Kigali, umupira uca ku ruhande.

-4457.jpg

Shasiri wa Rayon Sports uherutse gutsinda ibitego bibiri ubwo bakinaga na Police FC gusa uyu munsi ntiyatsinze (Ifoto/Ngendahimana S.)

Rayon Sports yatangiye igice cya kabiri isatira cyane aribwo Moustafa yananiwe kubyaza umusaruro umupira watewe nabi na myugariro wa Espoir, umunyezamu asohoka neza arawumuterana.

Umunyezamu wa Rayon Sports, Ndayishimiye Eric “Bakame” yageragejwe kabiri na Ndikumana Bodo na Mbogo Ali imipira yombi ayikuramo

Ni umukino wa kabiri Espoir y’Umurundi Ndayizeye Jimmy anganyije, mu ikipe ifite intego yo kuzasoza mu myanya myiza. Espoir izahura na Bugesera tariki ya 29 Ukwakira i Nyamata.

Yagize ati “Igice cya mbere baturushije, twabonye uburyo mucya kabiri. Twashakaga gutsindira imbere y’abafana, turacyabura byinshi imbere y’izamu turebye uburyo twabonye mu mikino ibiri.”

Mu mikino itatu ya shampiyona Rayon Sports iheruka gukinira i Rusizi ntirinjiza igitego Espoir FC banganyije 0-0. Ni umwaka wa kabiri wa shampiyona ukurikirana iyi kipe inanirwa gutsinda imikino ibiri ibanza ya shampiyona.

Masudi avuga ko hari icyizere cyo kubona amanota kuri AS Kigali ku munsi wa gatatu wa shampiyona kuko bazabona nibura abakinnyi babiri batakinnye kimwe no gukinira ku kibuga cyiza.

Nyuma y’umukino yagize ati “ Twaje hano tudashaka gutsinda nubwo twaburaga abakinnyi benshi, nta na morale ihagije. Inota rimwe hejuru y’imvune twari dufite byanshimishije kuko twe dukina umupira wo hasi kandi ikibuga cyatunajije.”

Tariki ya 30 Ukwakira 2016, Rayon Sports izakira AS Kigali kuri stade ya Kigali yatsinze Marines ibitego 3-0. Umukino nk’uyu wari wabaye ku munsi wa kabiri wa shampiyona, AS Kigali itsinda ibitego 2-1.

Indi mikino y’umunsi wa kabiri wa shampiyona

AS Kigali 3-0 Marines

Police FC 2-1 Bugesera

Kirehe 0-1 Sunrise

Mukura 0-1Etincelles

Ku Cyumweru, tariki ya 23 Ukwakira 2016

Gicumbi FC vs APR FC – Stade ya Kigali

Kiyovu Sports vs Amagaju – Mumena

Musanze FC vs Pepiniere – Nyakinama

2016-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manishimwe Djabel akomereje akazi mu ikipe yo mu kiciro cya kabiri avuye mu cya mbere muri Iraq

Manishimwe Djabel akomereje akazi mu ikipe yo mu kiciro cya kabiri avuye mu cya mbere muri Iraq

Ubwanditsi 29 Aug 2024
U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Menya Nyirishema Richard wari Visi Perezida wa FERWABA, wagizwe Minisitiri wa Siporo asimbuye Aurore Mimosa Munyangaju

Menya Nyirishema Richard wari Visi Perezida wa FERWABA, wagizwe Minisitiri wa Siporo asimbuye Aurore Mimosa Munyangaju

Ubwanditsi 17 Aug 2024
Mu bihembo bya The Choice, Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague yabaye umukinnyi w’umwaka wa 2021 ahize abarimo Sugira Ernest

Mu bihembo bya The Choice, Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague yabaye umukinnyi w’umwaka wa 2021 ahize abarimo Sugira Ernest

Ubwanditsi 14 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0
Amakuru

Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0

Ubwanditsi 09 Sep 2022
Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwiyita umukozi b’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka
ITOHOZA

Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwiyita umukozi b’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka

Ubwanditsi 27 Sep 2017
Iharabika k’u Rwanda rimaze gushirana Uganda nyuma y’urupfu rwa Sendegeya, umucamanza mu Burengerazuba bwa Uganda
INKURU NYAMUKURU

Iharabika k’u Rwanda rimaze gushirana Uganda nyuma y’urupfu rwa Sendegeya, umucamanza mu Burengerazuba bwa Uganda

Ubwanditsi 25 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru