• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center

Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center

Ubwanditsi 16 Nov 2016 Mu Mahanga

Intumwa za rubanda zirindwi ziturutse mu Ihuriro ry’abagore bari mu Nteko Ishinga Amategeko ya Guinée ku wa 15 Ugushyingo zasuye Isange One Stop Center ya Kacyiru; kandi zishima Serivisi z’iki Kigo.

Bahawe ikaze n’Umuyobozi wa Laboratwari ya Polisi y’u Rwanda (KFL) Commissioner of Police (CP) Dr Daniel Nyamwasa; wababwiye ndetse abasobanurira ibyo iki Kigo gikora n’uko kibikora.

Aba badepite bari mu gihugu mu rugendo shuri rw’icyumweru (kuva ku itariki 13 kugeza ku wa 20 Ugushyingo) rugamije kwigira ku Rwanda ibyo rwagezeho mu guteza imbere Uburinganire no kongera ubushobozi bw’Umugore nk’uko byatangajwe n’uwari uzirangaje imbere, Djéné Sarah Kamara.

Zimaze kubwirwa ibyo Isange ikora; izo Ntumwa za rubanda zeretswe aho abayigana bahererwa serivisi harimo aho bakirirwa, aho basuzumirwa, aho bagirirwa inama mu bijyanye n’amategeko hashingiwe ku ihohoterwa bakorewe, n’aho bavurirwa ndetse bakanahabwa imiti ituma badatwara inda cyangwa ngo bandure vurusi itera SIDA ku bakorewe irishingiye ku gitsina.

CP Dr Nyamwasa yabwiye abo bashyitsi ko umubare munini w’abo iki Kigo cyakira ari abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko ubwabo bagize 72 %; aho 82% byabo bari hagati y’imyaka itanu na 18 y’amavuko, naho 18% bakaba bari munsi y’imyaka itanu y’amavuko.

Yagize ati:”Dufite abajyanama mu by’ihungabana n’impuguke mu byiciro bitandukanye bita kandi bafasha abatugana; kandi nta kiguzi bacibwa kuri serivisi zose bahabwa, kandi n’iyo batashye dukomeza kubakurikiranira hafi, ndetse iyo bibaye ngombwa turabasura kugira ngo turebe niba nta bufasha bwihariye bakeneye.

Umuyobozi wa Laboratwari ya Polisi y’u Rwanda yabwiye abo badepite ko Isange imaze kugaba amashami mu Bitaro 28 mu gihugu, ariko ko intego ari ukugeza serivisi zayo mu bitaro byose biri mu gihugu ndetse no mu Bigo Nderabuzima.

Nyuma y’urwo rugendoshuri, Nyakubahwa Kamara yagize ati:”Nk’abahagarariye rubanda, kandi barajwe ishinga n’igituma bagira imibereho izira ihohoterwa twaje kureba uko U Rwanda rwateje imbere Uburinganire no kongera ubushobozi bw’Umugore. By’umwihariko twasuye Isange kugira ngo twihere ijisho uko yita ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’iryakorewe abana; kandi twasanze imikorere yayo ari ntamacyemwa; ibi nkaba mbivuga nshingiye ku buryo bwiza bwo kwakira abayigana , serivisi nziza ibaha, n’imikoranire yayo n’izindi nzego, kandi izo serivisi zose zikaba ari ubuntu.”

-4686.jpg

Yongeyeho agira ati:”Twungutse byinshi bizatuma tunoza gahunda zacu zijyanye no kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana ndetse no gufasha abarikorewe. Isange ni intangarugero ku buryo ibihugu bitari bike bishobora kuyigiraho.”

Isange One Stop Center yashyizweho mu 2009 ku bufasha bwa Madame wa Perezida wa Repubulika, Jeanette Kagame binyuze mu Imbuto Foundation.

RNP

2016-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Ubwanditsi 16 Oct 2023
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Ubwanditsi 23 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa
HIRYA NO HINO

FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 03 Apr 2020
Zari akomeje kugaragaza urukundo agifitiye umugabo we wapfuye yari yaramuharitse
HIRYA NO HINO

Zari akomeje kugaragaza urukundo agifitiye umugabo we wapfuye yari yaramuharitse

Ubwanditsi 06 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru