• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Ubwanditsi 21 Nov 2016 ITOHOZA

Kuva aho Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yitabiriye imyitozo ya gisirikare y’ingabo z’u Rwanda y’urukomatane rw’intwaro, yabereye mu kigo cy’i Gabiro mu karere ka Gatsibo ku wa Gatanu ku ya 4 Ugushyingo 2016.

Iyo myitozo yakozwe na diviziyo ya mbere y’ingabo, yari igizwe n’ibice bitandukanye birimo icy’ingabo zirwanira ku butaka n’izirwanira mu kirere.

Gen. Kayumba Nyamwasa byaramuriye ndetse ababazwa bikomeye n’uko u Rwanda rufite ubwirinzi buhambaye, ajya kwiyahura kuri Radio RTLM/Itahuka, avuga ko Kagame ngo agaragaza intwaro za rutura ariko mu gihugu nta ruganda ruko n’igikwasi.

Ibi bitekerezo bya Kayumba bigaragaza ko atigeze akunda igihugu ko ahubwo yarwaniraga inyungu ze bwite, ari nayo mpamvu yahisemo kuba ikigarasha, ni gute ababajwe n’uko igihugu gifite ubwirinzi?

-4705.jpg

Kayumba na Rosette

Kayumba aheruka mu Rwanda 2010, RDF yari azi siyo y’ubu, ingabo z’u Rwanda zimaze kugira ingufu zihambaye n’intwaro zikakaye zo kwivuna umwanzi niba rero Kayumba yakekaga ko ashobora kugaruka mu Rwanda guhungabanya umutekano nk’ibyo yakoraga we na Karegeya bayobora ibitero bya Grenade muri Kigali, baca abaturage amaguru, aribeshya.

Icya kabiri : Kuba Kayumba Nyamwasa yarandikiye abacamanza b’ubufaransa bashinzwe gukora iperereza ku ihanurwa ry’indege yarimo perezida Habyarimana na Ntaryamira w’u Burundi, abasaba ko bamwumva agatanga ubuhamya bugamije gushinja Perezida Kagame kuba ariwe ngo wahanuye indege ya Habyarimana.

Akabeshya ko yari mu mwanya umwemerera kubimenya, bamubaza niba yari mu nama itegura icyo gikorwa cyo guhanura indege aho kugisubiza ati “nari ndi mu mwanya unyemerera kubimenya”. Mu by’ukuri biragaragara ko Kayumba ari ikigarasha.

Icya gatatu : Kuba Kayumba ashaka ubuhunzi mu bufaransa kuburyo yatangiye no kuvugana na Kanziga Agatha umupfakazi wa Habyarimana amubwira ko agiye gutanga ubuhamya ku ihanurwa ry’indege yarimo umugabo we nawe akamusaba kumuvugira kubayobozi b’ubufaransa kubona ubuhungiro mu bufaransa kandi Agathe Kanziga nawe amaze imyaka isaga 18 asaba ibyangombwa byo kuba mu Bufaransa yarabibuze, ni ikerekana ko koko Kayumba ari ikigarasha.

Icya kane: Kuba ishyaka reye RNC rifitanye imikoranire ya bugufi na Willy Nyamitwe uherutse mu nama Oslo aho yerekanye amashusho (Film Documentaire) y’intwaro n’ abasilikare, abeshya ko ari iby’igisilikare cy’u Rwanda, kandi ahubwo herekanywe amashusho arimo intwaro n’abasikare by’aba Congomani b’Abatwa b’Impunyu ziba mu mashyamba ya Congo, abandi ari aba Mai Mai.Ibi byose ni ibigaragaza ko Kayumba ari ikigarasha.

Icya gatanu: Kujya kurwanira hejuru y’umugogo w’Umwami Kigeli afatanije na Rujugiro, Rujugiro agatanga amafaranga ngo umugogo wa Kigeli utajya gutabarizwa mu Rwanda, ahubwo ujyanwe muri Protugal, Chancellor w’umwami Boniface Benzinge, akemera kugurisha umugogo w’umwami, agahaho Emmanuel na Rwigemera bakayasangira nabashiki ba Benzinge bivugwa ko ari nabo basahuye ibintu byari munzu kwa Kigeli, babona bimaze kumenyekana bagakwepa, bagasiga umugogo w’Umwami mu buruhukiro.

-4708.jpg

Rujugiro Ayabatwa Tribert

Hari amakuru avuga ko Benzinge yari yarakodesherejwe inzu yakataraboneka n’imodoka yo kugendamo, avuye kuba munzu z’abasaza none akaba yaraburiwe irengero n’ubwo hari amakuru twamenye avuga ko yigiriye mu Bwongereza kurirayo ayo mafaranga ya Rujugiro.

-4706.jpg

Nguwo Boniface Benzinge mu Bwongereza

Ariko ibintu bitangiye kujya mu buryo kuko mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 17 Ugushyingo 2016 n’Umuryango w’Umwami Kigeli V uhagarariwe na Christine Mukabayojo, rivuga ko ibivugwa ko Umwami Kigeli V Ndahindurwa yari yaranze ko azatabarizwa mu Rwanda atari ukuri.

Iryo tangazo rigira riti “ Umuryango w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wamaganye ibi byose bigaragara kuri internet no ku mbuga nkoranyambaga ko: Umwami atazatabarizwa mu Rwanda, ko Umwami yasize abwiye icyo yifuza inshuti ze za hafi ku bijyanye n’itabarizwa rye, ko umuryango we wa hafi uri gushakisha ubufasha mu bantu batandukanye haba mu mazina yawo no mu izina ry’Umuryango washinzwe n’Umwami.”

-4707.jpg

Nyakwigendera Umwami wanyuma w’u Rwanda Kigeli V Ndahindurwa

Iri tangazo rikomeza rigira riti “ Kuri ubu, ibijyanye no gutabariza Umwami biracyategurwa kandi Umuryango we wa hafi n’abafitanye nawe isano ry’amaraso bya hafi bashimangira ko Umwami azatabarizwa mu Rwanda kandi bari gukora ibishoboka byose ngo ibyo bikorwe.”

Uyu muryango waburiye abantu bose bazatanga amafaranga muri gahunda zo gutabariza Umwami, ko atari iby’Umuryango ndetse n’ubikora agomba kwirengera uko byagenda kose.

Cyiza Davidson

2016-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Ubwanditsi 14 Jan 2017
Amatariki y’ubujurire bwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi yamenyekanye.

Amatariki y’ubujurire bwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi yamenyekanye.

Ubwanditsi 28 Aug 2017
Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Ubwanditsi 30 Mar 2020
Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Ubwanditsi 23 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba
Amakuru

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Oct 2021
U Rwanda rubaye umufatanyabikorwa wa mbere w’ikipe ya Arsenal mu bukerarugendo
Mu Rwanda

U Rwanda rubaye umufatanyabikorwa wa mbere w’ikipe ya Arsenal mu bukerarugendo

Ubwanditsi 23 May 2018
Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye
Mu Rwanda

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Ubwanditsi 02 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru