• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yakiriye indahiro za Depite Bitunguremye, Kalinijabo na Mukamana bose bakomoka muri RPF- Inkotanyi.

Perezida Kagame yakiriye indahiro za Depite Bitunguremye, Kalinijabo na Mukamana bose bakomoka muri RPF- Inkotanyi.

Ubwanditsi 18 Nov 2016 Amakuru

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ugushyingo 2016, Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abadepite batatu bashya, basimbuye bagenzi babo batakiri mu Nteko Ishinga Amategeko kubw’impamvu zitandukanye.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye uwo muhango n’Abanyarwanda muri rusange, Umukuru w’Igihugu yasabye abarahiye gukomeza gukorera igihugu no gufatanya n’abandi basanze, kuko basanzwe buzuza imirimo n’inshingano neza bigatuma igihugu gikomeza gutera imbere.

Yavuze ko ari imbaraga ziyongereye ngo igihugu gikomeze gutera imbere nkuko ibyegeranyo bitandukanye bibigaragaza.

Yagize ati “Ni ukongera imbaraga kugira ngo igihugu gikomeze gutera imbere nkuko bikomeje kugenda umunsi ku wundi, yaba mu bukungu, gukora ubucuruzi, imiyoborere, umutekano n’ibindi nkuko buri gihe bigenda bigaragara mu byegeranyo bitandukanye.”

Abadepite barahiye ni Karinijabo Barthelemy, Mukamana Elizabeth na Bitunguranye Diogene baturuka mu Muryango RPF-Inkotanyi basimbuye Nyirasafari Esperance wagizwe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Mureshyankwano Marie Rose wagizwe Guverineri w’Intara y’Amajyepfo na Nyandwi Desire witabye Imana tariki 14 Ukwakira 2016.

Perezida Kagame yashimangiye ko nta kwirara kuko iterambere u Rwanda rushaka ritaragerwaho.

Yagize ati “Inshingano ni ugukomeza gutera imbere no gukora neza kuko ari inzira izira iherezo. Mu gihugu cyacu haracyari urugendo rurerure tugomba gukora kugira ngo tugere ku ntego zacu duhora twiha. Gukora kwacu ni ukwikorera turifuza gukora ibintu bizima birambye, uko bamwe bagenda bavamo abandi bagenda baza kandi inzira ni imwe.”

Batatu binjiye mu Nteko Ishinga Amategeko ni bantu?

Depite Karinijabo Berthelemy w’imyaka 43 yahoze ari Perezida wa Komisiyo y’Imari n’Iterambere ry’Ubukungu muri Njyanama y’Akarere ka Muhanga, yakoze iyi mirimo imyaka igera ku 10. Ni umugabo wubatse ufite abana babiri. Ubusanzwe yakoraga muri Soras Vie.

Depite Mukamana Elizabeth w’imyaka 47 yari umwunganizi mu by’amategeko mu rugaga rw’abavoka mu Rwanda. Arubatse afite abana bane.

Depite Bitunguramye Diogene w’imyaka 50 afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu burezi. Yari umukozi mu Karere ka Rulindo ashinzwe uburezi.

-4726.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

2016-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino utarabereye igihe, APR FC yatsinze Musanze FC 2-1

Mu mukino utarabereye igihe, APR FC yatsinze Musanze FC 2-1

Ubwanditsi 07 Oct 2023
Impaka za ngo ‘Turwane ‘  hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Impaka za ngo ‘Turwane ‘ hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 12 Sep 2023
U Rwanda rwakuye  umudali wa Feza muri Madagascar ubwo hakinwaga imikino Nyafurika ya Basket ya Batatu

U Rwanda rwakuye umudali wa Feza muri Madagascar ubwo hakinwaga imikino Nyafurika ya Basket ya Batatu

Ubwanditsi 02 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Edgar Lungu wa Zambia
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Edgar Lungu wa Zambia

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana
ITOHOZA

Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Ubwanditsi 13 Apr 2017
Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye
Mu Rwanda

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Ubwanditsi 18 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru