• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Ubwanditsi 18 May 2018 Mu Rwanda

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Leopold Munyakazi, aburanamo n’ubushinjacyaha ku byaha bya jenoside mu Rukiko Rukuru kuri uyu wa Kane, ryaranzwe n’impaka nyinshi z’urudaca, aho ubushinjacyaha bwasabaga gushimangira igihano yahawe n’umucamanza wa mbere, mu gihe abunganira uregwa basaba ko yagirwa umwere.

Ubushinjacyaha bwahawe ijambo bwa mbere bwanenze abatangabuhamya bashinjura Munyakazi ko bavuga ibintu batabonye kandi kandi batumvise, buvuga ko abashinjura no ku matariki bavuga ko babonyeho Munyakazi I Kayenzi bikekwa ko ari ho yakoreye ibyaha hahabanye n’aho nyirubwite yiyemerera.

Ubushinjacyaha bukaba bwavuze ko abo batangabuhamya bose ubuhamya bwabo butashingirwaho. Bwisunze ingingo z’amategeko bukaba busanga butafatwa nk’ikimenyetso keretse ngo hari ibindi bimenyetso bibushyigikira.

Bwashinjije Munyakazi kuba gatozi mu gutanga amabwiriza yo gukora jenoside no kuba gatozi mu gukora jenoside. Ubushinjacyaha bukaba bwavuze ko abatangabuhamya babwo barega Munyakazi bose bahuriza ku nama yabereye ku kibuga cy’amashuri, Kirwa, yakurikiwe n’ibitero byahitanye.

Umwunganizi wa Munyakazi, Me Denis Micombero akaba yabwiye urukiko ko ari rwo rufite ububasha bwo kuzasuzuma rugaha agaciro ibyavuzwe n’abatangabuhamya b’impande zombi. Yongeyeho ko imvugo z’abatangabuhamya b’ubushinjacyaha zose zisa nk’izishinjura Dr Munyakazi aho kumushinja, ndetse ko abashinja banivuguruza bagashidikanya ku byo bavuga kandi amategeko ateganya ko gushidikanya birengera uregwa.

Ahawe ijambo, Munyakazi yashimiye umunyamategeko we ku magambo yari amaze kuvuga, ndetse ashimira urugereko rw’Urukiko Rukuru rumuburanisha mu bujurire ngo kuko rwumvise ibyifuzo bye rukamuha ubutabera buboneye nk’uko yabitangaje.

Ati: “Mwanjyanye aho bikekwa ko nakoreye ibyaha I Kirwa nabonye ubutabera ku mugaragaro aho nari ndi mu baturage bangana kuriya ntihagire n’umwe untunga urutoki ku byabaye.”

Yakomeje ashimira ko urukiko rwatumije abatangabuhamya ku mpande zombie mu gihe ngo umucamanza wa mbere yamupfukiranye, avuga ko icyo yabonye haba mu bamushinja n’abamushinjura nta n’umwe wagaragaje uruhare rwe ku byaha aregwa.

Munyakazi kandi yikomye abamushinja avuga ko ubuhamya bwabo bushingiye ku bumenyi bucye bw’amateka ya jenoside yabereye I Kirwa. Yise ndetse abicanyi bamwe mu batangabuhamya b’ubushinjacyaha avuga ko atabemera nk’abatangabuhamya kuko bahamwe n’ibyaha bya jenoside.

Iyi mvugo ikaba yakunze kurakaza ubushinjacyaha bukavuga ko Munyakazi yagombye kuba agaragaza ibyemezo by’inkiko zabahannye, mu gihe Munyakazi avuga ko abatangiye ubuhamya mu muhezo bakingiwe ikibaba mu nyegamo, avuga ko batinye gutangira ubuhamya mu ruhame, akaba abibonamo umuco mubi uha icyanzu ikinyoma kandi bigakurura amatiku nk’uko yakomeje avuga.

Yongeyeho ko ibyo bakoze babikoze ku mugaragaro nta muntu utabazi.

Ubushinjacyaha bwongeye kurakara busaba ubwubahane mu rukiko, buvuga ko ubwo batangaga ubuhamya Munyakazi yagombye kuba yarabivuze.

Umucamanza Muhima Antoine yasabye ituze mu rukiko ku mpande zombi avuga ko ntawe byagirira akamaro mu kwihanukira no gukoresha amagambo akarishye kuko ngo Atari byo bituma urukiko rumenya ukuri.

Urukiko rwabajije Munyakazi ku mbunda abatangabuhamya bahurizaho ko yari ayitunze I Kayenzi, avuga ko na mbere yo kuva mu gihugu yari yarasobanuriye inzego z’iperereza inkomoko y’iyo mbunda. Yavuze ko kubera ibitero bitandukanye Interahamwe zamugabagaho ubutegetsi bwari bwaramuhaye imbunda yo kwirinda n’umuryango we kandi yayihawe mu buryo bwemewe n’amategeko. Abamushinja n’abamushinjura bakaba bemeza ko iyi mbunda nta kibi yayikoresheje.

Hari na video irega Munyakazi ikubiyemo amagambo yavugiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubushinjacyaha buvuga ko yahakanye akanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi impande zombie zemeranyije ko itasubirwaho mu rukiko kubera ibisobanuro byayitanzweho. Munyakazi akavuga ko ijambo rikomeye yavuzemo ryatinzweho ari ubutati kandi ngo nta jambo na rimwe rihakana cyagwa ngo ripfobye jenoside.

Yavuze ko ubutati ari ukurenga ku gihango kandi Abanyarwanda bakoze ibyaha ndengakamere bivuze ko batatiye igihango cy’ubuvandimwe mu nzego zose. Ati: “Nabivuze ndi muri Amerika kandi amategeko yahoo arabinyemerera.”

Mu kwanzura ubushinjacyaha bwasabye urukiko kuzita ku byavugiwe mu rukiko n’ibikubiye mu kirego byose, kandi rukazita ku byakozwe n’umucamanza wa mbere maze rukazashimangira igihano cy’igifungo cya burundu y’umwihariko yahawe.

Munyakazi we yasoje asaba imbabazi ku myitwarire y’aho byaba bitaragenze neza mu rukiko, yongera gushimangira ko nta cyaha icyo ari cyo cyose yakoze mu byo aregwa, avuga ko jenoside ari ikintu yiboneye ataba uwa mbere mu kuyipfobya cyangwa kuyihakana. Naho iby’ubutati ngo yabivuze nk’umushakashatsi kandi nk’umwarimu ubyemerewe.

Kimwe n’umwunganizi we, Munyakazi akaba yasabye urukiko kuzamugira umwere rukamukura mu buroko.

Leopold Munyakazi yaje mu Rwanda 2016 yirukanwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yagiye mu 2008 nyuma y’imyaka 5 yari amaze afunzwe mbere yo kurekurwa by’agateganyo. Mu 2017 akaba yarahanishijwe igihano cy’igifungo cya burundu y’umwihariko n’inkiko z’u Rwanda nyuma yo kumuhamya ibyaha bya jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu.

Biteganyijwe ko kuwa 29 Kamena 2018 ari bwo hazemezwa niba Munyakazi afungurwa cyangwa azaguma mu munyururu.

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

RUSHYASHYA 27 May 2026
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Ubwanditsi 26 Nov 2021
Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Ubwanditsi 29 Mar 2017

Igitekerezo kimwe

  1. yeqw
    May 20, 20186:43 am -

    mwarekuye umusaza ariko ahoyakorwye icyaha bamugize umwere abashinjacyaha mubareke ntakiza cyabo nzi umusaza yabaye umwere kera mumurekure

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo IBUKA ivuga ku koherezwa mu Rwanda kwa Mugimba,Iyamuremye, Seyoboka na Munyakazi
Mu Mahanga

Icyo IBUKA ivuga ku koherezwa mu Rwanda kwa Mugimba,Iyamuremye, Seyoboka na Munyakazi

Ubwanditsi 19 Nov 2016
Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.
Amakuru

Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.

Ubwanditsi 03 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru