• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yatangije inama y’Umushyikirano,atangaza aho u Rwanda ruhagaze

Perezida Kagame yatangije inama y’Umushyikirano,atangaza aho u Rwanda ruhagaze

Editorial 16 Dec 2016 Mu Mahanga

Umukuru w’Igihugu ati : Nishimiye gutangiza iyi Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ibaye ku nshuro ya 14. Mbahaye mwese ikaze abitabiriye iki kiganiro tugirana nk’Igihugu, abari mu Rwanda n’ahandi hirya no hino ku isi.

Nifurije ikaze kandi abashyitsi bacu baturutse mu bindi bihugu, baje kwifatanya natwe.

Nk’uko Itegeko Nshinga ribiteganya, iyi nama iba buri mwaka,bikaba uburyo Leta igaragariza abaturage ibyo igomba kubakorera.

Nishimiye rero kuvuga ko Igihugu cyacu gihagaze neza, gikomeye, kandi gikomeza gutera intambwe nziza.

Ibi turabizi kuko hari ibipimo bibyerekana, kandi n’ibyo twanyuzemo mu myaka birabigaragaza.

Umuryango w’Abibumbye mu gipimo cyawo k’iterambere ry’abantu, werekana ko mu myaka irenga makumyabiri ishize, u Rwanda ari rumwe mu bihugu bifite umuvuduko mwinshi mu iterambere.

Mu mezi make tuzatangira ikindi kiciro cy’urugendo rw’Iguhugu cyacu.

Uyu rero ni umwanya mwiza wo gusubiza amaso inyuma, tukareba inzira twanyuzemo dufatanije, n’indi ikiri imbere.

Ikiciro cya mbere, kimaze imyaka makumyabiri n’ibiri, cyari icyo kugarura umutekano n’ubumwe bw’Igihugu, kumva ko ntacyo dutinya, kandi ko twese turi ben’igihugu.

Iki cyakurikiwe n’iyindi myaka icumi yo guha imbaraga inzego z’Igihugu.Ibi byashimangiye umutekano, ubutabera, n’ikizere.

Twese turabona ejo hazaza heza.

Ni bwo bwa mbere mu buzima bw’iki Gihuguumuturage yumva afite umigabane mu Gihugu ke, aho kumva ko ahigwa, atotezwa, cyangwa avutswa ubuzima.

Ibipimo mpuzamahanga bitandukanye bigaragaza ko Abanyarwanda barenga 90% bavuga ko bafitiye ikizere polisi n’ingabo by’igihugu ku kigero cya 95%.

Ibi n’ibintu bikomeye tudakwiye na rimwe kwirengagiza.

Ikindi kiciro ni icyo mu myaka ya vuba. Cyari icyo kubaka ibikenewe kugira ngo ubukungu bwacu tubuhuze n’ubw’ahandi ku isi, kandi duhe Abanyarwanda ubushobozi bwo gukora bidasanzwe kugira ngo bashobore gupiganwa ku rwego mpuzamahanga.

Iki kiciro cyari ngombwa, kugira ngo dushobore kubaka umusingi w’ubukungu bwacu. Ubukungu burahenda. Ni yo mpamvu twashyize imbaraga nyinshi mu gutegura ejo heza dushaka.

Nk’uko twatangiye kubibona muri uyu mwaka, imbuto twabibye zitangiye kwera.

Ubu ubukerarugendo nibwo bwa mbere mu kwinjiza amadovize.

Twatanga ingero. URwanda rwakiriye inama mpuzamahanga zikomeye, kandi zafatiwemo ibyemezo bigamije gutunganya isi, ikarushaho kuba nziza.

Ibi byashobotse kubera impamvu ebyiri.

Iya mbere ni uko dufite ahantu inama nk’izo zishobora kubera.

Iya kabiri, kandi na yo y’ingenzi, ni uko u Rwanda rusangiyegahunda nziza n’ibindi bihugu, nko kubungabunga ibidukikije.

Igihe izi nama zabaga, Abanyarwanda benshi babonye akazi, n’ibihumbi by’abashyitsi byibonera umwihariko w’Igihugu cyacu. Ibi akaba ari ibyo kwishimira kuko twese tubifitemo uruhare.

Ibi ntibivuze ko hatakiri Abanyarwanda bataragera ku buzima bifuza.

Reka ngire icyo mbivugaho nshingiye ku mwihariko w’ibyo twanyuzemo.

Mu mwaka wi 2001, Abanyarwanda bane ku icumi bari mu bukene bukabije. Uyu munsi uwo mubare ni umuntu umwe mu bantu icumi.

Ikindi, nk’uko Banki y’Isi ibihamya, u Rwanda ni urwa kabiri muri Afurika mu korohereza ishoramari mu gihugu.

Hambere twashakishaga imibereho. Ubu turashaka ubukire.

Ndagira ngo nshimire Abanyarwanda bose kubera ikizere batugiriye no kwihangana, cyane cyane ko ibyo dukora byose bidahita bitanga akazi, cyangwa ngo bigabanye ibiciro.

Icyo dukwiye kwitaho mu minsi iri imbere ni ukubakira ku byo twagezeho kugira ngo twongere ubukungu bwacu. Ibi ni byo bizatuma Abanyarwanda babona imirimo kandi imirimo myiza.

Irindi somo twavana muri uru rugendo tumazemo iminsi ni uko ibyo dukora byose bishingira ku byabanje.

Ubukungu twifuza bushingira ku bikorwa by’igihe kirekire Leta iba yarakoze, na byo biba bishingiye ku nzego zihamye kandi abaturage bafitiye ikizere. Ibi byose ntibyashoboka tudafite umutekano n’ubumwe.

Uko dutera intambwe ni ko tugomba guhora tubumbatira ibyo twagezeho, n’ubwo abazadukomaho bo bazabibona nk’ibisanzwe.

Dusubije amaso inyuma, ibibazo twahuye na byo bitubera isomo rituma turushaho gukora neza. Ibi bikaba ishingiro ry’ikizere ko imbere ari heza.

Icyo nakongeraho ni uko politike yacu ireba twebwe Abanyarwanda, n’inyungu zacu.

Iri ni ihame tugomba guharanira kuko ari ryo rizatuma dukora ibyo twemera kandi bidufitiye akamaro. Ni nayo mpamvu tugomba guhora dukorera abaturage ibyo bakwiriye.

Akenshi inzitizi duhura nazo ni iziduturukamo. Aha ndavuga kudamarara, tugakora ibitworoheye, tukibagirwa ko ibi byose bifite ingaruka.

Dukwiye rero guhangana n’ibibazo nta kujenjeka, duhereye mu mizi ya byo.

Urugero ni ibyo tumaze iminsi tuvuga: guhora duteze amaso abadutera inkunga ngo tugere ku bikorwa bidufitiye inyungu.

Ibyo twakoze byose byatugiriye akamaro. Tugomba guhora twumva ko ari ibyacu. Ni ko gaciro kacu.

Ni nayo mpamvu muri uyu Mushyikirano, dukwiye gufata umwanzuro w’igihe ntarengwa u Rwanda ruzaba rutagitegera abandi amaboko.

Ndashimira abafatanyabikorwa n’inshuti zacu. Icyo twifuza ni ugukorana neza n’abo dufatanyije muri uru rugendo, akenshi tugashingira kubitekerezo n’amikoro byacu bwite.

Aho tugeze nta gushidikanya ko dukoranye umurava, ibi twabigeraho.

Imigambi nk’iyi ni yo ituma tuba abo twifuza kuba. Agaciro, nk’uko dukunze kubivuga, ntabwo ari ubukire, ahubwo ni ukwiyubaha no kumva ko twebwe ubwacu twakwikorera ibyo dushaka.

Intego yacu ni Ubumwe, Umurimo no Gukunda Igihugu. Mu matora tugiye kujyamo, dukwiye kongera kwibukiranya icyo gukunda Igihugu bitubwira twebwe Abanyarwanda.

Urukundo dufitiye Igihugu rugomba kugaragara no mu bagituye. Ni nayo mpamvu iyo dutora abayobozi tukanababaza ibyo bagomba kudukorera, tubikorana ikizere. Nyamara mu mahanga, bikunze kugaragara ko icyo bita demokarasi gihinduka amacakubiri n’umwiryane. Kandi si ko bikwiye kuba.

Ibyo twanyuzemo byose, n’uburyo twagiye dukemura ibibazo twahuye nabyo, bitwereka ko dufite ubushobozi bwo gukomeza gutera imbere. Ni nabyo dukwiye kwibandaho muri iyi iminsi ibiri.

Nonggeye kubashimira kandi mbifuriza inama nziza. Ndanabasaba ko muzakorana umurava mu gushyira mu bikorwa imyanzuro izavamo.

-5067.jpg

-5066.jpg

-5065.jpg

-5059.jpg

-5058.jpg

-5069.jpg

-5068.jpg

2016-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Editorial 22 Aug 2023
Dr. Sosthène Munyemana yahamijwe Jenoside n’Urukiko rwa Paris — Minisitiri Bizimana Jean Damascène ashimangira ko ari intsinzi y’ubutabera ku mabi ya Jenoside

Dr. Sosthène Munyemana yahamijwe Jenoside n’Urukiko rwa Paris — Minisitiri Bizimana Jean Damascène ashimangira ko ari intsinzi y’ubutabera ku mabi ya Jenoside

Administrator 24 Oct 2025
Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yo kuwa Kabiri tariki ya 13 Nzeri 2016

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yo kuwa Kabiri tariki ya 13 Nzeri 2016

Editorial 14 Sep 2016
Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Editorial 03 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwamagana: Umusore yishe mugenzi we amutemye amuziza kumwita umujura
Mu Rwanda

Rwamagana: Umusore yishe mugenzi we amutemye amuziza kumwita umujura

Editorial 20 Jun 2018
Ukurusha umugore akurusha urugo ; Mugabo menya ibiranga umugore mwiza
HIRYA NO HINO

Ukurusha umugore akurusha urugo ; Mugabo menya ibiranga umugore mwiza

Editorial 19 Jan 2017
Muri Angola Perezida Dos Santos agiye kurekura ubutegetsi ariko ataburekuye
Mu Rwanda

Muri Angola Perezida Dos Santos agiye kurekura ubutegetsi ariko ataburekuye

Editorial 17 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru