• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

Ubwanditsi 02 Jan 2017 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda iravuga umupolisi warashe umunyamategeko Nzamwita Toy nta yandi mahitamo yari afite kuko yari yahagaritswe akanga ahubwo agahatiriza kwinjira ahatemewe.

Mu ijoro ryo kuwa 30 Ukuboza 2016 nibwo umunyamategeko Nzamwita Ntabwiba Toy yarashwe na polisi ahita apfa ubwo yageragezaga kwinjira mu buryo butemewe ku nyubako ya Kigali Convention Center polisi yamuhagarika akabyanga.

Muri iryo joro kandi polisi yarashe imodoka y’umukozi wa MTN witwa Karenzi Benjamin nawe washakaga kurenga bariyeri zari zashyizwe hafi ya Kigali Convention Center ariko we ntacyo yabaye.

Polisi y’u Rwanda yavuze ko aba bose bari banyoye inzoga birengeje urugero.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 02 Mutarama 2017, umuyobozi w’Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda CP George Rumanzi yavuze ko mu minsi isatira ubunani bwa 2017 polisi yakajije umutekano w’inyubako ya Kigali Convention Center kubera ibirori byari kuhabera ngo hatagira uwiyoberanya agahungabanya umutekano ari nayo mpamvu hari hashyizweho bariyeri uwarashwe yashatse kurenga ku ngufu.

CP George Rumanzi yavuze ko kandi umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite kuko yari yamuhagaritse akabyanga kandi ntawri uzi icyo agambiriye.

Yagize ati “niyo mahitamo umupolisi yari asigaranye kuko uyu muntu wari utwaye, icyambere turebye amasaha hari nijoro, icyapa ntiyacyitayeho, ibihagarika yarabigonze, umupolisi ahagararamo ngo amuhugarike nawe yari amugonze, icyari gisigaye rero ni ugukoresha intwaro nk’uko byemewe n’amategeko, umupolisi yagombaga kureba icyakorwa kindi,kwari ugukoresha ingufu kugira ngo uwo muntu utazwi, nta wari uzi icyo agamije nta n’uwari uzi icyo atwaye.”

CP George Rumanzi yavuze ko bishoboka ko iyo polisi itarasa iyo modoka yari kugenda ikaba yakwangiza umutekano w’abari mu gitaramo kandi ko ari byo byari kuba bibi kurushaho dore ko hari n’ingero z’aho byagiye biba.

Yagize ati “ Mu mwanya muto umupolisi yari afite n’umuntu tutazi uwo ari we, tutazi n’icyo agamije, tutazi n’icyo atwaye kandi hagaragara ibibera hirya no hino, umupolisi yari afite umwanya muto wo gukoresha ingufu, iyo atazikoresha imodoka ikagenda igakandagira abantu cyangwa igaturikira mu bantu kuko nta wari ubizi ubwo sinzi niba ari byo byari gushimwa.”

Nyuma y’urupfu rwa Me Toy urugaga rw’abavoka mu Rwanda rwagaragaje ko rutishimiye uburyo mugenzi wabo yishwe basaba polisi y’u Rwanda gukora iperereza ryimbitse kandi rikihutishwa.

Ishusho y’umutekano mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda yasobanuye ko umutekano mu minsi mikuru wari wifashe neza kuko impanuka zabaye nke ndetse n’ibyaha bikagabanuka ugeranije n’umwaka washize.

CP George Rumanzi uyobora ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda yavuze hagaragaye impanuka zidakabije zahitanye ubuzima bw’abantu 8 abandi 6 bagakomereka mu buryo bukomeye.

Hafashwe kandi imodoka 11 zari zitwawe n’abantu basinze, nyuma ziza kugenda zirekurwa.

ACP Moris Muligo uyobora ishami ry’ubugenzacyaha yavuze ko nta byaha bikomeye byabaye uretse ubujura bw’amatungo magufi, gukoresha amafaranga y’amigananano ibihumbi 64 byose ngo byabaga bigamije gushaka amaramuko,hafashwe kandi urubyiruko 22 rwafatanywe ibiyobyabwenge.

-5236.jpg

Uhereye ibumoso, ACP Twahirwa Celestin, CP George Rumanzi na ACP Moris Muligo mu kiganiro n’abanyamakuru

2017-01-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 19 Mar 2022
Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Abapolisi bo mu karere barangije amahugurwa yo gushyira ibimenyetso ku ntwaro

Abapolisi bo mu karere barangije amahugurwa yo gushyira ibimenyetso ku ntwaro

Ubwanditsi 21 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urugaga rw’Abavoka rwihanganishije umuryango wa Me Mutunzi witabye Imana
Mu Rwanda

Urugaga rw’Abavoka rwihanganishije umuryango wa Me Mutunzi witabye Imana

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali basinye imihigo yo kunoza umutekano n’isuku
Amakuru

Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali basinye imihigo yo kunoza umutekano n’isuku

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya
Mu Mahanga

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ubwanditsi 04 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru