• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»DONALD TRUMP Ashobora kuba atazi ikimuhatse n’ubwo agiye kuba Perezida w’Amerika

DONALD TRUMP Ashobora kuba atazi ikimuhatse n’ubwo agiye kuba Perezida w’Amerika

Ubwanditsi 14 Jan 2017 ITOHOZA

Mbere yuko itariki ya 20 Mutarama 2017 igera ngo perezida watowe Donald Trump yicare mu ntebe yo gufatiramo ibyemezo, hari ibintu birimo kuba muri politike ya Amerika kuburyo bitanga isura y’ibibazo ubutegetsi bwa Trump buzahura nabyo. Ibi bikaba biterwa n’imyitwarire arimo kugaragaza y’ukuntu ashaka guhindura ibintu byose icyarimwe, akerekana ko abandi ntacyo bakoze ndetse inzego nyinshi akaba yaraziciye amazi, ibi bikaba ari muri bimwe bishobobora gutuma ashobora kugonga urukuta rwa beto.

Kuva aho inzego zitandukanye z’iperereza muri Amerika zitangiye kugirana ubwumvikane buke na perezida watowe Donald Trump, biragaragara ko nabo hari ibyemezo bashobora kuba barimo gufata kuko bari kubona ko imyitwarire ya Trump kuri bo itari myiza kandi ishobora kubabangamira mukazi kabo kihariye.

Nkuko tubikesha inkuru ya The Assoiated Press y’abanyamerika, umunyamakuru wayo washoboye kuganira numwe mubayobozi b’inzego z’iperereza yabwiwe ko nyuma yaho Trump agaragaje imyitwarire yo gusuzugura inzego zitandukanye z’igihugu, noneho mukiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuwa gatatu taliki 11 Mutarama 2017 Trump akagereranya imikorere y’inzego z’iperereza n’abanazi bo mubudage, ngo ibi ntibishobora gukomeza gutya ngo ntamuntu ufite uburenganzira bwo gutesha agaciro inzego z’igihugu cyabo kandi ariwe wakabaye uwambere kuzirengera ngo nubwo hari aho zaba zaragize intege nke muburyo runaka.

-5363.jpg

Visi Perezida Joe Biden

Mukiganiro visiperezida Joe Biden yagiranye n’umunyamakuru Josh Lederman yamubwiye ko hari impamvu zatumye inzego z’ubutasi z’amerika zemera ko amakuru ajyanye n’imyitwarire Trump yagiriye muri Russia mubyo aregwa byuko yakoreyeyo ubusambanyi ndetse nuko hari ibintu by’amafaranga ahabwa cg yaba yarahawe n’abarusiya. Biden yongeye ho ko kandi FBI yabanjye kubimenyesha Obama na Joe Biden babiganiraho ngo kubera uburemere bwabyo hafatwa icyemezo cyuko bigomba kujya hanze. Ariko yasobanuye ko yaba we cg Obama ataribo bafashe icyemezo cyo gusohora ayo makuru, ndetse nabo batunguwe no kumva ayo makuru ngo bo bakaba badashobora kubibazwa.

Ikindi Visi-prezida w’Amerika Joe Biden yavuze ko biragaragara ko Trump ari muruhande rw’umwanzi w’igihugu cyabo ariwe Uburusiya. Biden akomeza avuga ko kwangiza isura y’abanyamerika kandi uri muyobozi ko bidashobora kwihanganirwa ko bizagira aho bigarukira.

Umuyobozi Mukuru w’inzego z’ubutasi James Clapper we yavuze ko ariya makuru ari kumpapuro 35 bayafite kuva mukwezi kwa munani 2016, ngo nubwo yasohotse muri iki cyumweru ngo bafite impamvu byakozwe. Uyu muyobozi nawe yavuze ko Obama yamubajije impamvu babimumenyesheje amubwira ko ari ngombwa kandi ko na Trump azabimenyeshwa ngo kubera uburemere bwabyo. Gusa Obama na Joe Biden babimenyeshwa n’inzego ziperereza zababwiye ko bakigenzura niba koko ayo makuru ariyo mbere yuko hafatwa umwanzuro uwari wose cg se bisohoka.

-5364.jpg

Mu gihe harimo kugaragara urwobo runini mubwumvikane hagati ya Trump n’inzego ziperereza, nyuma yaho uyu perezida mushya w’ Amerika atukiye itangazamakuru akavuga ko ibigo bimwe byitangazamakuru ari ingarane z’ibishingwe by’amakuru hari impirimbanyi zishize hamwe zibarirwa mubihumbi zikaba ziturutse munzego zose harimo abanyamakuru, abashakashatsi,abakinnyi ba filime, aba rero barahamagarira umuntu wese ubishoboye kubafasha gutangira imyigaragambyo ya rukokoma kuhera kuwa gatandatu taliki 14 Mutarama 2017. Icyo bagamije rero barashaka guhagarika ubuzima mu gihugu cyane umunsi wirahira rya Trump ngo kuko bagomba kwanga ubuyobozi bwa Donald Trump na visi perezida we Pence Mike bakabwigomekaho.

Nkuko tubizi ko mubihugu byinshi atari umuntu uyobora ahubwo icyo twakwita amahame yashyizweho (system ) ariyo iyobora umuntu, kuri Trump we ashobora kuba atabikozwa, ibi bikaba bidashobora kuzamworohere mumitegekere ye kuko inzego zose ntabwo yazishyiramo abantu bafite imyumvire nkiye cyane mugihugu nka kiriya ibyemezo byinshi bigomba kwemezwa n’inzego zitandukanye.

Hakizimana Themistocle

2017-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Ubwanditsi 25 Jul 2017
Mu gatsiko kiyise « Amahoriwacu » ishyamba si ryeru

Mu gatsiko kiyise « Amahoriwacu » ishyamba si ryeru

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Ubwanditsi 10 Oct 2019
I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

Ubwanditsi 11 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora
Amakuru

Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Ubwanditsi 25 Oct 2022
Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano
INKURU NYAMUKURU

Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Ubwanditsi 23 Oct 2019
U Rwanda rwatsinze mu rubanza rw’ubutaka ku Cyambu cya Mombasa
Mu Rwanda

U Rwanda rwatsinze mu rubanza rw’ubutaka ku Cyambu cya Mombasa

Ubwanditsi 13 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru