• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Ubwanditsi 25 Jul 2017 ITOHOZA

Kuva Taliki ya 19 Nyakanga 1994 kugeza Taliki ya 19 Nyakanga 2017, imyaka 23 irashize u Rwanda rubonye Leta y’ Ubumwe bw’ Abanyarwanda iyobowe na FPR Inkotanyi.

Taliki ya 19 Nyakanga 1994, ubwo Kigali na Butare byari bimaze iminsi 15 gusa bifashwe n’ingabo zari iza APR, hashyizweho Guverinoma y’inzibacyuho, uwo muhango ukaba warabereye I Kigali hanze y’Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko.

Nubwo bitari byoroshye kuko ibice bimwe by’igihugu byari bikiri mu ntambara yo kubohora u Rwanda, mu bindi bice by’igihugu Jenoside yari igikorwa nko muri Zone Turquoise, Guverinoma yarashyizweho ndetse inarahirira ku mugaragaro.

Nyuma y’Itangazo rya FPR- Inkotanyi ryasohotse tariki ya 17 Nyakanga 1994 ryagize Bizimungu Pasteri Perezida wa Repuburika, naho Paul Kagame agirwa Visi Perezida ndetse na ministiri w’ingabo.

Amacakubiri yari yarokamye igihugu bikakigeza mu icuraburindi n’ imiborogo mu gihe cya jenoside, kuri ubu byasimbuwe n’ iterambere , kwiyumvamo ubunyarwanda kurusha amoko, kwimakaza isuku , ubuzima bwiza kuri benshi mu gihugu ndetse muri rusange umuvuduko w’ ubukungu wagiye ugeragara ko uri k’urwego rudasanzwe.

Ariko nubwo bimeze gutyo hari abanyarwanda b’ indashima badahwema gukwirakwiza ibinyoma mu nyandiko no ku maradiyo bavugako ntakiza Leta y’ubumwe yabagejejeho kandi bamwe muribo Leta y’ ubumwe yarabakamiye abandi ikabarera.

Muri abo twavugamo bamwe nka Charlotte Mukankusi wahoze ari ambassaderi w’ u Rwanda mu Buhinde, yanabaye umunyamabanga mukuru muri minisiteri y’ abakozi ba leta n’umurimo none yirirwa asakuza kuri radiyo ziyita iza opposition asebya Leta.

-218.png
Charlotte Mukankusi

Nkuko Leta y’ Ubumwe yiyemeje kuzamura abanyarwanda bose aho bava bakagera ni nako hari bamwe bagiye birengagiza ibyo yabakoreye; nk’ uyu Nyirakobwa Francine wazamuwe akagera ku rwego rwo kubyina mu itorero ry’ igihugu Urukerereza , kuri ubu akaba asigaye abyina mu itorero rya Ben Rutabana urwanya Leta y’ u Rwanda.

-7285.jpg
Nyirakobwa Francine

Ikibabaje kuri uyu witwa Munanayire Emmelyne , yarokowe n’ ingabo za FPR Inkotanyi ubwo interahamwe zari zimaze kurimbura umuryango we asigaye ari umwana mutoya, binyuze mu kigega gishinzwe gutera inkunga abarokotse jenoside y’abatutsi muri 1994 (FARG), yrafashijwe abasha kwiga amashuri neza ubu ari ku rwego rwa Master’s, none aho ari mu bubiligi yirirwa asebya ubuyobozi bw’u Rwanda anenga icyemezo cy’imbaga y’abanyarwanda avuga avuga ko Nyakubahwa umukuru w’ igihugu cy’ u Rwanda adakwiye gukomeza kuyobora abanyarwanda.

-217.png
Emmelyne Munanayire

Ubu abo mu muryango we n’ abo babanye mu muryango w’ abanyeshuri barokotse jenoside bakaba baritandukanyije nawe ku bw’ibyo bikorwa bigayitse byo kurwanya Leta yamureze agahitamo gukirikira ibigarasha nka Micombero Jean Marie na Alexis Rudasingwa ndetse akiyibagiza aho yavuye akifatanya n’ abasize bakoze jenoside mu Rwanda.

Muri aba bake b’ indashima tuvuze hari n’abandi tutavuze tuzavuga ubutaha kuko ntabwo aribo bazabuza abanyarwanda kwishimira ibyiza bagejejweho na Leta y’ ubumwe bw’ abanyarwanda irangajwe imbere na Perezida Paul Kagame.

Ubwanditsi

2017-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Majoro Ntilikina uba mu Bufaransa yaba afasha abashaka kurema umutwe w’ingabo utemewe ugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho

Majoro Ntilikina uba mu Bufaransa yaba afasha abashaka kurema umutwe w’ingabo utemewe ugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Uburiganya : Mpayimana Philippe  yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 27 May 2017
Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019
RDC: Fayulu yemejwe nk’uzahagararira abatavuga rumwe na leta mu matora ya Perezida

RDC: Fayulu yemejwe nk’uzahagararira abatavuga rumwe na leta mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 12 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS
Amakuru

Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS

Ubwanditsi 29 Jun 2023
Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga
Amakuru

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Ubwanditsi 31 Jul 2024
Abahoze bayobora Rayon Sports bemeye gushyigikira Gikundiro ifite ibibazo by’Amikoro, bakusanya arenga Miliyoni 6.5 frw zo gutegura umukino wa Rutsiro FC
Amakuru

Abahoze bayobora Rayon Sports bemeye gushyigikira Gikundiro ifite ibibazo by’Amikoro, bakusanya arenga Miliyoni 6.5 frw zo gutegura umukino wa Rutsiro FC

Ubwanditsi 25 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru