• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Ubwanditsi 25 Jul 2017 ITOHOZA

Kuva Taliki ya 19 Nyakanga 1994 kugeza Taliki ya 19 Nyakanga 2017, imyaka 23 irashize u Rwanda rubonye Leta y’ Ubumwe bw’ Abanyarwanda iyobowe na FPR Inkotanyi.

Taliki ya 19 Nyakanga 1994, ubwo Kigali na Butare byari bimaze iminsi 15 gusa bifashwe n’ingabo zari iza APR, hashyizweho Guverinoma y’inzibacyuho, uwo muhango ukaba warabereye I Kigali hanze y’Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko.

Nubwo bitari byoroshye kuko ibice bimwe by’igihugu byari bikiri mu ntambara yo kubohora u Rwanda, mu bindi bice by’igihugu Jenoside yari igikorwa nko muri Zone Turquoise, Guverinoma yarashyizweho ndetse inarahirira ku mugaragaro.

Nyuma y’Itangazo rya FPR- Inkotanyi ryasohotse tariki ya 17 Nyakanga 1994 ryagize Bizimungu Pasteri Perezida wa Repuburika, naho Paul Kagame agirwa Visi Perezida ndetse na ministiri w’ingabo.

Amacakubiri yari yarokamye igihugu bikakigeza mu icuraburindi n’ imiborogo mu gihe cya jenoside, kuri ubu byasimbuwe n’ iterambere , kwiyumvamo ubunyarwanda kurusha amoko, kwimakaza isuku , ubuzima bwiza kuri benshi mu gihugu ndetse muri rusange umuvuduko w’ ubukungu wagiye ugeragara ko uri k’urwego rudasanzwe.

Ariko nubwo bimeze gutyo hari abanyarwanda b’ indashima badahwema gukwirakwiza ibinyoma mu nyandiko no ku maradiyo bavugako ntakiza Leta y’ubumwe yabagejejeho kandi bamwe muribo Leta y’ ubumwe yarabakamiye abandi ikabarera.

Muri abo twavugamo bamwe nka Charlotte Mukankusi wahoze ari ambassaderi w’ u Rwanda mu Buhinde, yanabaye umunyamabanga mukuru muri minisiteri y’ abakozi ba leta n’umurimo none yirirwa asakuza kuri radiyo ziyita iza opposition asebya Leta.

-218.png
Charlotte Mukankusi

Nkuko Leta y’ Ubumwe yiyemeje kuzamura abanyarwanda bose aho bava bakagera ni nako hari bamwe bagiye birengagiza ibyo yabakoreye; nk’ uyu Nyirakobwa Francine wazamuwe akagera ku rwego rwo kubyina mu itorero ry’ igihugu Urukerereza , kuri ubu akaba asigaye abyina mu itorero rya Ben Rutabana urwanya Leta y’ u Rwanda.

-7285.jpg
Nyirakobwa Francine

Ikibabaje kuri uyu witwa Munanayire Emmelyne , yarokowe n’ ingabo za FPR Inkotanyi ubwo interahamwe zari zimaze kurimbura umuryango we asigaye ari umwana mutoya, binyuze mu kigega gishinzwe gutera inkunga abarokotse jenoside y’abatutsi muri 1994 (FARG), yrafashijwe abasha kwiga amashuri neza ubu ari ku rwego rwa Master’s, none aho ari mu bubiligi yirirwa asebya ubuyobozi bw’u Rwanda anenga icyemezo cy’imbaga y’abanyarwanda avuga avuga ko Nyakubahwa umukuru w’ igihugu cy’ u Rwanda adakwiye gukomeza kuyobora abanyarwanda.

-217.png
Emmelyne Munanayire

Ubu abo mu muryango we n’ abo babanye mu muryango w’ abanyeshuri barokotse jenoside bakaba baritandukanyije nawe ku bw’ibyo bikorwa bigayitse byo kurwanya Leta yamureze agahitamo gukirikira ibigarasha nka Micombero Jean Marie na Alexis Rudasingwa ndetse akiyibagiza aho yavuye akifatanya n’ abasize bakoze jenoside mu Rwanda.

Muri aba bake b’ indashima tuvuze hari n’abandi tutavuze tuzavuga ubutaha kuko ntabwo aribo bazabuza abanyarwanda kwishimira ibyiza bagejejweho na Leta y’ ubumwe bw’ abanyarwanda irangajwe imbere na Perezida Paul Kagame.

Ubwanditsi

2017-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Ubwanditsi 23 Oct 2018
U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside

U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 03 May 2018
ADEPR : Batatu bari bayoboye Komisiyo – Nzahuratorero mu turere tw’Umujyi wa Kigali bandikiye inzego nkuru z’Igihugu bamena amabanga , banasaba imbabazi

ADEPR : Batatu bari bayoboye Komisiyo – Nzahuratorero mu turere tw’Umujyi wa Kigali bandikiye inzego nkuru z’Igihugu bamena amabanga , banasaba imbabazi

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Kayumba Nyamwasa yasabye ubuhungiro mu gihugu cy’ Ubufaransa

Kayumba Nyamwasa yasabye ubuhungiro mu gihugu cy’ Ubufaransa

Ubwanditsi 24 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pasiteri wateraga ikirenge mu cya” Yesu ” byarangiye yitabye Imana.
Mu Rwanda

Pasiteri wateraga ikirenge mu cya” Yesu ” byarangiye yitabye Imana.

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022
Amakuru

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
RDC: Abantu icyenda baguye mu mirwano yashojwe n’inyeshyamba z’abahutu
Mu Mahanga

RDC: Abantu icyenda baguye mu mirwano yashojwe n’inyeshyamba z’abahutu

Ubwanditsi 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru