• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Ubwanditsi 09 Feb 2017 ITOHOZA

Biragoye kuba umuntu agera aho adashobora kwihanganira ibikorwa by’undi akajya kukarubanda agahamagarira abandi ngo bamwice.

Ikindi iyaba twese twatekerezaga ko nta kintu nakimwe kibaho nta mpamvu. Ibi ndabivuga kubera ko bitapfuye kwikora ngo Perezida Donald Trump atorwe mu gihugu cyigihangage nk’Amerika, gituwe n’abaturage barenga miliyoni 322.

Nubwo Trump amaze igihe gito abaye Perezida, mu byemezo agenda afata bigatigisa benshi muri Amerika ndetse n’abatari bake ku isi, ariko abantu bajye basubiza amaso inyuma bibuke ko ari Perezida wemewe watowe n’abaturage, maze ibyo bavuga byose babivuge babanje gutekereza kubera ko atazavaho icyo yashyiriweho kidakozwe.

Ikindi bajye bazirikana umugani uvuga ngo ubuze uko agira, agwa neza. Benshi banyumve neza ntabwo mushyigikiye mubyo akora, ariko ni perezida w’igihugu wemewe ahubwo nibatuze abategeke abashoboye bafate bakomeze, abadashoboye bajye mu ishyamba nibibakundira.

Ibi rero mbivuze mbitewe n’inkuru yasohotse mu binyamakuru bitandukanye nka Daily Mail yanditse inkuru ivuga ukuntu abantu bo muri Amerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba. Ubu butumwa bumaze kuba bwinshi kuko buva no ku isi yose ndetse ibi biherekejwe no kwigragambya kubera mu migi itandukanye yo ku isi bamagana Perezida Trump mu byemezo afata cyane kubijyanye n’abimukira.

Uwitwa Zachary Benton uva muri leta ya Ohio we yavuze ko ari uko yamubuze ko yabyikorera, naho icyamamare cy’umucuranzi Madonna ubu urimo kwitaba inzego z’umutekano kubera ibyo yavugiye muruhame, we yavugiye imbere y’imbaga irenga miliyoni y’abantu ubwo abagore bakoraga urugendo rwamagana Trump ko ashaka kubona inzu ya White House ituritswa igashya.

Aha yahavugiye amagambo y’urukozasoni umuntu atasubiramo atukana, ibi byabereye Washington DC kuburyo twavuga ko isi isigaye igendesha utuboko naho ubuguru buri hejuru wumvise uko ibyo bitutsi bivugwa.

Naho uwitwa Cole we yanditse ubutumwa kuri Tweeter avuga ko Hitler yashatse kwicwa inshuro 40, ko nabo bagomba kuzigerageza ko bataburamo inshuro imwe bakwica Perezida Trump. Pizza Queen we yahamagariye abantu ko nibabura Trump bazica Visi Perezida Pence, ngo nyuma yaho Trump agereranya nka devil na antikristo ngo azicirwa mu gushyingura Pence.

Tim Franklin wahoze akorera inzego z’iperereza muri CIA yavuze ko inzego z’umutekano zigomba kuba maso ngo nibwo byabaho muri Amerika. Tim yakomeje avuga ko bikabije ko iki kibazo kigomba guhagurutsa inzego ziperereza muburyo bukomeye.

Ibi rero ntibigaragarira muri Amerika gusa, muri iyi minsi ikinyamakuru cyo muri Ireland cyitwa Village / Leftist Magazine cyarasohotse kugifuniko kibanza kiriho iyo foto mubona. Mu gihe abashinzwe umutekano babazaga nyir’iki kinyamakuru impamvu ahamagarira abantu kwica Perezida w’Amerika abasubiza ko kuba yaranditse ngo Why not? (Kuki bitashoboka?) ngo ibi bivuga ko yabazaga atahamagariraga abantu kwica Tump.

-5666.jpg

Iki inyamakuru cyerekana ifoto ya Trump ifite ikimenyetso ko agiye kuraswa cyatangiye inkuru yacyo kibaza ibibazo byinshi kigira kiti: Kuki Trump atitera icyuma ngo apfe?

Hakorwa iki ngo apfe? Cyakomeje kivuga ko isi ifite umutu mubi kandi uri mumwanya ukomeye, ngo uyu muntu ashobora kwangiriza ubuzima bw’amamiliyoni y’abantu ngo ndetse n’amamiliyali, twareba nabi isi yose ikorama.

Inkuru yakomeje igira iti: Hakorwa iki uretse ko haboneka umuntu wamwica. Hanyuma ikinyamakuru cyatanze urugero kubandi banyapolitike bagiye bicwa ibintu bikagenda neza kandi bari babangamiye abantu, kivuga ko aricyo gisubizo kuri Trump.

Michail Smith nyiri iki kinyamakuru bamucanyeho umuriro avuga ko ari igitekerezo yatanze ko atari itegeko, ngo kubera iyo mpamvu ko bamuha amahoro akagira uburenganzira bwo kwivugira akamurimo ngo kubera ko ikinyamakuru cye ari icyibitekerezo.

Ngibyo rero umukire Trump ufite Cash atazapfa amaze yirahuriyeho umuriro ajya muri Politike igiye kumubiza icyuya, yareba nabi akahasiga ubuzima mu gihe yarafite amahoro asesuye muri businesi ze n’amazu y’akataraboneka hirya no hino ku Isi yasigiwe na se.

Hakizimana Themistocle

2017-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Ubwanditsi 05 Oct 2024
Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ubwanditsi 04 May 2017
People are still escaping Nkurunziza regeme in abig number

People are still escaping Nkurunziza regeme in abig number

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Thabita Gwiza wari  inkotsa ya RNC muri Canada, akaba no mu rukundo Rw’ibanga na Jean Paul Turayishimye, yirukanwe

Thabita Gwiza wari  inkotsa ya RNC muri Canada, akaba no mu rukundo Rw’ibanga na Jean Paul Turayishimye, yirukanwe

Ubwanditsi 29 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

America:2 bitabye Imana17 barakomereka nyuma yo kuraswa mu ishuri rya Kentucky high school muri America
HIRYA NO HINO

America:2 bitabye Imana17 barakomereka nyuma yo kuraswa mu ishuri rya Kentucky high school muri America

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Kugaragaza ahatarengwa mu koga mu Kivu byagabanyije impanuka zatezaga impfu
UBUKERARUGENDO

Kugaragaza ahatarengwa mu koga mu Kivu byagabanyije impanuka zatezaga impfu

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Ubwanditsi 09 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru