• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ubwanditsi 10 Feb 2017 ITOHOZA

Urupfu rwa Padiri Evariste NAMBAJE, witabye Imana ahotowe mu ishyamba rya Nyungwe rukomeje kuba umutwaro kuri Padiri Thomas Nahimana.

Padiri Evariste Nambaje wahoze ashinzwe umutungo wa Kiliziya gatolika n’umushinga wa Hotel Ituze bya Diyoseze ya Cyangugu, yishwe agambaniwe na Thomas Nahimana bari bafitanye ibibazo by’umutungo w’abakristu warigishijwe na Padiri Nahimana muri Paruwasi yayoboraga iki kirego kikaba cyari kigeze kwa Musenyeri Bimenyimana wa Diyoseze ya Cyangugu, ari nacyo cyaviriyemo Thomas Nahimana guhunga igihugu agendeye kuri Pasiporo ya Congo, ageze hanze nibwo yacuze umugambi wo guharabika Leta y’u Rwanda no kwicisha Evariste Nambaje kubera amabanga menshi ya Kiliziya muri Diyoseze i Cyangugu n’ubujura bwa Padiri Thomas, Nambaje yari yatangiye gushyira kukarubanda biciye muri Rushyashya.net.

-5669.jpg

Umurambo wa Padiri Nambaje wabonetse nyuma iminsi ibiri muri iyo modoka ye ipariste mu ishyamba rya Nyungwe

Uru rupfu rwa Padiri Nambaje, rwababaje benshi, kandi rwatanzweho akayabo k’amafaranga yaguririwe umwishi wabanje kwigira inshuti ye bari bamaze iminsi bagendana nijoro ngo aramurinze bakava i Kigali saa sita zijoro bakajya i Cyangugu banyuze mu ishyamba rya Nyungwe, rimwe narimwe bagahaguruka i Cyangugu igicuku kinishye bakagera ikigari mu gitondo. Kuko Padiri Nambaje yirukaga k’umushinga wa Hotel Ituze harimo no gushaka amafaranga mu mabanki ndetse no gushaka abashoramari kuko umushinga wari umaze kugira ibibazo by’umutungo.

Nguko uko bikekwa ko uwo mwishi yamutsinze mu ishyamba rya Nyungwe amunize, arangije umurambo we awufungirana mu modoka ye, Padiri Nambaje yasanzwe mu modoka iparitse muri Nyungwe mu gitondo cyo kuwa Gatandatu tariki 22 Gashyantare 2014 nyuma y’iminsi ibiri yishwe. Nyuma yaho umuyobozi wa Rushyashya.net nawe yarahizwe ariko imana ikinga ukuboko.

N’ubwo uru rupfu rwakomeje kuba urujijo, iki kibazo cya Padiri Nambaje kiracyagarukwaho mu bitangazamakuru nk’umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana, Urugero ni aho mu biganiro bimaze iminsi binyura kuri Radio ijwi rya rubanda ikorera mu buhungiro, abanyamakuru bavuze ko Nahimana abeshya , kandi afite ibyaha Perezida Kagame atazi n’ubwo ngo yari yaretse Thomas Nahimana ngo ajye mu Rwanda, ariko Kagame atazi neza ibyaha byinshi Nahimana afite birimo n’urupfu rwa Padiri Evariste Nambaje.

Ikindi ngo Nahimana urwanira gutaha nta Pasiporo y’u Rwanda afite ngo ndetse ntakintu nakimwe afite cyerekana ko ari umunyarwanda uretse kumva ko ari Padiri Nahimana gusa uvuga ikinyarwanda.Ntafite visa yo kwinjira mu Rwanda kuko afite Pasiporo imwe gusa y‘imfaransa.

Nairobi.

Abanyamakuru bibaza ukuntu Padiri Nahimana niba koko yarashakaga kujya mu Rwanda yaheze muri Transit ya JKIA muri Kenya , aho kujya muri Ambasade y’u Rwanda muri Kenya kuko iyo uri muri ambasade y’igihugu cyawe uba uri iwanyu. Aha niho byari gukemukira.

Padiri Nahimana yakoreshaga passport y’Ubufaransa yanakoresheje asaba visa y’ubukerarugendo ihuriweho hagati ya Uganda, Kenya n’u Rwanda yahawe na Ambassade ya Kenya mu Bufaransa, yari kumufasha kujya aho ashatse muri Kenya. Bati kuki yagiye kurara ku kibuga ntajye muri Ambasade ?

I Paris na KLM

Aha ngo Nahimana yari yatangaje ko azajya i Kigali mu ndege ya KLM avuga na numero zayo KL537 agahagurukira i Amseterdam mu Buholandi, aho byari biteganyijwe ko agera i Kigali i saa moja n’iminota 20 z’umugoroba. Yaje kujya I Bruxelle ate ? yahinduye indege ate ? ageze mu Bubiligi kuki yangiwe kurira indege, ntage muri Ambasade y’u Rwanda, yari azi ko indege ya SABENA igera mu Rwanda kuwa kabiri kuki yabwiye benewabo b’i Cyangugu kuza kumutegereza kuwambere kuri KLM.

Bati: Avuga ko ngo bamweretse urupapuro rumusubizayo rwa immigration y’u Rwanda bahaye indege ya Kenya airways, KLM na SABENA, ariko bamubaza kopie ngo ni ibanga, ese koko niba afite urupapuro rwa immigration y’u Rwanda rumubuza gutaha kuki atajya mu nkiko akirukira gushyiraho guverinoma yo mu buhungiro ese iyo guverinoma izajyamo bande ko n’abo bakorana bamukwepera kubibuga by’indege.

-5668.jpg

Nyakwigendera Padiri Evariste Nambaje na Padiri Thomas Nahimana

Abanyamakuru banzura iki kiganiro bavuga ko Padiri Nahimana ari umwescro, umunyamitwe, ateka kugirango abone uko agustifia, Cash amaze igihe akusanya mu baterankunga, ariyo mpamvu abazungu bamaze kumuvaho kubera ibyaha bye birimo dosiye y’umupadiri yicishije witwa Evariste Nambaje.

Cyiza D.

2017-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavugurura atunguranye mu gisilikare cya Musevani

Amavugurura atunguranye mu gisilikare cya Musevani

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024
RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

Ubwanditsi 01 Apr 2019
RDC: Perezida Kabila yakoze impinduka mu buyobozi bw’ingabo agarura abantu be ba hafi

RDC: Perezida Kabila yakoze impinduka mu buyobozi bw’ingabo agarura abantu be ba hafi

Ubwanditsi 18 Jul 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyakanwa
    April 9, 20182:29 pm -

    None se Rushyashya ni urukiko cg ni ikinyamakuru kigenga?

    njye ndumva mwaramaze kumucira urubanza no kumukatira nkuko bigaragarira buri wese niba atari ukumuharabika kubwo inyungu runaka mubifitemo.

    Men Men Men! Rushyashya Rushyashya!

    Ntabwo mbatutse ariko ndi ukeneye abo gukoresha sinabakoresha muraraburiza sana!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame
Mu Mahanga

‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2017
Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio
Amakuru

Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Ubwanditsi 29 Aug 2021
RDC : Igihe kirageze ngo ubuyobozi bubi buhigikwe maze amahoro aganze-Cardinal Monsengwo
POLITIKI

RDC : Igihe kirageze ngo ubuyobozi bubi buhigikwe maze amahoro aganze-Cardinal Monsengwo

Ubwanditsi 03 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru