• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Ubwanditsi 03 Mar 2017 ITOHOZA

Umunyarwanda utuye Cedar Rapids muri leta ya Iowa muri Amerika ejo urukiko rwamukatiye igifungo cy’imyaka 15 kubera yuko yabeshye ko yacitse ku icumu igihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi muri 94.

Amakuru yasohotse henshi mu bitangazamakuru bya Amerika asobanura yuko asoma urubanza umucamanza, Linder Reader, yavuze yuko yemera adashidikanya ko Gervais Ngombwa yagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 94 ngo ariko ibihano kuri ibyo byaha abihariye ubutabera bw’u Rwanda kuko rumushakisha ngo kandi akaba azahita yoherezwa mu Rwanda nyuma yo kurangiza icyo gifungo cy’imyaka 15 yakatiwe n’urwo rukiko ruri muri Iowa y’amajyaruguru !

Umushinjacyaha ku rwego rw’igihugu, Rich Murphy, yabwiye urukiko yuko Gervais Ngombwa w’imyaka 57 y’amavuko ngo ari umuntu mubi cyane udakwiye kuba yari atuye muri sosiyete y’Abanyamerika. Ngo mu gihe cya Jenoside mu Rwanda yari ayoboye agatsiko k’abicanyi kamufashaga gutsemba Abatutsi bakoresheje imihoro. Ngo ibimenyetso bidashidikanywaho byemeza yuko umuhoro wa Ngombwa yawumarishije abantu benshi !

Akavuga kandi yuko Ngombwa yaje muri Amerika ahunze ubutabera kubera uruhare yagize muri Jenoside, ahageze abeshya yuko ari umucikacumu bimuhesha, we n’umuryango we, uruhushya rwo gutura muri Amerika nk’impunzi.

Uwo mushinjacyaha yasobanuriye urukiko yuko kugira ngo Ngombwa abone ubuhungiro muri Amerika yabeshye yuko avukana n’uwari Minisitiri w’intebe, Faustin Twagiramungu, ngo ibyo bigatuma yibasirwa aho yari mu nkambi y’impunzi muri Tanzania ngo kandi akaba atari gusubira mu Rwanda ngo kuko na Twagiramungu yahahungiye mu Bubiligi. Ngo ibyo binyoma byatumye abona ubuhungiro muri Amerika mu 1998 !

Kuri icyo kibazo cyo kuvukana na Twagiramyngu, Ngombwa yireguraga avuga yuko atavugaga kuvukana mu inda imwe, ngo ahubwo yavugaga kuvukana muri politike ! Urukiko rwasanze uko kwiregura kwe nta shingiro gufite !

Abanyamakuru bari aho Iowa mu rukiko bavuga yuko Ngombwa amaze gukatirwa icyo gifungo cy’imyaka 15 yagerageje kuzamura amaboko ngo asezere ku muryango we ariko biramugora kuko yari mu mapingu. Uwo muryango ugizwe n’umugore n’abana umunani.

Ngombwa yatangiye guhura n’ibibazo muri 2013 ubwo Polisi yamutaga muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gushaka kuriganya ikigo cy’ubwishingizi. PoLisi yavugaga yuko ngombwa yitwikiye, ku bushake, inzu yari atuyemo agashaka yuko icyo kigo cy’ubwishingizi kimwishyura nk’uwahishije inzu ku buryo butamuturutseho. Iyo nzu yari yarayihawe n’umuryango w’abagiraneza witwa Habitant for Humanity.

Ngo aho hantu Ngombwa yari atuye yarangagwa no kujya mu rusengero cyane ! Ngo ku manywa yakoraga akazi k’ubuzamu mu kugo cy’ishuli, naho ninjoro agakora akazi k’isuku muri hoteli.

-6001.jpg

Gervais Ngombwa

Casmiry Kayumba

2017-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU

Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Umupolisi w’Umurundi yafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Umupolisi w’Umurundi yafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 14 Apr 2018
Uganda: Abantu 45 barimo Abanyarwanda 36 bashinjwa iterabwoba bagumijwe muri gereza

Uganda: Abantu 45 barimo Abanyarwanda 36 bashinjwa iterabwoba bagumijwe muri gereza

Ubwanditsi 23 Jan 2018
CP Kabera yagizwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu

CP Kabera yagizwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu

Ubwanditsi 30 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indorerezi zirenga 1800 ziri gukurikirana itora rya Perezida wa Repubulika
Mu Rwanda

Indorerezi zirenga 1800 ziri gukurikirana itora rya Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 04 Aug 2017
Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One? Irebere uko bakurikirana
Mu Rwanda

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One? Irebere uko bakurikirana

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Kurekura inyeshyamba za RNC kwa Uganda ni ikimenyetso gikomeye ku Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kurekura inyeshyamba za RNC kwa Uganda ni ikimenyetso gikomeye ku Rwanda

Ubwanditsi 02 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru