• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

Editorial 04 May 2017 Mu Rwanda

Umugenzuzi mukuru w’ imari ya Leta Obadiah Biraro, kuri uyu wa 3 Gicurasi 2017 yagejeje ku bagize inteko ishinga amategeko imitwe yombi raporo y’ ubugenzuzi bakoreye mu bigo byose Leta y’ u Rwanda igenera ingengo y’ imari agaragaza ko WASAC, REG, UR na RAB biri mu bigo byakoresheje nabi ingengo y’ imari mu buryo bukurira Leta ibihombo.

Biraro yavuze ko hakigaragara ibikoresho bigurwa ntibikoreshwe icyo byagenewe bigakurira Leta igihombo.

Mu kigo cy’ igihugu gishinzwe amazi isuku n’ isukura WASAC, raporo yagaragaraje ko amazi atakara ku kigero cya 42% bigatuma Leta ihomba miliyari hafi 9. Ibikoresho bya WASAC bifite agaciro ka miliyari 1 na miliyoni 100 ntibikoreshwa neza ahubwo ngo buri gihe WASAC igura ibindi.

Mu kigo cy’ igihugu gishinzwe iby’ amashanyarazi REG, raporo igaragaza ko mu nganda z’ amashyanyarazi 33, inganda 7 arizo zonyine zikora kandi nazo zikora ku kigero cya 50%.

Muri Kaminuza y’ u Rwanda UR, raporo yagaragaje ko amafaranga adacunzwe neza hakiyongeraho kuba hari umutungo ufite agaciro ka miliyari 3 iyo kaminuza yataye.

Mu kigo cy’ ubuhinzi RAB, raporo yagaragaje ko hari ibikoresho bidakoreshwa. Ibyo bikoresho birimo ituragiro, moto, imashini zihinga zimaze imyaka irindwi zidakora, ikusanyirizo ry’ amata n’ icyuzi cya Mahama kitaragezwamo amazi kuva cyakorwa.

Iyi raporo kandi yagaragaraje ko muri RAB hagaragara toni 700 zifite agaciro ka miliyoni 300 zaguzwe ari imbuto zigahindurwa ibiribwa, ibi umugenzuzi w’ imari ya Leta asanga biteza Leta igihombo kuko imbuto n’ ibiribwa bitanganya agaciro.

Uretse ibyo raporo igaragaza ko muri RAB hari ikibazo cy’ ifumbire yateje Leta igihombo cya miliyari 11.

Raporo y’ umugenzuzi w’ imari ya Leta yatunze agatoki ikigo cy’ igihugu gishinzwe iby’ imihanda RTDA kugenda gake mu gushyira mu bikorwa amasezerano igaragaraza ko RTDA icyereza imishinga ku kigero cya 90%.

-6458.jpg

Umugenzuzi mukuru w’ imari ya Leta Obadiah Biraro

Mu kigo cy’ igihugu cy’ ubumenyi ngiro WDA, raporo ivuga ko hari ibikoresho bifite agaciro ka miliyari imwe na miliyoni 200 bidakoreshwa.

Raporo kandi ivuga ko mu kigo cy’ igihugu cy’ ubuzima RBC miliyoni 324 zaburiwe irengero.

Ibigo byose uko ari 14 aribyo WASAC, REG (EUCL & EDCL), RAB, RDB, REB, RBC, RTDA, WDA, UR, RGB, RRA, RURA, RCS na NAEB byakoresheje miliyari 1 147 ni ukuvuga 60% by’ ingengo y’ imari ya Leta.

Iyi raporo ni iya 2015/2016, ingengo y’ imari ya Leta yari 1,923,132,183,998

2017-05-04
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019-2020 ku mukino wa mbere wo gusubukura shampiyona ya 2020-2021.

APR FC irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019-2020 ku mukino wa mbere wo gusubukura shampiyona ya 2020-2021.

Editorial 01 May 2021
Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)

Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)

Editorial 01 Dec 2017
Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Editorial 20 Mar 2021
Umuhanzi Kidumu arateta mu bikomeye

Umuhanzi Kidumu arateta mu bikomeye

Editorial 19 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi oda paccy arikugaragaza  intabwe ikomeye  muri muzikaye
IMIKINO

Umuhanzi oda paccy arikugaragaza intabwe ikomeye muri muzikaye

Editorial 11 Jan 2016
Wari uzi ko Arsenal ari yo yasabye u Rwanda kurwamamaza ?
INKURU NYAMUKURU

Wari uzi ko Arsenal ari yo yasabye u Rwanda kurwamamaza ?

Editorial 20 Aug 2018
Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition
POLITIKI

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Editorial 26 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru