• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nta kibazo ndumva Sendika zo mu Rwanda zateje mu gihugu-Min.Kabarebe

Nta kibazo ndumva Sendika zo mu Rwanda zateje mu gihugu-Min.Kabarebe

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Mu kiganiro yahaye abahagarariye amasendika mu Rwanda, minisitiri w’ingabo James Kabarebe yavuze ko ashimira abagize amasendika akorera mu Rwanda kuko nta kibazo arumva yateje mu gihugu, kabone n’ubwo ibibazo bitabura mu bantu ariko icy’ingenzi ni ugushaka inzira zo kubikemura.

Ibyo yabitangarije i Nyamata ku wa 7 Gicurasi 2017 ubwo abayobozi bagize sendika zibumbiye mu mpuzamasendika eshatu zikorera mu Rwanda (COTRAF, CESTRAR na COSIL) bari mu mwiherero w’iminsi 3 wateguwe na Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo MIFOTRA kuva tariki 5 gicurasi, hagamijwe kubaka sendika ishingiye ku ndangagaciro nyarwanda.

Mu kiganiro kirekire minisitiri Kabarebe yabahaye, yagarutse cyane ku mateka y’uko umurimo watangiye, igihe cy’inkundura y’abacakara muri Afurika, uburyo abari abayobozi b’u Rwanda ( Abami) bahagaze ku banyarwanda bituma batajya mu bucakara nk’ibindi bihugu, avuga ku bakoroni n’uburyo nta terambere basigiye u Rwanda bituma abanyarwanda bakwirakwira mu bihugu bya Afurika bashaka abo bakorera kugira ngo babeho, bikaza kuba bibi cyane ubwo mu gihe cya Repubulika abayobozi bariho bimakaje umuco w’amacakubiri nyuma y’aho abanyarwanda bajyaga guca inshuro mu bindi bihugu hiyongeraho n’abahunze ubutegetsi (birukanywe n’ubutegetsi) ibyo bikaba byaratumye u Rwanda rudindira cyane mu imbere.

Yagarutse kandi ku mateka yo kubohora igihugu, cyane cyane ashingiye ku byaranze RPA muri urwo rugamba, aho avuga ko batangira intambara bari bazi neza ko ari urugamba rurerure kubera ko icyari kigambiriwe bitari uguhagarika jenoside gusa ahubwo byari no guhindura politiki yari ho icyo gihe.

Yavuze ko impamvu bashoboye gutsinda uru rugamba ari uko bari bazi neza icyo barwanira kandi barakoze inyigo, abari ku rugamba bakagira ishyaka ryo gukunda igihugu, kwitanga, kugira ikinyabupfura, kumenya guhitamo, ibitekerezo bizima, kwihangana, n’ibindi.

Nyuma yo gufata igihugu rero n’ubundi bagombaga gukomeza urugamba aribyo byajemo za politiki zo guhuza abanyarwanda, guhuza ingabo za RPA na Ex FAR (ibintu bitigeze bibaho mu mateka y’isi aho abari bahanganye bikomeye bivanga nyuma y’igihe kitageze ku mwaka bagafatanya kurwana urugamba), kubaka ibyasenywe, Gacaca, kwishakamo ibisubizo, kwigira, guhanga udushya n’ibindi.

Ibyo byose abiheraho asaba abagize amasendika kugira uruhari rugaragara mu guteza imbere umurimo nk’uko babyiyemeje ariko bakabikora bari mu murongo wo kubaka igihugu bafatanya n’inzego za Leta, kuko iyo uvuye mu murongo wa Leta ushobora kuyoba kandi umuntu akuyobeje ashobora koreka igihugu kandi ntugire icyo ubikoraho cyangwa ntugire igaruriro.

-6526.jpg

Minisitiri w’Ingabo Gen.James Kabarebe

Abandi batanze ibiganiro harimo umunyamabanga uhoraho muri Mifotra Bwana Musonera Gaspard wavuze ko abagize sendika zo mu Rwanda bakwiye kubaka sendika zishingiye ku ndangagaciro Nyarwanda, bakava muri za sendika nyamahanga. ati” politiki ya leta ntabwo ishingira ku nkunga, namwe mwigireho kuko ak’imuhana kaza imvura ihise”.

Ikindi yabasabye ni ukuva muri sendika nko hambere zari uguhangana hagati y’umukozi n’umukoresha ahubwo hubakwe sendika yo gufashanya no kuzuzanya.
Hatanzwe ikiganiro kandi na prof Shyaka Anastase umuyobozi wa RGB, aho yabwiye abagize amasendika ko icyo bakora cyose bazasigara ari abanyarwanda bari mu gihugu cy’u Rwanda bityo bakaba bakwiye kurenga byose bagaharanira inyungu z’igihugu.

Ababwira kandi ko nibihesha agaciro n’aho binjira bazakabaha kuko ngo ‘akeza karigura’ ibi yabivuze ubwo yasubizaga ikibazo cyamubajijwe ko hamwe na hamwe abakoresha banga kwakira abagize amasendika mu bigo byabo.

Muri uyu mwiherero kandi hagaragayemo amasomo yiganjemo imikoro ngiro, aho iyo mikoro ngiro yagiye igereranywa na za sendika herekanwa imitego amasendika ashobora guhura nayo bityo hagashakishwa inzira yo kuyirenga kandi abagize amasendika babonye ko bishoboka.

Umwiherero wasojwe na minisitiri wa MIFOTRA Uwizeye Judith, nawe wasabye abibumbiye mu masendika gufatanya na Leta, kandi abasaba ko inzira zo gukemura ibibazo zidakwiye kurangwa n’amakimbirane.

Twababwira ko mbere y’uko uyu mwiherero utegurwa, abagize amasendika bakunze kurangwa n’umwiryane hagati yabo, aho benshi bitana ba mwana bashinjanya ko bamwe biharira imitungo ishingiye ku mafranga ava mu nkunga zo hanze, bikaba byarateje ubwumvikane buke cyane mu banyamuryango ndetse bigatera icyuho cyatumye amasendika akora nabi.

Ariko nyuma y’uyu mwiherero abagize amasendika bavuyemo biyemeje kwimakaza ingangagaciro za kinyarwanda, bakagira umuco wo kwigira bashyigikira gahunda nziza ziriho, dore ko leta yanabemereye kuzabatera inkunga izabafasha kugera ku mihigo.

M Louise uwizeyimana

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Ubwanditsi 29 Oct 2021
Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 27 Aug 2017
Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Ubwanditsi 28 Feb 2022
Musanze FC irakira Rayon Sports naho Marines FC ikine na Kiyovu Sports mu mikino ibanza ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2022

Musanze FC irakira Rayon Sports naho Marines FC ikine na Kiyovu Sports mu mikino ibanza ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 04 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024
Amakuru

Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Ubwanditsi 18 Feb 2024
Uko ibigo bibiri bya Radio byafunzwe muri Tanzania
Mu Rwanda

Uko ibigo bibiri bya Radio byafunzwe muri Tanzania

Ubwanditsi 31 Aug 2016
Kigali: Umwarimu ukekwaho gusambanya umunyeshuri yigishaga ari gushakishwa uruhindu
ITOHOZA

Kigali: Umwarimu ukekwaho gusambanya umunyeshuri yigishaga ari gushakishwa uruhindu

Ubwanditsi 09 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru