• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibya abashaka kwiyamamariza Ubuperezida ni ‘ Agahomamunwa ‘

Ibya abashaka kwiyamamariza Ubuperezida ni ‘ Agahomamunwa ‘

Ubwanditsi 15 May 2017 POLITIKI

Uwatsinzwe amatora y’ubudepite muri 2013, ubu akaba ashaka kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, kuri uyu wa mbere tariki 15/5/5016 yatumije abanyamakuru mu nama ariko ntiyaboneka kandi abanyamakuru bo bari bitabiriye ari benshi !

Mwenedata Gilbert w’imyaka 42 y’amavuko yari yatumije abanyamakuru benshi bishobotse mu nama bari batangarijwe yari kubera muri Sports View Hotel hano mu mujyi wa Kigali saa munani z’amanywa zuzuye, ariko abanyamakuru bategereje hafi isaha yose, bahava batabonye uwo mugabo wifuza kuba kandida Perezida nk’umukandida wigenga !

Bamwe muri abo banyamakuru baje guhamagara Mwenedata kuri telephone, ababwira yuko ikiri ku biro by’Akarere ka Gasabo aho ngo yari agitegereje icyemezo cyo gukoresha iyo nama yari igenewe abanyamakuru. Abo banyamakuru bahebye uwabatumiye bigendeye ariko bibaza ikibazo batashoboye kubonera igisubizo.

Watumira ute abantu mu nama, ukababwira isaha n’aho igomba gukorerwa utarabona icyangombwa kikwemerera kuyikoresha ?
-6606.jpg
Ikindi abanyamakuru bamenye n’uko Mwenedata yari yarangije kwishyurira icyumba iyo nama yari gukorerwamo muri Sports View. Na none gutanga amafaranga wishyurira ahantu utaramenya neza yuko hari icyo uzahakorera ntabwo bigaragaza imifatire myiza y’icyemezo ku muntu utekereza kuba yaba umukuru w’igihugu.

Umukuru w’igihugu agomba kuba umuntu ufata ibyemezo nyuma yo gushishoza bihagije, kandi akirinda buri kintu cyashobora gutuma amafaranga yangizwa !
Usibye Mwenedata, abandi bamaze kugaragaza yuko bifuza kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu nk’abakandida bigenga mu matora zaba tariki 4/8/2017 ni Mpayimana Philippe na Rwigara Sima Diane, umaze iminsi ugaragazwa mu mafoto yambaye ubusa !

-6605.jpg

Mwenedata Gilbert ubwo yari kumwe n’umugore we Nikuze Providence mu 2013 mu bikorwa bye byo kwiyamamariza kuba umudepite

Mwenedata Gilbert yigeze kuba umukozi wa USAID ubu akaba n’umwe mu bayobozi b’Itorero ryitwa Eglise Apostolique pour le Réveil au Rwanda. Mu matora y’ubudepite 2013 Mwenedata yagerageje gukora kampanye nziza, dore yuko yari anafite amahirwe kuko ariwe wenyine wari umukandida wigenga, ariko mu matora abona amajwi angana na 0.4 %. Mu Rwanda kugira ngo umukandida wigenga atsindire kuba depite agomba kugira amajwi nibura angana na 5 %.

Mwenedata yavukiye mu Karere ka Bugesera akaba afite umugore n’abana batatu, akaba yararangije muri kaminuza nkuru y’u Rwanda.

Casmiry Kayumba

2017-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze

Ubwanditsi 10 Oct 2017
Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere

Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere

Ubwanditsi 30 Aug 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Ubwanditsi 21 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.
Amakuru

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Ubwanditsi 18 Jun 2021
Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina
Amakuru

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Ubwanditsi 06 Apr 2021
Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye
Amakuru

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Ubwanditsi 06 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru