• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Inzego z’iperereza n’umutekano za Afurika mu nama I Kigali yiga ku korohereza urujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Inzego z’iperereza n’umutekano za Afurika mu nama I Kigali yiga ku korohereza urujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 27 May 2017 POLITIKI

Abahagarariye inzego z’umutekano n’iperereza muri Afurika bateraniye I Kigali mu nama yo kwiga ku mirongo yakuraho imbogamizi zabuza urujya n’uruza rw’Abanyafurika mu mugabane wabo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo ari nawe wafunguye iyi nama ku mugaragarro avuga ko ntawe ukwiye kumva ko guha rugari abanyafurika mu mugabane wabo bizahungabanya umutekano w’uyu mugabane, ahubwo ko bikwiye kureberwa mu ndorerwamo yo kuzamura iterambere ryawo.

-6700.jpg

-6701.jpg

Minisitiri Louise Mushikiwabo na Nzabamwita Joseph wa NSS

Louise Mushikiwabo avuga ko umutekano ari ngombwa ariko ko udakwiye kuba imbogamizi z’ubwisanzure bw’Abanyafurika mu mugabane wabo. Ati “ Gufunga imipaka ukabuza abandi banyafurika kwinjira mu gihugu ntibivuze ko uzaba ufite umutekano 100%.”

Muri Afurika hari ibihugu byugarijwe n’ibibazo by’umutekano mucye uterwa n’imitwe y’iterabwoba n’izindi nyeshyamba.

Mushikiwabo avuga ko ibi bibibazo bidakwiye kuba intambamyi ngo bibuze Abanyafurika kugira amahirwe yo guhahirana no kugenderanira mu mugabane wabo.
Ati “ Gufungura imipaka no kureka Abanyafurika tugatembera mu mugabane bigomba gukorwa mu mutekano ariko ntabwo umutekano ukwiye kuba urwitwazo cyangwa ngo ube ikibazo kidashoboka gukemurwa.”

Avuga ko uku gushyira hamwe nk’Abanyafurika ari na byo bizavamo umuti wo kurandura bimwe muri ibi bibazo by’umutekano mucye bikomeje gutwara ubuzima bwa bamwe mu Banyafurika.

Ati “ Kwiharira ikibazo cy’umutekano uri igihugu kimwe kandi utinya abinjira n’abasohoka ntabwo byakunda.”

Bimwe mu bibazo bigarukwaho ko byazitira iyi ntego yo gufungura imipaka ku banyafurika mu mugabane wabo birimo indwara z’ibyorezo nka Ebola, iterabwoba, icuruzwa ry’abantu.

Mushikiwabo avuga ko iyi nama iteraniye i Kigali izarebera hamwe uko ibi byose bitagomba kuba inzitizi kuri iyi ntego.

Ati ” Turifuza ko itanga imyanzuro ifatika ifasha ibihugu gufungura imipaka ariko bigakorwa mu mutekano.”

U Rwanda rwakuriyeho Visa ku banyagihugu bo mu bihugu bimwe mu byo muri Afurika (ibyitwa ‘Africa Visa Openness’).

Ibi byanatumye Banki Nyafurika y’Iterambere (AfDB) muri 2016 ndetse na 2017 ishyira u Rwanda mu bihugu 10 byorohereje Abanyafurika kwinjira mu gihugu.

Iki cyegeranyo cya AfDB kigaragaza ko ibihugu byo mu majyaruguru y’Afurika bikiri hasi muri uru rugendo rwa ‘Africa Visa Openness’ kuko biri kuri 5%, mu gihe ibyo muri Afurika y’Uburasirazuba byakataje kuko bigeze kuri 45%, muri Afurika y’Uburengerazuba biri kuri 20% naho ibyo mu majyepfo biri kuri 30%.

Minisitiri Mushikiwabo avuga ko ibihugu byinshi byo muri Afurika byiteguye gushyira mu bikorwa iyi ntego yo kwagura urujya n’uruza hagati y’ibihugu byo muri Afurika.
Ibindi bihugu binanizwa n’iki icyo u Rwanda rwakoze?

-6689.jpg
Khabele Matlosa

Umuyobozi w’ishami rya politiki mu muryango w’Ubumwe bw’Afurika, Khabele Matlosa agaruka kuri iyi ntambwe u Rwanda rwateye mu korohereza Abanyafurika kurwinjiramo no kurusohokamo ikwiye gukwira mu bihugu byose byo muri Afurika.
Avuga ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame agaragaza ubushake mu korohereza Abanyafurika kwisanzura mu mugabane wabo.

Uyu muyobozi ushizwe ibya politiki mu muryango w’Ubumwe bw’Afurika avuga ko ibyo u Rwanda rwakoze bigaragaza ko n’ibindi bihugu byabishobora.

-6692.jpg
Shimsles W. Semayat, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CISSA

Avuga ko zimwe mu mbogamizi zizabangamira uru rujya n’uruza rwifuzwa ari iterabwoba n’ibyorezo bikunze kwibasira Abanyafurika nka Ebola.

Brig. Gen Joseph Nzabamwita , Umunyamabanga Mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza n’umutekano (NISS) avuga ko ibi bibazo byose bigomba gushakirwa umuti. Ati ” Uramutse ufunze imipaka kubera ibyorezo ariko izo ndwara zo ntibizi imipaka.”

Brig Gen Nzabamwita avuga ko ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba byafunguye amarembo ku banyagihugu bifuza kujya mu bihugu bigize uyu muryango kandi ko byaguye ubukungu bw’ibi bihugu kubera izamuka ry’ubucuruzi kubera uru rujya n’uruza.

-6691.jpg
Brig Gen Joseph Nzabamwita, Umunyamabanga Mukuru wa NISS

Anagaruka kuri izi mpungenge z’umutekano ushobora guhangabanywa no kwagura urujya n’uruza mu banyafurika, akavuga ko u Rwanda rwafunguriye amarembo abanyafurika ariko rutigeze ruhura n’ibi bibazo.

Ati ” Ndababwiza ukuri ko kuva u Rwanda rwafungura imipaka ntirwigeze ruhungabanyirizwa umutekano cyangwa ngo rusigare mu majyambere.”

Avuga ko kuba u Rwanda rwarashoboye gukora ibi n’ibindi bihugu bishobora kubikora.
Iyi nama yateguwe n’urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza n’umutekano (NISS) ari narwo urifte intebe y’ubuyobozi mw’ihuriro ry’inzego z’ubutasi n’umutekano muri Afurika, CISSA (Committee of Intelligence and Security Services of Africa).

Iyi nama ije ikurikirana n’indi yahuje impuguke z’umuryango w’ubumwe bwa Afurika kuva taliki ya 23 kugeza 26 Gicurasi 2017, nayo yiga ku mbanzirizamushinga ya gahunda yo korehereza urujya n’uruza rwa’abantu muri Afurika (Draft Protocol on Free Movement of persons in Africa) yabereye Kigali Conference and Exhibition Village.

Ubwanditsi

2017-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO

Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO

Ubwanditsi 14 Nov 2018
Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Ubwanditsi 03 Jul 2025
Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri

Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri

RUSHYASHYA 01 Dec 2025
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Ubwanditsi 01 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage
Mu Rwanda

’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage

Ubwanditsi 04 May 2017
Tumenye Bamwe Mu Barwanya Leta Y’u Rwanda
ITOHOZA

Tumenye Bamwe Mu Barwanya Leta Y’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority
Amakuru

Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Ubwanditsi 08 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru