• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?

Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?

Ubwanditsi 06 Jun 2017 ITOHOZA

Nyuma yaho Urugereko rw’Ubujurire mu Rukiko rw’Ikirenga i BLOEMFONTEIN muri Afurika y’Epfo rutegetse ikurwaho ry’ubuhunzi bwari bwarahawe Faustin Kayumba Nyamwasa, amakuru amaze kutugeraho nuko yatangiye kwaka ubuhungiro hirya nohino ngo arengere ubuzima bwe buri mu marembera kubera umujinya w’icyo cyemezo noneho bigakubitiraho n’imibereho mibi asangwanywe.

Kayumba Nyamwasa aherutse kubwira BBC Gahuza miryango ishami ry’ikinyarwanda aho yavuze ko nubwo Africa y’Epfo imwambuye ubuhunzi atazava muri iki gihugu ahubwo agiye gushaka ubundi buryo bwo kuhaba acengana n’abayobozi n’abacunga umutekano.

Kayumba yahungiye muri Afurika y’Epfo mu 2010. Mu 2011 nibwo uyu wigeze kuba Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda yakatiwe adahari n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare , gufungwa imyaka 24 no kwamburwa impeta zose za gisirikare, rumuhamije ibyaha birimo kurema umutwe w’iterabwoba, kubangamira umutekano w’igihugu, kubiba amacakubiri no gutoroka igisirikare.

-6753.jpg

Kayumba Nyamwasa akerakera

Umuryango uhagarariye abimukira n’impunzi (CORMSA)niwo uri inyuma y’iki kirego, uheruka kwitabaza Urukiko rw’Ikirenga mu bujurire, usaba ko Nyamwasa yamburwa ubuhunzi kubera ko akurikiranyweho ibyaha by’intambara.

Mbere y’uko Umucamanza Azhar Cachalia atangaza umwanzuro w’urukiko, impande zaburanaga zagiye impaka igihe kigera ku isaha yose. Nyuma yateruye avuga ko “Umwanzuro wafashwe muri Kamena 2010 wo guha ubuhunzi Kayumba Nyamaswa hashingiwe ku itegeko rigenga impunzi, usubiwemo kandi ukaba uvanyweho.”

Imikoranire ya hafi ya Kayumba na Kanziga

Amakuru agera kuri Rushyashya aravuga ko Kayumba yandikiye umupfakazi Agathe Kanziga amusaba kumuhesha ubuhungiro mu gihugu cy’ubufaransa, Agathe amaze imyaka 20 mu Bufaransa atarahabwa ubuhungiro, nawe aracyaburana ngo akurirweho ibirego akurikiranyweho byo kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi; jenoside yateguwe ahanini n’ingoma y’umugabo we n’abambari be.

Faustin Kayumba warwaniriye igihugu cye, agahara ubuzima bwe agamije kubohora u Rwanda ngo we n’urubyaro rwe bazabe mu gihugu cyuje amahoro n’ituze, yaje kwiyemeza kuba umwanzi warwo ku mugaragaro, kuri ubu akaba akurikiranweho ibikorwa by’iterabwoba birimo kugira uruhare mu iterwa ry’ibisasu bya gerenade hirya no hino mu gihugu, agamije kwica no kubuza umudendezo abo basangiye urwa Gasabo n’ibindi bisa bityo.

-6752.jpg

Agathe Kanziga umupfakazi wa Habyarimana

Kuri ubu, Kayumna Nyamwasa asigaje Agathe Kanziga nk’umutabazi mu bibazo arimo cyane ko n’umugorewe Rosette yigaruriwe n’aba generale bo muri Mozambique. Ibi abikoze ngo arebe ko yahabwa aho kurambika umusaya mu masaziro ye. Kayumba arigutakambira uyu mupfakazi muri iyo nyandiko ye ngo amusabire ubuhungiro abafaransa bari inshuti z’umugabo we. Ese mama bizacamo reka tubitege amaso.

Ku muntu uzi amateka y’igihugu akamenya impamvu yatumye FPR Inkotanyi ihaguruka kubohora u Rwanda, kumva Kayumba Nyamwasa ajya kwiyegereza Kanziga no gutanga ubuhamya mu byindege y’umugabo we bitanga isura yuzuye y’ubugwari. Uwabasha guhura nawe yamubaza kimwe mu bibazo Abanyarwanda bakuze bakunda kubaza umuntu iyo akoze igikorwa kigayitse, gihabanye cyane n’uko yari asanzwe azwi, “Niko Kayu … ni wowe ukoze ibyo!”.

Abakunda u Rwanda bari mu rugamba rufite intero igira iti “Demandons au Ministre de l’Intérieur, Monsieur Bernard CAZENEUVE de refuser tout visa d’entrée sur le territoire Français!, tugenekereje mu Kinyarwanda, “Dusabe Minisitiri w’Umutekano, Bwana Bernard Cazeneuve, kudaha (Kayumba) uruhushya urwo ari rwo rwose rwo kwinjira ku butaka bw’u Bufaransa”.

Cyiza D.

2017-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwami Kigeli yashimiye Rushyashya kumukiza amabandi

Umwami Kigeli yashimiye Rushyashya kumukiza amabandi

Ubwanditsi 03 Sep 2016
Aho umwanzi yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka – RDF

Aho umwanzi yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka – RDF

Ubwanditsi 21 Jun 2018
Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias  Rukokoma  ( VIDEO )

Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias Rukokoma ( VIDEO )

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Guverinoma y’Icyuka isa n’abana batoba akondo

Guverinoma y’Icyuka isa n’abana batoba akondo

Ubwanditsi 24 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.
Amakuru

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Ubwanditsi 01 Dec 2021
NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira
ITOHOZA

NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira

Ubwanditsi 09 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru