• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana

Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana

Ubwanditsi 12 Jun 2017 POLITIKI

Lesotho ni igihugu kidakunze kuvugwa cyane nyamara muri politike kibamo udushya twinshi ku buryo bigoranye kwiyumvisha uburyo gitegeketse !

Ubusanzwe Lesotho ni igihugu cya cyami ariko umwami Letsie III nta butegetsi yigirira nk’uko n’aba Minisitiri b’intebe, bakunze kutarangiza manda, bahora mu bintu bidasobanutse ariko ubona bitatuma babona umwanya wo kuyobora igihugu !

Kubera yuko Lesotho atari igihugu kinini (30,355 sq km) ntinaturwe n’abantu benshi (miliyoni 2.2) umuntu yagatekereje yuko bitatwara iminsi isaga itatu ibyavuye mu matora bitaramenyekana. Ariko bitwaye hafi icyumweru cyose kugira ngo ibyavuye mu matora y’abadepite, yabaye tariki eshatu uku kwezi, bimenyekane kandi nta mvururu n’impaka byigeze biyabamo ! Muri ayo matora hatorwaga abadepite 120 nabo bagatora Minisitiri w’intebe, ariwe mukuru wa guverinoma.

Nubwo tuvuga yuko abaturage ba Lesotho batora abadepite nabo bakitoramo Minisitiri w’intebe ariko amatora ajya kuba hari abantu babiri biba bizwi neza yuko umwe muri bo agomba kuzavamo Minisitiri w’intebe.

Na mbere yuko aya matora ya tariki eshatu uku kwezi aba, byari bizwi yuko Minisitiri w’intebe atabaye Thomas Thabane w’ishyaka All Basutho Bonvention yari kuba Pakalitha Mosisili w’ishyaka Democratic Congress akaba ari nawe wari usanzwe ari Minisitiri w’intebe ! Ikindi cyari kizwi n’uko nta shyaka, muri ayo yombi, ryashoboraga kubona intebe zihagije ngo ribe ryashyiraho guverinoma ritiyambaje amashyaka mato mato ashobora kubona intebe mu nteko.

Uko niko koko byagenze. Amajwi yamaze gutangazwa na komisiyo y’amatora y’icyo gihugu, agaragaza yuko ishyaka All Basotho Convention rya Thabane ariryo ryatsinze amatora n’intebe 48 naho Democratic Congress ya Minisitiri w’intebe Mosisili ribona intebe 30. Ibi bivuze yuko Thomas Thabane ariwe uzasimbura Pakalitha Mosisili ku mwanya wa Minisitiri w’intebe, ariko gushyiraho guverinoma bikazamusaba kwifatanya n’ishyaka cyangwa amashyaka yabonye intebe zisaga 12 muri aya matora !

Muri politike z’iki gihugu, gifite imbibi zose zizungurutswe na Afurika y’Epfo, bimaze igihe ari gatebe gatoki hagati ya Pakalitha Mosisili na Thomas Thabane n’amashyaka yabo atandukanye, dore yuko habaho no guta rimwe ugatangiza irindi kandi ugatsinda amatora !

Urugero ni nko mu 1997 aho uwari Minisitiri w’intebe, Ntsu Mokhohle yavuye mu ishyaka rye rya Basutoland Congress Party ashinga Lesotho Congress for Democracy (LCD). Iryo shyaka ryatsinze amatora mu 1998 ariko Pakalitha Mosisili yararangije kwegukana ubuyobozi bwaryo, ahita yibera Minisitiri w’intebe.

-6938.jpg

Thomas Thabane

Muri 2011 havutse amakimbirane muri LCD, Mosisili ashinga irindi ryitwa Democratic Congress ryamugejeje mu matora ya 2012 atsindwa na Thomas Thabane wa All Basotho Convention wahise amusimbura ku mwanya wa Minisitiri w’intebe.

Mu ntangiro za 2015 Minisitiri w’intebe Thomas Thabane yikanze kudeta, itarigeze iba, ajya mu buhungiro. Muri Gashyantare 2017 Thomas Thabane yagarutse mu gihugu avuga yuko aje gukuraho Minisitiri w’intebe Mosisili, ahamya yuko atagifite imbaraga mu inteko ! Ukwezi gukurikiyeho (werurwe uyu mwaka) inteko nshingamategeko yakuyeho ikizere Mosisili. Ba Thabane n’abo bari bishyize hamwe ngo Mosisili akurweho icyizere batanga igitekerezo cyuko yaba asimburwa, ku mwanya wa Minisitiri w’intebe na Monyane Moleleki.

Uyu Moleleki gigeze kuba yungirije Mosisili mu ishyaka Democratic Congress ariko mu Ukuboza 2016 aza gukekwaho yuko yagambanaga ngo Mosisili ngo yirukanwe ku mwanya wa Minisitri w’intebe, Moleleki yirukanwa muri Democratic Congress ashinga irye ryitwa Alliance of Democrats.

Mosisili akuweho ikizere nka Minisitiri w’intebe yari afite ibintu bibiri byo guhitamo kimwe. Icya mbere kwari ukubisa Moleleki agashyiraho guverinoma y’agateganyo cyangwa guhamagaza amatora yihuse (ealy elections). Yahisemo guhamagaza amatora, Umwami Letsie III atangaza yuko ashyizwa tariki 3/6/2017.

Ibyavuye muri aya matora rero n’uko Mosisili yatsinzwe, Thabane naweakaba agiye kumusimbura kuri wa mwanya wa Minisitiri w’intebe. Thabane Kuramba kuri uwo mwanya bizaterwa n’abo azafatanya nabo gushyiraho guverinoma itaha, n’imbabazi za Mosisili kutamwihimuraho ngo amunanize kuyobora. Atamunanije ariko yaba atari Pakalitha Mosisili n’igihugu atari Lesotho !

2017-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka 55 y’umubano w’u Rwanda n’u Burusiya bwahagarariwe bwa mbere i Kigali

Imyaka 55 y’umubano w’u Rwanda n’u Burusiya bwahagarariwe bwa mbere i Kigali

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Niba Guverinoma y’uRwanda yibasira abayigometseho, ninde wibasira inshuti zayo n’abasangirangendo?

Niba Guverinoma y’uRwanda yibasira abayigometseho, ninde wibasira inshuti zayo n’abasangirangendo?

Ubwanditsi 03 Sep 2019
RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

Ubwanditsi 07 Apr 2020
USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora

USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora

Ubwanditsi 21 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda
Amakuru

Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Apr 2022
Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga
UBUKUNGU

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Ubwanditsi 14 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru