• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Ubwanditsi 03 Jul 2017 POLITIKI

Mu nama ya 29 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) iri kubera i Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko Ibihugu bya Afurika byatangiye kugaragaza ko kwigira kwayo bishoboka.

Yabitangaje kuri uyu wa 03 Nyakanga 2017, avuga ko icyo cyizere kigaragazwa no kuba kugeza ubu kimwe cya gatanu cy’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) cyaratangiye gutanga inkunga igenewe ibikorwa by’uyu muryango, akabona ko ari ikimenyetso kigaragaza ko inzira yo kwigira k’uyu muryango yatangiye.

Iyi nama yo muri Nyakanga 2017 niyo ya mbere iteguwe na Komisiyo nshya y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe hagendewe ku mabwiriza yemejwe agenga gahunda y’amavugurura y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe.

Iyi nama ya 29 y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe iri kuba kuva tariki ya 3 kugeza kuya 4 Nyakanga 2017, ikaba ifite insanganyamatsiko igira iti “ Kubyaza umusaruro imbaraga z’abaturage bacu hibandwa ku ishoramari mu rubyiruko”.

Nkuko byasabwe n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, ikiganiro kirebana n’iyi nsanganyamatsiko kirayoborwa na Perezida wa Tchad Idriss Deby Itno , akaba ari nawe watekereje insanganyatsiko y’uyu mwaka.

Iyi nama iribanda ku ngingo enye z’ingenzi zikurikira: (1) Amavugurura y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, (2) Ishoramari mu rubyiruko, (3) Amahoro n’umutekano (4) Uburyo bwo koroherezanya mu bucuruzi hagati y’ibihugu by’Afurika.

-7153.jpg
Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye inama ya 29 ya AU

Mu ijambo rye Perezida Kagame yatangiye ashimira abakuru b’ibihugu ndetse n’abayobozi ba Komisiyo ya AU bagize uruhare mu gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’aya mavugururwa, avuga ko bagikomeye ku ntego bihaye kandi bunze ubumwe nk’uko byari bimeze mu ntangiriro.

Yanagarutse ku nyungu z’aya mavugurura, aho yavuze ko n’abifuriza uyu mugabane ibyiza, bashobora kugira impamvu zituma baca intege Afurika yigenga kandi ikora ibintu byose mu nzira ikwiye.

Ati “Urugendo rw’aya mavugurura rugizwe n’ubushake bwo kugerageza kurushaho kunoza, kandi tuzakomeza guhana ibitekerezo no gushyira mu bikorwa inama tuzagirwa.”

Yakomeje avuga ko icy’ingenzi gikwiye kwibandwaho ari ukutemerera ibibazo bya politiki kubangamira uyu mugambi, kuko ubwigenge no kwigira kwa AU ari ingenzi cyane ku mugabane wa Afurika.

Ati “Tugomba kureba kuri aya mavugurura nk’amahirwe ya nyuma yo gufasha AU kwikemurira ibibazo bijyanye n’imari no kubaka icyizere mu baturage dukorera.”
Yakomeje agira ati “Kuba hafi kimwe cya gatanu cy’ibihugu bigize uyu muryango byaratangiye gushyira mu bikorwa gahunda yo gutanga 0.2% by’ibyinjizwa mu bihugu, bigaragaza ko bishoboka.”

Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama ya 27 ya AU yabereye i Kigali, ugamije gutera inkunga ibikorwa bya AU, nk’imwe mu nzira yo gutera umugongo gutungwa n’abaterankunga batangaga 76% by’ingengo y’imari ya AU.

Ubu buryo buzatuma Afurika yitunga 100% mu bikorwa bya AU, aho porogaramu n’indi mishinga bigomba gukoresha 75% naho ibikorwa bijyanye n’amahoro gusa bigakoresha 25%.

Ubwanditsi

2017-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mpayimana agiye kwiyamamariza kuba umudepite nyuma yo gutsindwa amatora ya Perezida

Mpayimana agiye kwiyamamariza kuba umudepite nyuma yo gutsindwa amatora ya Perezida

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Ubwanditsi 24 Nov 2024
Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda

Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2016
Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Ubwanditsi 11 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi
Mu Mahanga

Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Loni yambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda muri Darfur
Mu Rwanda

Loni yambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda muri Darfur

Ubwanditsi 10 May 2017
Bernie Sanders akomeje kuzamura amahirwe yo kuzahatana na Donald Trump mu matora
POLITIKI

Bernie Sanders akomeje kuzamura amahirwe yo kuzahatana na Donald Trump mu matora

Ubwanditsi 24 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru