• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasabye abayobozi kurushaho kwegera abaturage muri iki gihe cy’amatora

Perezida Kagame yasabye abayobozi kurushaho kwegera abaturage muri iki gihe cy’amatora

Ubwanditsi 07 Jul 2017 POLITIKI

Perezida Kagame yibukije abayobozi bo mu nzego zitandukanye ko muri iki gihe cy’amatora, bagomba kongera kuboneraho umwanya bakegera abaturage aho bari mu gihugu bumva ibibazo bafite.

Umukuru w’igihugu avuga ko n’ubwo bamwe bari basanzwe babikora, gusa ngo muri iki gihe bagomba kurushaho kubegera bakihera n’amaso yabo uko aba baturage baba babayeho.

Ibi Perezida Kagame yabivugiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, aho yakiraga indahiro z’abayobozi babiri bashya ari bo Niyitegeka Winfrida wagizwe Umudepite mushya mu Nteko Ishinga Amategeko, asimbura Depite Mukayisenga Françoise uherutse kwitaba Imana na Yankurije Odette wagizwe Umuvunyi Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane.

-7160.jpg
Niyitegeka Winifrida (ibumoso) na Yankurije Odette (iburyo) barahira

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko abari basanzwe bari mu kazi biteguye kurushaho gukorana n’aba bashya kugira ngo barusheho gukorera umuturage, bityo n’u Rwanda rutere imbere.

Aha niho Umukuru w’Igihugu yagarutse ku bijyanye n’amatora ya Perezida azaba muri Kanama uyu mwaka, avuga ko abayobozi bagomba kurushaho kugera aho umuturage ari mu giturage, ati “Muri aya mezi turimo ubundi hafi ku isi hose abantu baba bajya mu biruhuko kubera ko ubundi bahora mu mbeho, kuri twebwe natwe ubundi ntabwo twari twanze ikiruhuko ariko ngira ngo muri uyu mwaka twe tuzaba tujya mu bijyanye n’amatora, nabyo dushobora kubyifatamo neza nk’ikiruhuko abantu bagakora batavunitse cyane ariko tukuzuza iyo nshingano ikomeye cyane tugomba gukora.”

Yakomeje agira ati “Ariko ndibwira ko twanabireba no ku bundi buryo, ubu biduhaye umwanya wo kujya mu giturage twese kuko ubundi wenda hari abajyagayo mu gihe bashakiye cyangwa no kutajyayo, ubu biduhaye uburyo bwo kubihuza no guhurira hamwe twese kuri iyo nshingano, twese tugere henshi tutari dusanzwe tugera, cyangwa se dusubire n’aho twajyaga tugera.”

Perezida Kagame avuga ko aba bayobozi nibegera abaturage, bazarushaho kumva ibibazo bafite kandi babishakire ibisubizo.

Yagize ati “Icya mbere ni inshingano tuzaba twuzuza ijyanye no kwegera abaturage muri iki gikorwa cy’amatora, ariko icya kabiri ari nacyo cyigenzi ni uko muri uko kubegera ni no kugira ngo abanyarwanda bose babe bagera aho izo nama zibera aho abantu banahuriye, ndibwira ko twabikoresha mu gukomeza kwiga neza mu baturage ibibazo bihari, tukabyuva neza tukabiyumvira imbona nkubone cyangwa se tukirebera n’amaso yacu, ibi bizafasha kugira ngo dushyireho ingamba zikomeza kubaka ubukungu, imibereho n’umutekano by’Abanyarwanda uko tubyifuza kandi biteze n’igihugu cyacu imbere.”

Perezida Kagame avuga u Rwanda rwifuza gutera imbere ku muvuduko udasanzwe, kuko ari byo rwifuza kandi ari na byo bibereye Abanyarwanda, gusa akavuga ko ibi bigomba kujya bikorwa nta muntu usigaye inyuma muri iri terambere.

Ubwanditsi

2017-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Edgar Lungu yagaragaje icyizere afitiye Kagame mu guhindura Afurika Yunze Ubumwe

Perezida Edgar Lungu yagaragaje icyizere afitiye Kagame mu guhindura Afurika Yunze Ubumwe

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse

Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse

RUSHYASHYA 06 Mar 2026
Umuhanzi Eddy Kenzo wakunze gushyigikira Museveni yitandukanyije nawe

Umuhanzi Eddy Kenzo wakunze gushyigikira Museveni yitandukanyije nawe

Ubwanditsi 14 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uhagarariye Ethiopia muri LONI yatangajwe n’ijambo rya Perezida kagame
POLITIKI

Uhagarariye Ethiopia muri LONI yatangajwe n’ijambo rya Perezida kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura
Amakuru

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi  yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )
Mu Mahanga

Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Ubwanditsi 14 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru