• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimutiwe Kampala

René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimutiwe Kampala

Ubwanditsi 10 Aug 2017 Mu Rwanda

Umuryango w’Umunyarwanda uheruka gushimutirwa i Kampala muri Uganda, wagaragaje uburyo yajyanywe n’abantu barimo abambaye impuzankano y’inzego zishinzwe umutekano z’icyo gihugu, kugeza ubu ukaba utaramenya amakuru y’aho aherereye.

Ku Cyumweru tariki 7 Kanama nibwo René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimuswe n’abantu bataramenyekana ubwo yari mu kabari ka Bahamas asangira n’inshuti ze, ahagana saa munani z’ijoro nk’uko ababibonye babihamya.

Uwo mugabo wari usanzwe yikorera ubucuruzi i Kampala ngo yahise ashyirwa mu modoka ya Toyota Premio ifite numero UAT 694T afatiweho imbunda, iyo modoka ihamuvana n’umuvuduko mwinshi igana ahantu hataramenyekana.

Nk’uko KT Press yabitangaje, ababibonye biba bavuga ko abamushimuse barimo umusirikare ufite ipeti rya Captain wari ufite imbunda, bigakekwa ko ari umukozi w’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda (CMI).

Abagize umuryango wa Rutagungira bavuga ko ubuzima bwe ubu buri mu kaga. Nyuma y’uko ashimuswe, ababibonye ngo bamenyesheje umugore we Hyacinthe Dusangeyezu na we ahita ahagera, akomereza no kuri sitasiyo ya polisi ya Kampala abaza amakuru ariko araheba.

Yagize ati “Nageze kuri sitasiyo ya Polisi ya Kampala ahagana saa cyenda z’igitondo maze abapolisi basaga n’aho bazi iby’iryo shimutwa bambwira ko ari akazi ka CMI n’urwego rushinzwe umutekano mpuzamahanga (ISO); banze kugira icyo bamfasha bambwira ko ari ikibazo cyo ku rwego rw’igihugu.”

“Nagerageje kureba amashusho yafashwe na camera ndetse n’ababyiboneye banyemeza ko abamushimuse bari bayobowe n’umu captain ukorera muri CMI.”

Uwo mugabo amaze kuburirwa irengero, ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda byagiye bitangaza ko yaba yashimuswe n’inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Gusa Dusabeyezu avuga ko umugabo we yari asanzwe ari umucuruzi, akaba nta kibazo yari afitanye n’ubuyobozi mu Rwanda kuko yajyaga aza i Kigali kenshi gusura abavandimwe n’inshuti, uruhare rwa Uganda rukarushaho gutekerezwaho kuko harimo uwambaye impuzankano y’urwego rwa leta.

-7551.jpg

Umuryango wa Rutagungira ufite ubwoba ko ubuzima bwe bwaba buri mu kaga

2017-08-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Umuyobozi wa Polisi y’U Rwanda IGP EK Gasana yakiriye mugenzi we wa Tanzania, IGP Ernest J. Mangu ku mupaka wa Rusumo

Umuyobozi wa Polisi y’U Rwanda IGP EK Gasana yakiriye mugenzi we wa Tanzania, IGP Ernest J. Mangu ku mupaka wa Rusumo

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Ubwanditsi 06 Mar 2022
Perezida Kagame yasabye RDF gukomeza intego ko Jenoside itazongera kubaho

Perezida Kagame yasabye RDF gukomeza intego ko Jenoside itazongera kubaho

Ubwanditsi 10 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina
MULTIMEDIA

Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina

Ubwanditsi 11 May 2017
Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko
Mu Mahanga

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Ubwanditsi 01 Jan 2018
Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine
HIRYA NO HINO

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

Ubwanditsi 15 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru