• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Ubwanditsi 30 Aug 2017 HIRYA NO HINO

Hari ibintu mu buzima biba bigomba kubaho uko byagenda kose ariko bikaba ngombwa ko wiga kubiyobora kugira ngo ubashe kubana n’abantu neza ndetse unagere kure mu buzima.

Nk’urugero: Ntiwabuza imvura kumva ariko ushobora kwirinda ko ikunyagira witwaza umutaka.Ubuzima ni urugendo kandi mu rugendo duhuriramo n’ibintu byinshi bitandukanye, gusa ni byiza ko wiga uko ubinyuramo.

Iga kuyobora umujinya/amarangamutima

Benshi batakaje ubuzima bwabo bitewe n’umujinya, abandi basenya ibintu bubatse imyaka myinshi bitewe no kutamenya kuyobora amarangamutima cyangwa umujinya wabo.

Kwishima ni amahitamo umuntu ashobora kugira ndetse no kurakara nabyo ni uko, gusa biba byiza iyo witoje kuyobora amarangamutima yawe yose; amabi n’ameza.

Iga kuyobora amagambo yawe

Si byiza kwivugira ibyo ubonye byose, utabanje gutekereza ho. Umunyabwenge abanza gutekereza akavuga nyuma.

Hari amagambo wavuga utayatekereje , bikagutandukanya n’inshuti, abavandimwe n’abandi. Hari n’ibyo wavuga bikica ejo hazaza hawe. Rinda ururimi rwawe, ujye utekereza cyane mbere yo kugira ijambo usohora muri wowe.

Ntukayoborwe n’abantu mugendana

Mu buzima duhura n’abantu batandukanye: Ababi n’abeza. Byanze bikunze abantu uhura nabo bagira ikintu baguhinduraho byaba mu buryo bwiza cyangwa bubi. Ni ingenzi ko utemera kuyoborwa n’abantu mugendana cyane cyane igihe ubona ntaho bazakugeza.

Ntukaganzwe n’ingeso runaka

Buri muntu agira utuntu runaka dushobora kumunanira kureka, ariko ni ingenzi ko waryanya kuganzwa n’ingeso mbi izo ari zo zose. Haranira kugira imyitwarire myiza uzibukire imibi yose, bizagufasha mu iterambere ryawe.

Itondere amakuru yose wakira

Amakuru umuntu yakira ni imbaraga zimuyobora, kuko uko umuntu atekereza niko ari. Amakuru twakira afite imbaraga zo kuduteza imbere niba ari meza cyangwa kudusubiza inyuma niba ari mabi.

Ni byiza kutayoborwa n’amakuru yose wakiriye, ahubwo uhitemo ayakuzamura ariyo wemerera kuyoboka.

Ntukayoborwe n’ibitekerezo byose bikujemo

Amakuru wakira ahinduka ibitekerezo, nabyo bigahinduka ibikorwa. Igihe wihaye kureba filime z’urukozasoni, uhora utekereza ubusambanyi, bikarangira ubishyize mu bikorwa.
-7790.jpg

Ni kimwe n’igihe wasomye igitabo cyigisha uko umuntu yatera imbere, bihinduka ibitekerezo byawe, bikarangira ubishize mu bikorwa ukaba umuntu wateye imbere. Amahitamo ni ayawe mu guhitamo ibitekerezo wemerera kukugenga, gusa ibyiza ni uko wahitamo ibyiza ukanga ibibi.

2017-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDF yatangiye kwandika abashaka kuba aba Ofisiye

RDF yatangiye kwandika abashaka kuba aba Ofisiye

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Undi muyobozi ukomeye muri FDLR, wakoranaga na Kayumba Nyamwasa yishwe arashwe

Undi muyobozi ukomeye muri FDLR, wakoranaga na Kayumba Nyamwasa yishwe arashwe

Ubwanditsi 02 Sep 2019
Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Ubwanditsi 06 Apr 2020
Mu Rwanda uyu munsi hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus

Mu Rwanda uyu munsi hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus

Ubwanditsi 07 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda  kwisonga  mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi
Mu Rwanda

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Ubwanditsi 06 May 2018
Ubushakashatsi  bwa Never Again Rwanda burashimangira ubwa RGB mu  kunenga uruhare rw’Abaturage mu bibakorerwa ( Yavuguruwe )
Mu Mahanga

Ubushakashatsi bwa Never Again Rwanda burashimangira ubwa RGB mu kunenga uruhare rw’Abaturage mu bibakorerwa ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Ferguson wahoze atoza Manchester United yajyanywe mu bitaro igitaraganya
IMIKINO

Ferguson wahoze atoza Manchester United yajyanywe mu bitaro igitaraganya

Ubwanditsi 06 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru