• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Ubwanditsi 30 Aug 2017 HIRYA NO HINO

Hari ibintu mu buzima biba bigomba kubaho uko byagenda kose ariko bikaba ngombwa ko wiga kubiyobora kugira ngo ubashe kubana n’abantu neza ndetse unagere kure mu buzima.

Nk’urugero: Ntiwabuza imvura kumva ariko ushobora kwirinda ko ikunyagira witwaza umutaka.Ubuzima ni urugendo kandi mu rugendo duhuriramo n’ibintu byinshi bitandukanye, gusa ni byiza ko wiga uko ubinyuramo.

Iga kuyobora umujinya/amarangamutima

Benshi batakaje ubuzima bwabo bitewe n’umujinya, abandi basenya ibintu bubatse imyaka myinshi bitewe no kutamenya kuyobora amarangamutima cyangwa umujinya wabo.

Kwishima ni amahitamo umuntu ashobora kugira ndetse no kurakara nabyo ni uko, gusa biba byiza iyo witoje kuyobora amarangamutima yawe yose; amabi n’ameza.

Iga kuyobora amagambo yawe

Si byiza kwivugira ibyo ubonye byose, utabanje gutekereza ho. Umunyabwenge abanza gutekereza akavuga nyuma.

Hari amagambo wavuga utayatekereje , bikagutandukanya n’inshuti, abavandimwe n’abandi. Hari n’ibyo wavuga bikica ejo hazaza hawe. Rinda ururimi rwawe, ujye utekereza cyane mbere yo kugira ijambo usohora muri wowe.

Ntukayoborwe n’abantu mugendana

Mu buzima duhura n’abantu batandukanye: Ababi n’abeza. Byanze bikunze abantu uhura nabo bagira ikintu baguhinduraho byaba mu buryo bwiza cyangwa bubi. Ni ingenzi ko utemera kuyoborwa n’abantu mugendana cyane cyane igihe ubona ntaho bazakugeza.

Ntukaganzwe n’ingeso runaka

Buri muntu agira utuntu runaka dushobora kumunanira kureka, ariko ni ingenzi ko waryanya kuganzwa n’ingeso mbi izo ari zo zose. Haranira kugira imyitwarire myiza uzibukire imibi yose, bizagufasha mu iterambere ryawe.

Itondere amakuru yose wakira

Amakuru umuntu yakira ni imbaraga zimuyobora, kuko uko umuntu atekereza niko ari. Amakuru twakira afite imbaraga zo kuduteza imbere niba ari meza cyangwa kudusubiza inyuma niba ari mabi.

Ni byiza kutayoborwa n’amakuru yose wakiriye, ahubwo uhitemo ayakuzamura ariyo wemerera kuyoboka.

Ntukayoborwe n’ibitekerezo byose bikujemo

Amakuru wakira ahinduka ibitekerezo, nabyo bigahinduka ibikorwa. Igihe wihaye kureba filime z’urukozasoni, uhora utekereza ubusambanyi, bikarangira ubishyize mu bikorwa.
-7790.jpg

Ni kimwe n’igihe wasomye igitabo cyigisha uko umuntu yatera imbere, bihinduka ibitekerezo byawe, bikarangira ubishize mu bikorwa ukaba umuntu wateye imbere. Amahitamo ni ayawe mu guhitamo ibitekerezo wemerera kukugenga, gusa ibyiza ni uko wahitamo ibyiza ukanga ibibi.

2017-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

RUSHYASHYA 03 Mar 2026
Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2022
RDC: FDLR yihimuye kuri FARDC yicamo babiri nyuma yo gufata abayobozi bayo

RDC: FDLR yihimuye kuri FARDC yicamo babiri nyuma yo gufata abayobozi bayo

Ubwanditsi 18 Dec 2018
Nta cyahindutse ku muburo wahawe Abanyarwanda ku kujya muri Uganda – Min. Nduhungirehe

Nta cyahindutse ku muburo wahawe Abanyarwanda ku kujya muri Uganda – Min. Nduhungirehe

Ubwanditsi 05 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi
Amakuru

Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi

Ubwanditsi 28 Jun 2022
Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero
INKURU NYAMUKURU

Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Ubwanditsi 13 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru