• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amateka ya Perezida wa Koreya ya Ruguru wakuriye mu buzima bw’ibanga, uri guca amarenga y’intambara ya gatatu y’Isi

Amateka ya Perezida wa Koreya ya Ruguru wakuriye mu buzima bw’ibanga, uri guca amarenga y’intambara ya gatatu y’Isi

Ubwanditsi 21 Sep 2017 ITOHOZA

Kim Jong Un wagiye ku buyobozi akiri muto, ku myaka 35 yateye Isi impagarara nyuma yo kuba ari umugabo urangwa n’ibikorwa by’ubwihebe, aho amaze igihe agerageza ibitwaro bya kirimbuzi.

Kim mbere y’uko ajya ku butegetsi ntiyajyaga agaragara muri rubanda cyangwa muri Leta ngo hamenyekane ibyo yakoraga, ndetse n’amashuri yize ntazwi neza kuko ntaho bigaragara ko yaba yarize muri za Kaminuza zikomeye.

Kim Jong Un ni umwe mu baperezida batagaragaza igihe bavukiye kuko imyaka igaragaza ko yavutse mu myaka 3 itandukanye kuko ibihugu byinshi bigenda bigenekereza bigatanga imyaka itandukanye .

Korea ya Ruguru yemeza ko Perezida wa yo yavutse muri Mutarama 08,1982 , Korea y’Epfo ikavuga ko Kim Jon un yavutse mu1983, igihugu cya Switzeland (Ubusuwisi) bwemeza ko yavutse 05 Nyakanga 1984, mu gihe imibare itangwa na America yemeza ko uyu mugabo ifata nk’icyihebe yavutse mu 1984.

Perezida wa Korea ya ruguru ukomeje kuvugisha amahanga kubera ibitwaro bya kirimbuzi akomeje kugerageza kandi akavuga ko nta bwoba atewe n’amahanga, ni umuyobozi w’umuryango wa State Affaires Commussion Incubmbent.

Kim Jon Un kandi ni umuyobozi mukuru wa Democratic People’s Republic of Korea akomeje kubwira Isi ko adashobora kwita ku bihano azafatirwa ngo areke gahunda igihugu cye cyafashe yo gucura ibitwaro bya kirimbuzi.

Kim ni umwana wa kabiri wa Kim Jong-il na Ko Yong-hui ariko se akaba yaraje kwitaba Imana muri 2011.

Bimwe mu byo Kim abereye abereye umuyobozi

Umuyobozi (Chairman) wa Workers’ Party of Korea
Umuyobozi (Chairman) wa Central Miltary Commission
Umuyobozi (Chairman) wa State Affairs Commussion
Umuyobozi (Chairman) wa Supreme Commander of Korean People’s Army
Uyu mu Perezida afite ipeti rya Marshal mu bya gisirikare.

Kim Jong un afite impamyabumenyi 2, imwe yayikuye muri Kim Il-sung University mu gihe indi yayikuye muri Kaminuza ya gisirikare ya Kim Il-sung Military University.

Kim Jong un wagiye ku butegetsi 09 Werurwe 2014, ashinjwa kuba mu 2013 yaricishije nyirarume Jang Song-thaek ndetse akaba ari nawe wishe umuvandimwe we Kim Jong-nam muri Malaysia muri Gashyantare uyu mwaka.

Kuva uyu mugabo yajya ku butegetsi Isi yose imufata nk’icyihebe aho isanga ashobora guteza intambara ya gatau y’isi.

Kuva yajya ku butegetsi yakomeje kugaragaza guhangana gukomeye na Leta Zunze Ubumwe za America, ibintu bigiye guteza ikibazo gikomeye kuko America nayo yafashe umwanzuro wo guhangana n’iki gihugu gikomeje gukora no kugerageza ibitwaro bya kirimbuzi umusubirizo.

Mu kwezi gushize ubwo Korea yaruguru yagerageje ibisasu bibiri, Umuryango w’Abibumbye (UN) wafatiye iki gihugu ibihano ariko cyo gihita gitangaza ko ntacyo ibihano byahindura kuri gahunda yacyo yo gucura ibitwaro bya Kirimbuzi.

-8027.jpg

Kim Jong Un

2017-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Ubwanditsi 12 Feb 2020
CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

Ubwanditsi 12 Dec 2019
Burundi: Uwasimbuye Ndadaye nyuma y’iyicwa rye yahaswe ibibazo n’abari mu iperereza

Burundi: Uwasimbuye Ndadaye nyuma y’iyicwa rye yahaswe ibibazo n’abari mu iperereza

Ubwanditsi 28 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “
HIRYA NO HINO

Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Ubwanditsi 22 May 2019
Gabiro : Perezida Kagame yakurikiranye imyitozo y’Ingabo z’u Rwanda
Mu Mahanga

Gabiro : Perezida Kagame yakurikiranye imyitozo y’Ingabo z’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Nov 2016
RwandAir iratangira gukorera ingendo i Cotonou vuba
Mu Mahanga

RwandAir iratangira gukorera ingendo i Cotonou vuba

Ubwanditsi 30 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru