• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amb. Amri Sued yitabye Imana

Amb. Amri Sued yitabye Imana

Ubwanditsi 06 Oct 2017 Mu Rwanda

Ambasaderi Amri Sued Ismael wahagarariye u Rwanda mu bihugu bitandukanye akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Ukwakira 2017.

Amb. Amri Sued akirangiza amashuri ahagana mu 1970 yabanje kuba umuyobozi wa Radio Rwanda, havutse ikigo cy’itangazamakuru (Orinfor) abanza kukiyobora, nyuma ajya gukorera umuryango OCAM (Organisation Commun des Pays d’Afrique et Malgache), aho yari afite icyicaro i Abidjan muri muri Côte d’Ivoire.

Niho yavuye ajya kuba Ambasaderi w’u Rwanda i Nairobi, avuyeyo akora muri protocole y’Umukuru w’Igihugu ndetse aza kuyiyobora. Icyo gihe hari mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Nyuma yayo yabaye ambasaderi mu Misiri ubwo ambasade z’u Rwanda zari zongeye gufungura, avayo mu 1999 aba Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, umwanya yasimbuweho na Iyamuremye Augustin.

Ambasaderi Sued yabaye Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane kugeza igihe agiriye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Sheikh Abdul Karim Harerimana uri mu bagize Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye wanakoranye cyane na Amb. Amri Sued, yavuze ko amakuru bafite ari uko yaguye mu bitaro byitiriwe umwami Faisal azize uburwayi.

Yagize ati “Yabanje kugagara ingingo (paralysé) igihe kirekire, nyuma aza kugira uburwayi bw’impyiko. Baje kumutera ikinya bagiye kumubaga ahita ajya muri muri koma, birangira gutyo.”

“Yari umuntu w’umudiplomate. Urabona bagira ukuntu bitwara, yari azi kubana n’abantu cyane kandi akabana n’abantu b’ingeri zose. Yari azi gutsura umubano no kuwushakisha mu rwego rw’akazi ke, yari umunyamurava. Niyo mpamvu nubwo izabukuru zari zarageze habayeho kuba bamwongerera igihe akaba agumye mu kazi.”

Amb Sued yitabye Imana afite imyaka 75 akaba asize umugore n’abana barimo umwe nawe winjiye mu murimo nk’uwa Se wo guhagararira u Rwanda mu mahanga.

Muri Mata 2015 ubwo inama idasanzwe y’Abaminisitiri yemezaga impinduka mu buyobozi bwa za Ambasade z’u Rwanda ziri hirya no hino ku Isi, umukobwa we, Yasmin D. Amri-Sued yoherejwe nk’Umujyanama wa kabiri i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

-8236.jpg

Nyakwigendera Ambasaderi Amri Sued Ismael

2017-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Kuki hari ibigo bya Leta bikorera ahantu hatorohereza Abafite Ubumunga

Kuki hari ibigo bya Leta bikorera ahantu hatorohereza Abafite Ubumunga

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Ubwanditsi 26 Dec 2024
Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi
Mu Rwanda

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Ubwanditsi 04 Mar 2017
RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR
HIRYA NO HINO

RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 02 May 2018
Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship
Amakuru

Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship

Ubwanditsi 17 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru