• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Editorial 23 Oct 2017 POLITIKI

Madame Jeannette Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatumye Abanyarwanda bamenya agaciro ko kuba umwe nta kureba aho undi aturuka.

Yabitangarije mu kiganiro yatanze ku bumwe n’ubwiyunge, yagejeje ku bitabiriye ihuriro mpuzamahanga rya Global Citizen Forum, iteraniye i Montenegro guhera kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukwakira 2017.

-8440.jpg

Madame Jeannette Kagame ubwo yatangaga ikiganiro mu ihuriro ryiswe “Global Citizen Forum’

Madame Jeannette Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside yahitanye Abatutsi barenga miliyoni, Guverinoma yasimbuye iyateguye ikanashyira mu bikorwa iyo Jenoside yatangiye kubaka igihugu ihereye ku gushyiraho ikigo cy’ubumwe n’ubwiyunge.

Yagize ati “Twahisemo kwihuza, duhitamo gukora biciye mu mucyo, duhitamo kureba kure. Uyu musingi watumye u Rwanda rutangira kwiyubakira ahazaza hashingiye ku burezi bufite ireme kuva mu mashuri abanza kugera mu yisumbuye.”

Yakomeje agira ati “Twashyize imbaraga mu kongera umubare w’abajya mu mashuri abanza n’ayisumbuye kugira ngo bidufashe kwagura ubukungu no guteza imbere abaturage nk’uko biri mu ngamba z’igihugu.”

-8441.jpg

Akon ni umwe mu bantu bakomeye wari witabiriye iri huriro

Ibyo Madamu Jeanne Kagame yatangaje bigaragarira no mu mibare aho kugeza ubu,mu mashuri ya kaminuza 46 abanyeshuri bagera ku bihumbi 100 bamaze gusoza amasomo yabo mu myaka 20 gusa.

Bitandukanye n’uko kuva mbere ya Jenoside, kaminuza imwe rukumbi yari iriho itigeze isohora abanyeshuri barenga 2.500 mu myaka igera kuri 40 yamaze.

Iryo huriro Jeannette Kagame yitabiriye ni umwanya mwiza wo guhura kw’abayobozi bagasangira ibitekerezo na bagenzi babo barimo abayobora inganda, ba rwiyemezamirimo n’ibyamamare.

Ihuriro ry’uyu mwaka rifite itandukaniro ry’uko abaryitabiriye bafite ubunararibonye bw’imyaka irenga 10 mu bikorwa bitandukanye nko mu iterambere, ibikorwa bya kimuntu n’ubukungu.

Madame Jeannette Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside u Rwanda rwabonye ko imbibi ntacyo zimaze, bituma ruba igihugu buri wese yisangamo. Yasobanuye ko kuri ubu,Abanyafurika baza mu Rwanda nk’abisanga kandi bagahabwa viza bageze mu gihugu.

Ati “Kuri twe kugirana imibanire myiza n’abantu bose tubifata nk’itegeko, bitewe n’uko hari bamwe muri twe bakuriye mu buhungiro, baranzwe no guhezwa”

Yagarutse no kuri gahunda yo guha ubwisanzure urujya n’uruza rw’abantu mu Rwanda ndetse no gucyura impunzi. Avuga ko u Rwanda rutareka kwakira abaturanyi bari mu bibazo kuko rubafata nk’abarwo.

Ati “Nk’urugero, twahaye ikaze ibihumbi n’ibihumbi by’impunzi kandi tuziha ibikenerwa by’ibanze, birimo kwiga, kwivuza nk’uko abaturage bacu babihabwa kuko twizera ko impunzi ari abantu nk’abandi bakwiye guhabwa agaciro.”

Yavuze no ku manza za Gacaca zihutishije ubutabera, zigacira imanza abantu barenga miliyoni ebyiri mu myaka 10 ugereranije n’imyaka 100 zari kumara iyo zicibwa n’inkiko zisanzwe.

Madame Jeannette Kagame yagaragaje kandi ko ababazwa n’ahandi hirya no hino ku isi aho abantu bagipfa bazize ubwoko bwabo, ariko agaragaza ko yizera ko hari ikizakorwa abaziza abandi amoko bagahagarikwa.

Yashimye uruhare rw’ihuriro rya Global Citizen Forum, ku ruhare ryagize rwo kwibutsa abantu ko bakwiye kubana mu mahoro.

Abantu bakomeye nk’umuhanzi Akon, Umuyobozi wa UNESCO Irina Bokova, Umugore wa Tony Blair, Cherie Blair, ni bamwe mu batanze ibiganiro muri iryo huriro.

-8442.jpg

Iri huriro ni umwanya mwiza ku bayobozi wo gusangira ibibazo byugarije isi, ariko hakanashakwa umuti w’uko byakemuka.

Source : KT

2017-10-23
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Editorial 12 Jun 2019
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Editorial 05 Sep 2024
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Editorial 15 Feb 2018
‘Twaba twihuse gucira urubanza Trump, gusa ntitwarerwa nk’abana’ – Kagame

‘Twaba twihuse gucira urubanza Trump, gusa ntitwarerwa nk’abana’ – Kagame

Editorial 08 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana
Amakuru

Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana

Editorial 21 Jul 2016
Muhanga: Afungiwe kwiyita umupolisi akambura abantu
Mu Mahanga

Muhanga: Afungiwe kwiyita umupolisi akambura abantu

Editorial 27 Jun 2016
Teta Diana na Ismaël Lô waririmbye Tajabone basusurukije abitabiriye ‘Next Einstein
IMIKINO

Teta Diana na Ismaël Lô waririmbye Tajabone basusurukije abitabiriye ‘Next Einstein

Editorial 10 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru