• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Uganda: Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Ubwanditsi 08 Nov 2017 POLITIKI

Umudepite wa NRM muri Uganda nawe yahisemo gutangaho impano mu bitaro, amafaranga yahawe na bagenzi be muri gahunda yo guhidura itegeko nshinga.

Hon. John Baptist Nambeshe, umudepite w’umugande ubarizwa mw’ishyaka NRM rriri k’ubutegetsi yatanze impano ya miliyoni 29 z’amashilingi ya Uganda ku bitaro bya Bududa, biherereye muri ako gace ari nako ahagarariye mu nteko nshingamategeko ya Uganda.

Iyi mpano ibitaro bya Bududa byayikoresheje bigura imashini itunganywa amaraso y’abarwayi ndetse n’ibindi byuma bisuzuma (x-ray machines) .

-8605.jpg
Hon. John Baptist Nambeshe nyuma yo gutanga impano ku bitaro bya Bududa

Ibi kandi biri kuba nyuma yaho Abadepite batavuga rumwe na leta ya Uganda banze ako kayabo ka miliyoni 29 z’amashilingi bahawe ngo bige ku guhindura ingingo y’Itegeko Nshinga igena imyaka perezida w’icyo gihugu agomba kuba atarengeje.

Abanze ayo mafaranga uko ari umunani bagiye mu kiganiro n’abanyamakuru mu mujyi wa Kampala bitwaje ibikapu bitukura byuzuye izo noti, basobanura ko banze gukora igikorwa kinyuranyije n’umutimanama wabo. Abo ni depite Ibrahim Ssemujju, Muwanga Kivumbi, William Nzoghu, Angelina Osege, Robinah Ssentongo, Ana Adeke, Betty Aol na Moses Kasibante. Bose basaba bagenzi babo bo mu ishyaka rya NRM n’andi atavuga rumwe na leta gusubiza ayo mafaranga kuko azabatera kubogama.

-8607.jpg
Abadepite bereka itangazamakuru amafaranga banze

Umudepite uhagarariya agace ka Namutunda we yahisemo kuyafata maze ajya mu baturage ahagarariye arasengera karahava. Bamwe mu baturage bari mu muhango wo “kwiyakira” bagaragaye mu byishimo nyuma yaho intumwa yabo abasengereye “pillawo”, umuceri n’inyama abayisilamu bamenyereweho gutaka iyo barangije igisibo.

-8609.jpg
Ubusabane ku mafaranga yo guhindura Itegeko nshinga mu gace ka Namutunda

Uyu munsi Taliki ya 8 Ugushyingo, Hon Gerald Karuhanga, uhagarariye Ntungamo yandikiye banki ye asaba ko akayabo ka miliyoni 29 z’amashilingi yahawe yasubizwa aho yavuye, yongeraho ko atayakeneye azajya akoresha ayo yizigamiye ariko mu bikorwa biteza imbere agace ahagarariye.

-8606.jpg
Ibaruwa Hon Gerald Karuhanga yandikiya banki asaba gusubiza miliyoni 29 z’amagande

Muri week end ishize, umudepite witwa Hajj Abdul Nadduli yari ahitanywe n’abayoboke ba NRM mu duce twa Buvuma, Mukono, Buikwe na Kayunga nyuma yo kubizeza amafaranga ngo bitabire ntiyayabaha. Kubera uburakari bwinshi, abari bitabiriye bafashe ibikoresho byari aho byose bashaka kubitwika ariko ku bw’amahirwe polisi iratabara.

-8608.jpg
Abayoboke ba NRM batera akavuyo ubyo bari bimwe amafaranga basezeranijwe”

Guhindura ingingo ivuga ku myaka bikomeje kwamaganwa bikomeye n’abatavuga rumwe na leta, abanyamadini, abanyamategeko na sosiyete sivile. Si abarwanya leta gusa kuko no muri NRM umwuka atari mwiza kuko hari abadepite bahitamo kuryumaho bakayafata ariko ntacyo mu byukuri bazakora.

Ubwanditsi

2017-11-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika iriyama u Rwanda ibyo rwo ruhakana

Amerika iriyama u Rwanda ibyo rwo ruhakana

Ubwanditsi 13 Feb 2016
Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be

Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be

Ubwanditsi 29 May 2018
Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Ubwanditsi 19 Nov 2019
Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Ubwanditsi 03 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo guhohotera Abanyarwanda muri Uganda, Col (Rtd) Frank Kaka Bagyende nawe yisanze mu gihome akurikiye Gen Tumukunde
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo guhohotera Abanyarwanda muri Uganda, Col (Rtd) Frank Kaka Bagyende nawe yisanze mu gihome akurikiye Gen Tumukunde

Ubwanditsi 10 Jul 2020
Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?
Amakuru

Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Ubwanditsi 07 Jun 2022
Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina
INKURU NYAMUKURU

Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Ubwanditsi 11 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru