• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Kuki dukomeje kubona ibinyoma ku Rwanda?

Uganda: Kuki dukomeje kubona ibinyoma ku Rwanda?

Ubwanditsi 13 Nov 2017 POLITIKI

Icyambere ndifuza gushimira ubuyobozi Rushyashya kubera isura nshya mwagaragaje mushyiraho urubuga (website) igezweho.

Ndifuza kugaruka ku nkuru ebyiri nasomye ejo zerekeye ku binyoma bimaze iminsi bivugwa n’abaturanyi bacu ba Uganda ku Rwanda. Iyambere ni iyerekeye ibivugwa k’urupfu rw’umupolisi AIGP Kaweesi (soma iyi nkuru). Hashize iminsi mike kimwe mu bitangaza makuru bivutse ubu, ubona ko bikorera ubutegetsi bwa Uganda byavuze ko abishe Kaweesi bari baturutse mu Rwanda. Icyo wakwibaza niki kihishe inyuma mukomeza kubeshyera u Rwanda, dore ko bigaragara U Rwanda rwabihoreye bagakomeza kwikoronga (soma indi nkuru hano). Hagomba kuba hari impamvu ibi bizanywe muriki gihe hari ibibazo bya politike bigenda bikomera.

Ariko reka dusubire kukibazo cyavuzwe k’urupfu rw’uwo mupolisi, AIGP Kaweesi. Ntabwo bishaka ngo ube inararibonye gukeka uwishe uwo mugabo. Icyo gikorwa kigayitse cy’iterabwoba cyabereye mu mujyi wa Kampala ahitwa Kulambiro hafi y’urugo rwa nyakwigendera. Byakozwe ku manywa mu gitondo saa mbili abantu bajya kukazi dore ko nawe yari agiye ku kazi. Bisobanuye ko abo bicanyi bari bamutegereje, ntacyo batinya. Umuntu ukora nkibyo nuko aba yizeye umutekano we, kuko bari bazi ko urwo rugo rucunzwe n’abapolisi.

Ntabwo byoroshye kuba ufite bene icyo kizere kiretse uzi ko hagize ikiba watabarwa cyangwa wabona ibisobanuro bifatika. Abamurashye kandi nkuko bigaragazwa n’ibinyamakuru byaho, bari bafite imbunda zigezweho zifitwe ndetse na bake bacunga umutekano Perezida Museveni.

Abo bantu barashe ku modoka ya nyakwigendera barangije barayisanga bica imbona nkubone AIGP Kaweesi, umushoferi, hamwe n’uwacungaga umutekano wa nyakwigendera. Ibyo byakozwe nta nkomyi cyangwa igihunga, ko batatabwa muri yombi. Ibi ntabwo byakorwa n’umuntu uturutse hanze, uretse nuwo mu gihugu nawe adafite abamuha icyo kizere ntiyabikora.

Ikindi cyo kwibaza nkuko nabivuze mbere, kuki U Rwanda rushyizwe mu majwi iki gihe, amezi arenga atatu ubwo bwicanyi bubaye? Abakekwa barafashwe, nta n’umwe ufite isano n’U Rwanda. Ntabwo byapfuye kwizana bityo, hari impavu ishaka kujijisha, ibiriho bibera mugihugu cya Uganda. Urabona intambara zirarota mu nteko ishinga mategeko, mugiturage utavuze Kampala ho bicika. Byose biraterwa no gushaka kwongera imyaka yo uwemerewe kuba Perezida kugirango umukambwe Perezida Museveni akomeze ayobore ubuzira herezo. Bashatse kugabanya imyaka ye y’ubukure birananirana. Ubundi igikorwa nkicyo kijyanwa mubaturage bakakigaho, babona bikwiye bigakorwa, ntabwo gihatirizwa, noneho byananirana ugashaka kuyobya uburari uhimbira umuturanyi. Ntakindi kibyhishe inyuma uretse ibyo. Naho ubundi AIGP Kaweesi agiye kubahagama pe. Umuntu yakwibaza impamvu batabanza gukemura icyo aho gushaka guteza ibibazo mu baturanyi!

Umusomyi

2017-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imiyoborere ya Perezida Kagame mu byatumye Neil Turok abenguka u Rwanda akahashinga AIMS

Imiyoborere ya Perezida Kagame mu byatumye Neil Turok abenguka u Rwanda akahashinga AIMS

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Ethiopia na Eritrea byashyize umukono ku masezerano ahagarika intambara

Ethiopia na Eritrea byashyize umukono ku masezerano ahagarika intambara

Ubwanditsi 10 Jul 2018
RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Isesengura ku Matora ya Perezida wa Repubulika (Igice cya 2) – Intsinzi ya Paul Kagame ifite inkomoko

Isesengura ku Matora ya Perezida wa Repubulika (Igice cya 2) – Intsinzi ya Paul Kagame ifite inkomoko

Ubwanditsi 14 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyihebe by’abanyarwanda 25 bashyizwe ku rutonde kubera gushyigikira iterabwoba
Amakuru

Ibyihebe by’abanyarwanda 25 bashyizwe ku rutonde kubera gushyigikira iterabwoba

RUSHYASHYA 16 Oct 2025
Azzedine Lagab wo muri Algeria yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2018 (Amafoto)
IMIKINO

Azzedine Lagab wo muri Algeria yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2018 (Amafoto)

Ubwanditsi 05 Aug 2018
Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star
Amakuru

Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star

Ubwanditsi 22 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru