• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo
Adeline Rwigara

Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo

Editorial 16 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa 16 Ugushyingo, urubanza rw’ubujurire rwa Diane Rwigara na nyina Adeline Rwigara rwasubukuwe, abaregwa bose bitabye ndetse n’ababunganira.

Adeline Rwigara yahawe ijambo, avuga ko arwaye ari kunywa imiti ikomeye, avuga ko atiteguye bitewe n’uko nta mbaraga afite.

Adeline yavuze ko uburwayi bwe bukomoka mu buryo yafungiwe muri CID, aho ngo yakorewe iyicarubozo ndetse akaba atararyaga.

Avuga ko nta burenganzira bwo kuba afite impapuro zo kwa muganga ndetse ko ngo atitabwaho uko bikwiye. Me Gashabana umwunganira avuga ko hari icyemezo cya muganga bashyikirije urukiko, aho ngo kigaragagaza ko umukiriya we arwaye bikomeye. Gusa izindi mpapuro za muganga ngo zibikwa na gereza.

Iyo ngo agiye kubonana na muganga ngo ntabwo ari we utwara dosiye ye. Me Gashabana yasabye ko urukiko rwategeka agahabwa inyandiko za Adeline kugira ngo zizabashe kugaragarizwa urukiko.

Yanavuze ko kugeza ubu batanze imyanzuro yabo ariko batigeze bahabwa imyanzuro y’ubushinjacyaha ngo bamenye icyo bwavuze ku yabo.

Ku ruhande rwa Diane Rwigara avuga ko yiteguye kuburana n’ubwo nta myanzuro y’ubushinjacyaha bafite. Me Buhuru Pierre Celestin avuga ubushinjacyaha bukwiye kubaha imyanzuro bakayigaho na bo.

Kuburanisha urubanza batayifite ngo byaba ari ukubogamira ku bushinjacyaha. Ngo nta mpamvu bahabwa ijambo kandi nta myanzuro bwatanze.

Ku ruhande rw’Umushinjacyaha, Nkusi Faustin avuga ko ubwo urubanza rwasubikwaga hari hanzuwe ko Adeline agomba kugaragaza icyemezo cya muganga, aho ngo ntacyo yigeze agaragaza.

Avuga ku by’imyanzuro, avuga ko kuvuga ko batayibahaye atari byo. Ubushinjacyaha ngo bwabonye imyanzuro y’abaregwa ndetse baranayisubiza. Icyo gihe hari ku itariki ya 6 Ugushyingo.

Mukunzi Faustin, uhagarariye ubushinjacyaha avuga ko ibyo kuvuga ko ibyo Adeline arwaye bituruka ku buryo yafunzwemo ntaho bigaragazwa na muganga.

 

2017-11-16
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Abadipolomate bakemanze umwanzuro wo gutegeka ibigo guhagarika abanyamakuru basaga 30

Uganda: Abadipolomate bakemanze umwanzuro wo gutegeka ibigo guhagarika abanyamakuru basaga 30

Editorial 04 May 2019
Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Editorial 14 Dec 2024
Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Editorial 20 May 2022
Karasira Aimable Yirukanywe Muri Kaminuza y’U Rwanda Azira Imyitwarire ye Igayitse Itabereye Umurezi

Karasira Aimable Yirukanywe Muri Kaminuza y’U Rwanda Azira Imyitwarire ye Igayitse Itabereye Umurezi

Editorial 14 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International
Amakuru

I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International

Editorial 20 May 2025
Icyoba ni cyose  mu mujyi wa Kampala
ITOHOZA

Icyoba ni cyose mu mujyi wa Kampala

Editorial 14 Nov 2018
Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza
Mu Rwanda

Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Editorial 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru